Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuhungu wa Perezida w’Igihugu kimwe yatawe muri yombi ku mpamvu idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Guinée Équatoriale akaba n’umuhungu wa Perezida w’iki Gihugu, yategetse ko umuvandimwe we [na we ni umuhungu wa Perezida] afungwa kubera icyaha akurikiranyweho cyo kugurisha mu ibanga rikomeye indege ya kompanyi y’indege y’iki Gihugu.

Teodoro Nguema Obiang Mangue ni we watanze itegeko ko umuvandimwe we (bahuje Se ari we Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo) Ruslan Obiang Nsue afungwa kubera icyaha akekwaho cyo kugurisha indege yo mu bwoko bwa ATR72-500.

Iyi ndege yagurishijwe n’umuhungu wa Perezida wa Guinée Équatoriale mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yaguzwe na Kampanyi y’indege ya Espagne.

Uyu muhungu wa Perezida yafunzwe umusibo ejo hashize, ku wa Gatatu, ariko ifungwa rye ryatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023.

Ruslan Obiang Nsue, yahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’indege kitwa Ceiba International airline.

Inzego zishinzwe iperereza muri Guinée Équatoriale, umwaka ushize zatangiye iperereza ku ndege yaburiwe irengero yari iri gukorerwa muri Espagne, byaje kugaragara ko ari yo uyu muhungu wa Perezida yagurishije.

Visi Perezida w’iki Gihugu, Nguema Obiang Mangue akaba n’umuvandimwe w’uyu wafunzwe, bahuje se gusa, ni we watanze itegeko ko afungirwa iwe kugira ngo aryozwe iki cyaha mu nzego z’ubucamanza.

Nanone kandi Nguema Obiang Mangue “yasabye ko Perezida w’Igihugu amuhagarika ku nshingano zose yari afite mu kigo Gihugu kubera uburiganya yakoresheje akagurisha ATR72-500.”

Perezida Teodoro Obiang Nguema se w’uyu muhungu ukekwaho kugurisha indege y’Igihugu, ni we Mukuru w’Igihugu kugeza ubu umaze igihe kinini ku butegetsi ku Isi kuko yabugiyeho kuva mu 1979, akaba aherutse kongera gutorerwa manda ya gatandatu mu kwezi k’Ukuboza aho yagize amajwi 95%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 17 =

Previous Post

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Next Post

U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda
MU RWANDA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

U Rwanda ruravuga ko itangazo rya Congo rica amarenga y’ikintu giteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.