Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Guinée Équatoriale akaba n’umuhungu wa Perezida w’iki Gihugu, yategetse ko umuvandimwe we [na we ni umuhungu wa Perezida] afungwa kubera icyaha akurikiranyweho cyo kugurisha mu ibanga rikomeye indege ya kompanyi y’indege y’iki Gihugu.

Teodoro Nguema Obiang Mangue ni we watanze itegeko ko umuvandimwe we (bahuje Se ari we Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo) Ruslan Obiang Nsue afungwa kubera icyaha akekwaho cyo kugurisha indege yo mu bwoko bwa ATR72-500.

Iyi ndege yagurishijwe n’umuhungu wa Perezida wa Guinée Équatoriale mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yaguzwe na Kampanyi y’indege ya Espagne.

Uyu muhungu wa Perezida yafunzwe umusibo ejo hashize, ku wa Gatatu, ariko ifungwa rye ryatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023.

Ruslan Obiang Nsue, yahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’indege kitwa Ceiba International airline.

Inzego zishinzwe iperereza muri Guinée Équatoriale, umwaka ushize zatangiye iperereza ku ndege yaburiwe irengero yari iri gukorerwa muri Espagne, byaje kugaragara ko ari yo uyu muhungu wa Perezida yagurishije.

Visi Perezida w’iki Gihugu, Nguema Obiang Mangue akaba n’umuvandimwe w’uyu wafunzwe, bahuje se gusa, ni we watanze itegeko ko afungirwa iwe kugira ngo aryozwe iki cyaha mu nzego z’ubucamanza.

Nanone kandi Nguema Obiang Mangue “yasabye ko Perezida w’Igihugu amuhagarika ku nshingano zose yari afite mu kigo Gihugu kubera uburiganya yakoresheje akagurisha ATR72-500.”

Perezida Teodoro Obiang Nguema se w’uyu muhungu ukekwaho kugurisha indege y’Igihugu, ni we Mukuru w’Igihugu kugeza ubu umaze igihe kinini ku butegetsi ku Isi kuko yabugiyeho kuva mu 1979, akaba aherutse kongera gutorerwa manda ya gatandatu mu kwezi k’Ukuboza aho yagize amajwi 95%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Next Post

U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.