Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda wahagaritswe n’ikipe ye yasigiye umutoza ubutumwa buremereye

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda wahagaritswe n’ikipe ye yasigiye umutoza ubutumwa buremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Imran Nshimiyimana wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda wigeze no kujya anahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yahagaritswe n’ikipe ya Musanze FC, ariko yanga kugenda aripfanye abwira umutoza we ijambo ryasigaye rimukorogoshora.

Imran wakiniye amakipe arimo APR FC na Rayon Sports, yahagaritswe n’ubuyobozi bwa Musanze FC bubinyujije mu mutoza wayo Adel, umushinja imyitwarire idahwitse.

 

Icyatumye ahagarikwa

Umuzi nyirizina w’iki kibazo ni nyuma y’umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona aho Musanze FC yanyagirwaga na Police FC ibitego 4-0 kuri Stade ya Muhanga tariki 19 Gashyantare.

Uyu mukino ukirangira abakinnyi bakoze inama ya tekiniki mu rwambariro n’umutoza wabo Adel, uyu mutoza yasesenguye imigendekere y’umukino asobanurira abakinnyi be amakosa bakoze ndetse anabereka uko bazayakosora ku mukino uzakurikiraho bazakiramo APR FC kuri Stade Ubworoherane.

Nyuma y’iyi nama nto ya nyuma y’umukino, umutoza yasabye abakinnyi kujya mu modoka ikipe igataha, Imran nk’umukinnyi mukuru yateye hejuru avuga ko abatoza b’ikipe bakinishijwe nabi, ibi ntibyanejeje umutoza mukuru, wari umaze iminsi atanezezwa n’umusaruro w’uyu mukinnyi.

Ubwo ikipe yageraga i Musanze abatoza ba Musanze FC hagati yabo bafashe icyemezo cy’uko uyu musore atazagaruka mu ikipe kuko babonaga atangiye kugumura bagenzi be.

Uyu mukinnyi utarahise amenyeshwa ko yahagaritswe mu ikipe, yaje mu myitozo ku wa Mbere  asohorwa shishi itabona n’umutoza, Imran na we uzwiho kuvoma hafi abwira umutoza Adel n’ijwi riranguruye ati “ntiwubaha abakinnyi bakuze mu ikipe, udusuzuguza abapeti.”

Umutoza na we uzwiho kutaripfana yahise asubiza uyu mukinnyi ati “abakinnyi bakuru muri ruhago ni Cristiano Ronaldo na Lionel Messi kandi abo ntabo mfite hano muri Musanze FC, ubu nonaha nsohokera mu ikipe singukeneye.”

Kugeza ubu Imran ntakiri ku rubuga rwa Whatsapp rw’ikipe ahuriraho na bagenzi be n’ubwo atarahagarikwa mu buryo bwemewe n’amategeko n’ikipe ye ya Musanze FC.

Ahagaritswe mu gihe ikipe ya Musanze FC iri kwitegura umukino bazakiramo ikipe ya APR FC mu mpera z’iki cyumweru kuri stade Ubworoherane, umukino baheruka kuhakinira umwaka ushize, ikipe ya Musanze FC yatsinze ikipe ya APR FC igitego 1-0 cyatsizwe na imran Nshimiyimana wamaze guahagarikwa n’umutoza Adel.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda waregwaga gusambanya umukozi wo mu rugo yafatiwe icyemezo

Next Post

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo
MU RWANDA

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.