Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’Amavubi ashobora kwerecyeza mu Gihugu gifite Shampiyona iri mu zikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Ntwari Fiacre, umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, ashobora kwerecyeza mu Ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa (Ligue 2) ku Mugabane w’u Burayi, nyuma yuko igaragaje ko imwifuza.

Amakuru dukesha Far Post, avuga ko ikipe yo mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa, yamaze gushima uyu munyezamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ubu ukinira ikipe ya Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo.

Ni mu gihe uyu mukinnyi amaze igihe atagirirwa icyizere mu gukinira iyi kipe ye yo muri Afurika y’Epfo, kubera ibitego byinshi yinjijwe akiyigeramo aho yari umunyezamu wa mbere.

Nubwo atabonye amahirwe yo gukomeza kuba umunyezamu wa mbere muri iyi kipe ye, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yo yakomeje kumugirira icyizere, ndetse akaba yaranayifashije mu mikino iheruka gukina yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, irimo uwo yatsinzwemo na Nigeria 2-0, n’uwo yanganyijemo na Lesotho 1-1.

Uku gukomeza kugaragara mu mikino mpuzamahanga y’Ibihugu, byatumye ikipe yo mu Bufaransa imubenguka, ndetse ubu ikaba iri kumwifuza ngo ajye kuyikinira.

Hategerejwe ko ubwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rizaba rifunguye, hazarebwa niba iyi kipe ye yo muri Afurika y’Epfo yazamugumana, cyangwa akerecyeza muri iyi yo mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa.

Amakuru yo kuba Ntwari Fiacre yifuzwa n’ikipe yo mu Bufaransa, yanemejwe n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Adel Amrouche wavuze ko icyifuzo cyo kuba yifuzwa n’iyi kipe cyaratangiye kujya hanze muri Werurwe nyuma y’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Ntwari Fiacre arifunzwe n’ikipe yo mu Bufaransa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 1 =

Previous Post

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

Next Post

AGEZWEHO: Hashyizwe hanze amafoto ya mbere ya Papa nyuma yo kwitaba Imana

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AGEZWEHO: Hashyizwe hanze amafoto ya mbere ya Papa nyuma yo kwitaba Imana

AGEZWEHO: Hashyizwe hanze amafoto ya mbere ya Papa nyuma yo kwitaba Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.