Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunya-Maroc wabiciye bigacika mu cy’Isi yegukanywe n’ikipe imwe mu zahise zimubengukwa

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunya-Maroc wabiciye bigacika mu cy’Isi yegukanywe n’ikipe imwe mu zahise zimubengukwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’umupira w’amaguru, Umunya-Maroc Azzedine Ounahi wigaragaje mu gikombe cy’Isi cya 2022, yabonye ikipa nshya yo mu Bufaransa ari yo ya Olympique de Marseille avuye mu ikipe yitwa Angers.

Uyu Azzedine Ounahi w’imyaka 22 y’amavuko, yerecyeje muri iyi kipe nyuma yo gufasha ikipe ye y’igihugu ya Maroc bakagera muri 1/2 cy’igikombe cy’isi 2022.

Kubera uburyo yigaragaje muri iki gikombe cy’Isi, yatangiye kwifuzwa n’amakipe atandukanye arimo Leicester City, Leeds United, Napoli, FC Barcelone na Olympique de Marseille.

Mu yandi makipe byavuzwe ko yifuje uyu Munya-Maroc Azzedine Ounahi, harimo Paris Saint Germain, gusa Fabrizio Romano, Umunyamakuru w’inararibonye mu bijyanye n’igura n’igurishwa ry’abakinnyi, yaje guhakana aya makuru.

Ibi byatumye umuyobozi w’ikipe ya Angers, Saïd Chabane, w’imyaka 58, ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cya RTL, yemeza ko Azzedine Ounahi yifuzwa n’amakipe menshi arimo ayo mu Butaliyani, Espagne, u Bwongereza n’u Bufaransa gusa yongeraho ko nibatabona amafaranga bifuza kuri Azzedine Ounahi, bizarangira agumye muri Angers.

Kuri iki Cyumweru tariki 29 Mutarama 2023, ni bwo Azzedine Ounahi, wari usanzwe akinira Angers, ku mugaragaro, yerecyeje mu ikipe ya Olympique de Marseille ku masezerano y’imyaka 4 n’igice atanzweho amafaranga asaga miliyoni 10 z’ama Euros.

Antha BIGANIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

Hatangajwe ibihano byahawe Kiyovu kubera ibitutsi nyandagazi by’abafana bayo

Next Post

DRC: Podium yagombaga kuzifashishwa na Papa yahanutse bitunguranye

Related Posts

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

IZIHERUKA

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri Uvira

by radiotv10
18/12/2025
0

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Podium yagombaga kuzifashishwa na Papa yahanutse bitunguranye

DRC: Podium yagombaga kuzifashishwa na Papa yahanutse bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa abarwanyi ba AFC/M23 batangiye kuva muri Uvira

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.