Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Filimi, Uwankusi Nkusi Lynda wamamaye nka Lynda Priya, yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we mushya, amwifuriza isabukuru nziza mu magambo aryohereye aherekejwe n’amafoto bari mu bihe byiza.

Ni mu butumwa uyu mukinnyikazi wa Filimi yasangije abantu ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, bwo kwifuriza isabukuru nziza umukunzi we Christian Irenge.

Muri ubu butumwa, Lynda yagize ati “Isabukuru nziza ku mufatanyabikorwa wanjye muri byose. Warakoze kuba wowe no kunzanira umunezero udasanzwe mu buzima bwanjye. Inseko yawe ikuraho ibihe bibi byose nagize. Uri ikimenyetso cy’uko abeza bakiriho.”

Lynda kandi uherutse gutangaza ko afitanye umushinga wo kuzarushingana n’uyu musore yihebeye, yongeye kubishimangira muri ubu butumwa bumwifuriza isabukuru nziza.

Yakomeje agira ati “Sinjye uzarota ninjiye mu bihe byo kuzajya twizihizanya amasaburu yose asigaye turi kumwe. Warakoze kumbera uwanjye.”

Lynda usanzwe azwi mu gukina filimi mu Rwanda, yakanyujijeho mu rukundo na mugenzi we na we akaba umukinnyi wa filimi Clinton Niyonkuru uzwi nka Zaba Missed Call, banakunze kugaragara mu dukino dukoze mu buryo bwa filimi babaga bakinnye twagaragazaga urukundo rwabo.

Amakuru avuga ko Lynda n’uyu mukunzi we mushya bamaranye umwaka n’igice bari mu munyenga w’urukundo, ndetse ko bateganya kuzarushingana umwaka utaha, bakibanira nk’umugore n’umugabo.

Lynda yifurije isabukuru nziza umukunzi we yifashishije amafoto agaragaza ko bamaze kwimariranamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Urugendo rwa Nshimiyimana wanyuze mu buzima bwo ku muhanda ubu akaba ari Umupadiri

Next Post

Kuba Meya yahagaritse gushyingura Zigiranyirazo muri Orleans ni ubutwari- CPCR

Related Posts

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

by radiotv10
20/10/2025
0

Umuhanzikazi Antoinette Rehema w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ukorera ibikorwa bye bya muzika muri Canada, yashyize hanze indirimbo ye...

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

IZIHERUKA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi
IMIBEREHO MYIZA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

22/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuba Meya yahagaritse gushyingura Zigiranyirazo muri Orleans ni ubutwari- CPCR

Kuba Meya yahagaritse gushyingura Zigiranyirazo muri Orleans ni ubutwari- CPCR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.