Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukinnyikazi wa Film ukunzwe mu Rwanda yasohoye ‘SaveTheDate’ ati “niteguye kuva mu busiribateri”

radiotv10by radiotv10
13/06/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umukinnyikazi wa Film ukunzwe mu Rwanda yasohoye ‘SaveTheDate’ ati “niteguye kuva mu busiribateri”
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Film uzwi nka Fofo muri Papa Sava na Liliane muri Seburikoko, yashyize hanze itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we, avuga ko yishimiye kuba agiye gutera ishoti ubuseribateri.

Uyu munyarwandakazi Niyomubyeyi Noëlla [Fofo], yashyize hanze inyandiko iteguza ubukwe bwe n’umukunzi we aho bazakora ubukwe tariki 02 Ukwakira 2022.

Fofo yahamirije RADIOTV10 ko iyi foto iriho ubutumwa buteguza abantu ubukwe bwe n’umukunzi we, ari impamo ndetse ko bombi bari mu myiteguro.

Mu butumwa buherekeje iyi foto igaragaza Fofo ari kumwe n’umusore bagiye kurushingana, Fofo yagize ati “Kuri uwo munsi muzaze twifatanye.”

Fofo yabwiye RADIOTV10 ko yiteguye kwinjira mu cyiciro gishya cy’abafite urugo rwabo ndetse ko ari umunezero kuba agiye kurushinga n’uwo yihebeye na we wamwihebeye.

Yagize ati “Ntekereza ko iki ari gihe cyiza kuri njye cyo kuba nahindura icyiciro nkava mu busiribateri nkarema irindi sano.”

Uyu mukinnyikazi wa Film uri mu bakunzwe mu Rwanda, avuga ko kuba agiye kurushinga bitazamubuza gukomeza umwuga we wo gukina film kuko umukunzi we asanzwe awumushyigikiyemo.

Ubukwe bwa Fofo unazwi cyane muri Film y’uruhererekane izwi nka ‘Seburikoko’, bwavuzwe mu mwaka ushize, aho yahamije ko ari mu rukundo n’umusore usanzwe ari umuhanzi witwa Paterne ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi ariko uba muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri Gicurasi 2021, yagiriye uruzinduko muri Tanzania aho byavugwaga ko yagiye gufasha uyu mukunzi we mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo ye ndetse no gusura umuryango w’umukunzi we kuko uhari munini

Uyu mukinnyikazi wa Film kandi yari yabwiye Itangazamakuru ko umuryango w’umukunzi we witegura kuza gufata irembo, ubundi hakazakurikiraho indi mihango y’ubukwe aho yavugaga ko izaba ubwo COVID-19 izaba ayaracogoye.

Fofo umwe mu bakinnyi ba film bakunzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

U Rwanda mu masezerano yo gukumira gushyira abana mu Gisirikare

Next Post

Yifashishije amafoto ateye ubwuzu Madamu wa Tshisekedi yamwifurije isabukuru nziza amusaba kwihangana

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yifashishije amafoto ateye ubwuzu Madamu wa Tshisekedi yamwifurije isabukuru nziza amusaba kwihangana

Yifashishije amafoto ateye ubwuzu Madamu wa Tshisekedi yamwifurije isabukuru nziza amusaba kwihangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.