Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Amandah Darling wavuzwe mu rukundo n’umukobwa mugenzi we, yashyize hanze ibikorwa by’ihohoterwa yakorewe n’uyu mukunzi we birimo kumukubita amuziritse.

Isimbi Amandine cyangwa Amandah Darling yatangaje ibi mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Snapchat nyuma akaza kubusiba, aho yagaragaje iryo hohoterwa yakorewe n’umukunzi we w’Umunya-Uganda Amollo Karol.

Muri ubu butumwa bunagaragaza amwe mu mashusho yafashwe muri ibyo bihe yahohoterwaga n’umukunzi we, Amandah Darling agaragaza ko hari igihe yamuzirikaga ubundi akamuhata ikiboko.

Uyu mukobwa avuga ko nubwo ibyo byose byamubagaho ariko yakomezaga kugumana n’umukunzi we, ku buryo na we yumva hari aho atibaniye.

Ati “Reka mbisubiremo, abantu ni abarwayi bo mu mutwe, baba bafite ihungabana. Niba ubonye ibimenyetso, ukwiye kugenda. Nubwo ibi byose byabaga, nemeraga kuhaguma, ntekereza ko we ari njye wakoze amakosa, kugeza ubwo nari ngiye kuhasiga ubuzima.”

Uyu mukobwa wavugaga ko adatewe ipfunwe no kuvuga ibi byamubayeho, yakomeje avuga ko ibitekerezo byose yatangwaho cyangwa ibyo yavugwaho, ntacyamubabaza kurusha ibi byamubayeho.

Yavuze ko uwo mukunzi we yemeye kumuhishira ndetse ntanabibwire inshuti ze ngo zimunenge, kubera urukundo.

Amandah Darling n’umukunzi we Amollo Karol bakanyujijeho mu rukundo, bagiye banavugwaho kenshi kugirana ibibazo, ndetse uyu mukobwa w’Umunyarwandakazi rimwe agasubira iwabo mu Rwanda.

Bumwe mu butumwa bugaragaza ibyo yakorewe
Amandah n’umukunzi we w’umukobwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

Next Post

Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

Related Posts

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

by radiotv10
30/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, yongeye kumugenera ubutumwa, amusezeranya...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.