Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda wahagaritswe n’ikipe ye yasigiye umutoza ubutumwa buremereye

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda wahagaritswe n’ikipe ye yasigiye umutoza ubutumwa buremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Imran Nshimiyimana wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda wigeze no kujya anahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yahagaritswe n’ikipe ya Musanze FC, ariko yanga kugenda aripfanye abwira umutoza we ijambo ryasigaye rimukorogoshora.

Imran wakiniye amakipe arimo APR FC na Rayon Sports, yahagaritswe n’ubuyobozi bwa Musanze FC bubinyujije mu mutoza wayo Adel, umushinja imyitwarire idahwitse.

 

Icyatumye ahagarikwa

Umuzi nyirizina w’iki kibazo ni nyuma y’umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona aho Musanze FC yanyagirwaga na Police FC ibitego 4-0 kuri Stade ya Muhanga tariki 19 Gashyantare.

Uyu mukino ukirangira abakinnyi bakoze inama ya tekiniki mu rwambariro n’umutoza wabo Adel, uyu mutoza yasesenguye imigendekere y’umukino asobanurira abakinnyi be amakosa bakoze ndetse anabereka uko bazayakosora ku mukino uzakurikiraho bazakiramo APR FC kuri Stade Ubworoherane.

Nyuma y’iyi nama nto ya nyuma y’umukino, umutoza yasabye abakinnyi kujya mu modoka ikipe igataha, Imran nk’umukinnyi mukuru yateye hejuru avuga ko abatoza b’ikipe bakinishijwe nabi, ibi ntibyanejeje umutoza mukuru, wari umaze iminsi atanezezwa n’umusaruro w’uyu mukinnyi.

Ubwo ikipe yageraga i Musanze abatoza ba Musanze FC hagati yabo bafashe icyemezo cy’uko uyu musore atazagaruka mu ikipe kuko babonaga atangiye kugumura bagenzi be.

Uyu mukinnyi utarahise amenyeshwa ko yahagaritswe mu ikipe, yaje mu myitozo ku wa Mbere  asohorwa shishi itabona n’umutoza, Imran na we uzwiho kuvoma hafi abwira umutoza Adel n’ijwi riranguruye ati “ntiwubaha abakinnyi bakuze mu ikipe, udusuzuguza abapeti.”

Umutoza na we uzwiho kutaripfana yahise asubiza uyu mukinnyi ati “abakinnyi bakuru muri ruhago ni Cristiano Ronaldo na Lionel Messi kandi abo ntabo mfite hano muri Musanze FC, ubu nonaha nsohokera mu ikipe singukeneye.”

Kugeza ubu Imran ntakiri ku rubuga rwa Whatsapp rw’ikipe ahuriraho na bagenzi be n’ubwo atarahagarikwa mu buryo bwemewe n’amategeko n’ikipe ye ya Musanze FC.

Ahagaritswe mu gihe ikipe ya Musanze FC iri kwitegura umukino bazakiramo ikipe ya APR FC mu mpera z’iki cyumweru kuri stade Ubworoherane, umukino baheruka kuhakinira umwaka ushize, ikipe ya Musanze FC yatsinze ikipe ya APR FC igitego 1-0 cyatsizwe na imran Nshimiyimana wamaze guahagarikwa n’umutoza Adel.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + nineteen =

Previous Post

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda waregwaga gusambanya umukozi wo mu rugo yafatiwe icyemezo

Next Post

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.