Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Vestine yagaragaye mu isura nshya atigeze abonwaho mbere bitungura benshi

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi Vestine yagaragaye mu isura nshya atigeze abonwaho mbere bitungura benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Ishimwe Vestine uririmbana na murumuna we Dorcas indirimbo zo muramya no guhimbaza Imana, yagaragaye mu isura nshya asutse imisatsi, bitigeze bimugaragaraho mbere dore ko asanzwe abarizwa mu Itorero rya ADEPR ritabimwemerera.

Vestine na Dorcas ni abahanzi bamaze kuba ibyamamare mu Rwanda no hanze yarwo baririmbana indirimbo zihimbaza Imana ariko bari basanzwe babarizwa mu itorero rya ADEPR ritemera gusuka imisatsi.

Tariki 02 Mata nibwo amafoto ya Vestine yagiye hanze asutse ibisuko mu mafoto meza yashyizwe hanze na Murindahabi Irène uzwi ku izina rya M. Irene ku rubuha nkoranyambaga rwa Instagram amwifuriza isabukuru nziza.

Mu magambo aherekeje aya mafoto, M. Irenge yagize ati “Isabukuru nziza, nturi gusaza ahubwo uri gutera intambwe, kumeza kurambana ubuzima buzira umuze, umugisha n’ibyishimo ku munsi wawe mukobwa wanjye.”

Iyi sura nshya yagaragaye kuri Vestine, yatumye bamwe babitangaho ibitekerezo binyuranye, bamwe bibaza ukuntu yatinyutse kwisukisha kandi bizwi ko asengera mu Itorero rya ADEPR.

Ni mu gihe abandi bibaza niba gusuka ari icyaha ku buryo hari umuntu wakagombye kubikomwaho bitewe n’imyemerere ye cyangwa idini asengeramo, abandi na bo bakamushima ko yarushijeho kuba mwiza.

Si ubwa mbere uyu muhanzikazi yibajijweho n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, dore ko n’ubwo yasezeranaga n’umukunzi mu mategeko tariki 15 Mutarama, na bwo hari abari batunguwe no kuba yaranyereje umusatsi na byo bizwi ko bitemewe muri ADEPR.

Vestine na murumuna we Dorcas, nubwo baririmba nk’itsinda ariko basanzwe banabarizwa muri korali Goshen yo mu itorero rya ADEPR Muhoza i Musanze

Vestine bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 14 =

Previous Post

DRCongo: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Abanyamerika bashakaga guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi bari bakatiwe kwicwa

Next Post

Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

IZIHERUKA

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe
AMAHANGA

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi

Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.