Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukinnyikazi wa Film ukunzwe mu Rwanda yasohoye ‘SaveTheDate’ ati “niteguye kuva mu busiribateri”

radiotv10by radiotv10
13/06/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umukinnyikazi wa Film ukunzwe mu Rwanda yasohoye ‘SaveTheDate’ ati “niteguye kuva mu busiribateri”
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Film uzwi nka Fofo muri Papa Sava na Liliane muri Seburikoko, yashyize hanze itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we, avuga ko yishimiye kuba agiye gutera ishoti ubuseribateri.

Uyu munyarwandakazi Niyomubyeyi Noëlla [Fofo], yashyize hanze inyandiko iteguza ubukwe bwe n’umukunzi we aho bazakora ubukwe tariki 02 Ukwakira 2022.

Fofo yahamirije RADIOTV10 ko iyi foto iriho ubutumwa buteguza abantu ubukwe bwe n’umukunzi we, ari impamo ndetse ko bombi bari mu myiteguro.

Mu butumwa buherekeje iyi foto igaragaza Fofo ari kumwe n’umusore bagiye kurushingana, Fofo yagize ati “Kuri uwo munsi muzaze twifatanye.”

Fofo yabwiye RADIOTV10 ko yiteguye kwinjira mu cyiciro gishya cy’abafite urugo rwabo ndetse ko ari umunezero kuba agiye kurushinga n’uwo yihebeye na we wamwihebeye.

Yagize ati “Ntekereza ko iki ari gihe cyiza kuri njye cyo kuba nahindura icyiciro nkava mu busiribateri nkarema irindi sano.”

Uyu mukinnyikazi wa Film uri mu bakunzwe mu Rwanda, avuga ko kuba agiye kurushinga bitazamubuza gukomeza umwuga we wo gukina film kuko umukunzi we asanzwe awumushyigikiyemo.

Ubukwe bwa Fofo unazwi cyane muri Film y’uruhererekane izwi nka ‘Seburikoko’, bwavuzwe mu mwaka ushize, aho yahamije ko ari mu rukundo n’umusore usanzwe ari umuhanzi witwa Paterne ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi ariko uba muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri Gicurasi 2021, yagiriye uruzinduko muri Tanzania aho byavugwaga ko yagiye gufasha uyu mukunzi we mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo ye ndetse no gusura umuryango w’umukunzi we kuko uhari munini

Uyu mukinnyikazi wa Film kandi yari yabwiye Itangazamakuru ko umuryango w’umukunzi we witegura kuza gufata irembo, ubundi hakazakurikiraho indi mihango y’ubukwe aho yavugaga ko izaba ubwo COVID-19 izaba ayaracogoye.

Fofo umwe mu bakinnyi ba film bakunzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

U Rwanda mu masezerano yo gukumira gushyira abana mu Gisirikare

Next Post

Yifashishije amafoto ateye ubwuzu Madamu wa Tshisekedi yamwifurije isabukuru nziza amusaba kwihangana

Related Posts

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yifashishije amafoto ateye ubwuzu Madamu wa Tshisekedi yamwifurije isabukuru nziza amusaba kwihangana

Yifashishije amafoto ateye ubwuzu Madamu wa Tshisekedi yamwifurije isabukuru nziza amusaba kwihangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.