Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Asamoah Gyan, ufite agahigo ko kuba ari we mukinnyi watsindiye ibitego byinshi ikipe y’Igihugu ya Ghana (Black Stars) yigeze kugera kure mu Gikombe cy’Isi abiyifashijemo, yasezeye ku mupira w’amaguru, bibabaza abakunzi b’umupira w’amaguru muri iki Gihugu.

Umunyabigwi mu ikipe y’igihugu ya Ghana, cyane ko ari we umaze kuyitsindira ibitego byinshi kugeza ubu, Asamoah Gyan, yatangaje ko asezeye ku mupira w’amaguru.

Asamoah Gyan, w’imyaka 37, n’ikiniga cyinshi, hafi no kurira, yatangaje uyu mwanzuro we ubwo yari ari kumwe na Didier Drogba, Umunya Côte D’Ivoire wahoze akina nka Rutahizamu, i Accra mu murwa mukuru w’igihugu cya Ghana.

Gyan watsindiye ikipe ya Ghana ibitego 51 mu mikino 109, mu magambo ye, yagize ati “Ni cyo gihe ngo mbwire buri wese ko nsezeye kuri ruhago, ni igihe kingoye cyane mu by’ukuri.”

Nyuma y’ibi, Asamoah Gyan, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yashimangiye uku gushyira akadomo ku rugendo rwe rw’imyaka 20 mu mupira w’amaguru aho yavuze ko ari cyo gihe cyo kumanika inkweto mu cyubahiro, asezera ku mugaragaro ku guconga Ruhago.

Gyan yongeyeho ko ari igihe kiba kitoroshye ku buzima bwa buri mukinnyi wese w’umupira w’amaguru, kandi ko ari igihe abakinnyi bose baba batifuza ko cyagera.

Asamoah Gyan, wahawe na BBC igihembo cy’umukinnyi w’Umunyafurika mwiza w’umwaka wa 2010, yatangiye gukinira ikipe y’igihugu ya Ghana muri 2003, ubwo yari afite imyaka 17, aho yinjiye mu kibuga asimbuye mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’isi bahuragamo na Somaliya.

Naho umukino we wa nyuma mu ikipe y’igihugu ya Ghana, yawukinnye muri 2019, dore ko yagaragaye mu marushanwa 7 y’igikombe cya Afurika aho yafashije Ghana kuba iya 3 muri 2008, aza no kuyifasha kugera ku mukino wa nyuma muri 2010 na 2015.

Abenshi mu bakurikira umupira w’amaguru ntibazibagirwa Asamoah Gyan muri 2010, Ghana yasezererwaga na Uruguay, nyamara Gyan yahushije penaliti yari gutuma Igihugu cye kiba cya mbere cyo ku Mugabane wa Afurika kigeze muri 1/2 cy’igikombe cy’isi.

Asamoah Gyan yakiniye amakipe azwi cyane atandukanye nka Udinese, Rennes, Sunderland na Kayserispor.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Next Post

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.