• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Asamoah Gyan, ufite agahigo ko kuba ari we mukinnyi watsindiye ibitego byinshi ikipe y’Igihugu ya Ghana (Black Stars) yigeze kugera kure mu Gikombe cy’Isi abiyifashijemo, yasezeye ku mupira w’amaguru, bibabaza abakunzi b’umupira w’amaguru muri iki Gihugu.

Umunyabigwi mu ikipe y’igihugu ya Ghana, cyane ko ari we umaze kuyitsindira ibitego byinshi kugeza ubu, Asamoah Gyan, yatangaje ko asezeye ku mupira w’amaguru.

Asamoah Gyan, w’imyaka 37, n’ikiniga cyinshi, hafi no kurira, yatangaje uyu mwanzuro we ubwo yari ari kumwe na Didier Drogba, Umunya Côte D’Ivoire wahoze akina nka Rutahizamu, i Accra mu murwa mukuru w’igihugu cya Ghana.

Gyan watsindiye ikipe ya Ghana ibitego 51 mu mikino 109, mu magambo ye, yagize ati “Ni cyo gihe ngo mbwire buri wese ko nsezeye kuri ruhago, ni igihe kingoye cyane mu by’ukuri.”

Nyuma y’ibi, Asamoah Gyan, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yashimangiye uku gushyira akadomo ku rugendo rwe rw’imyaka 20 mu mupira w’amaguru aho yavuze ko ari cyo gihe cyo kumanika inkweto mu cyubahiro, asezera ku mugaragaro ku guconga Ruhago.

Gyan yongeyeho ko ari igihe kiba kitoroshye ku buzima bwa buri mukinnyi wese w’umupira w’amaguru, kandi ko ari igihe abakinnyi bose baba batifuza ko cyagera.

Asamoah Gyan, wahawe na BBC igihembo cy’umukinnyi w’Umunyafurika mwiza w’umwaka wa 2010, yatangiye gukinira ikipe y’igihugu ya Ghana muri 2003, ubwo yari afite imyaka 17, aho yinjiye mu kibuga asimbuye mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’isi bahuragamo na Somaliya.

Naho umukino we wa nyuma mu ikipe y’igihugu ya Ghana, yawukinnye muri 2019, dore ko yagaragaye mu marushanwa 7 y’igikombe cya Afurika aho yafashije Ghana kuba iya 3 muri 2008, aza no kuyifasha kugera ku mukino wa nyuma muri 2010 na 2015.

Abenshi mu bakurikira umupira w’amaguru ntibazibagirwa Asamoah Gyan muri 2010, Ghana yasezererwaga na Uruguay, nyamara Gyan yahushije penaliti yari gutuma Igihugu cye kiba cya mbere cyo ku Mugabane wa Afurika kigeze muri 1/2 cy’igikombe cy’isi.

Asamoah Gyan yakiniye amakipe azwi cyane atandukanye nka Udinese, Rennes, Sunderland na Kayserispor.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + four =

Previous Post

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Next Post

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.