Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi mu ikipe y’Igihugu cyanditse amateka mu cy’Isi yatangaje ibitanejeje benshi b’iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Asamoah Gyan, ufite agahigo ko kuba ari we mukinnyi watsindiye ibitego byinshi ikipe y’Igihugu ya Ghana (Black Stars) yigeze kugera kure mu Gikombe cy’Isi abiyifashijemo, yasezeye ku mupira w’amaguru, bibabaza abakunzi b’umupira w’amaguru muri iki Gihugu.

Umunyabigwi mu ikipe y’igihugu ya Ghana, cyane ko ari we umaze kuyitsindira ibitego byinshi kugeza ubu, Asamoah Gyan, yatangaje ko asezeye ku mupira w’amaguru.

Asamoah Gyan, w’imyaka 37, n’ikiniga cyinshi, hafi no kurira, yatangaje uyu mwanzuro we ubwo yari ari kumwe na Didier Drogba, Umunya Côte D’Ivoire wahoze akina nka Rutahizamu, i Accra mu murwa mukuru w’igihugu cya Ghana.

Gyan watsindiye ikipe ya Ghana ibitego 51 mu mikino 109, mu magambo ye, yagize ati “Ni cyo gihe ngo mbwire buri wese ko nsezeye kuri ruhago, ni igihe kingoye cyane mu by’ukuri.”

Nyuma y’ibi, Asamoah Gyan, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yashimangiye uku gushyira akadomo ku rugendo rwe rw’imyaka 20 mu mupira w’amaguru aho yavuze ko ari cyo gihe cyo kumanika inkweto mu cyubahiro, asezera ku mugaragaro ku guconga Ruhago.

Gyan yongeyeho ko ari igihe kiba kitoroshye ku buzima bwa buri mukinnyi wese w’umupira w’amaguru, kandi ko ari igihe abakinnyi bose baba batifuza ko cyagera.

Asamoah Gyan, wahawe na BBC igihembo cy’umukinnyi w’Umunyafurika mwiza w’umwaka wa 2010, yatangiye gukinira ikipe y’igihugu ya Ghana muri 2003, ubwo yari afite imyaka 17, aho yinjiye mu kibuga asimbuye mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’isi bahuragamo na Somaliya.

Naho umukino we wa nyuma mu ikipe y’igihugu ya Ghana, yawukinnye muri 2019, dore ko yagaragaye mu marushanwa 7 y’igikombe cya Afurika aho yafashije Ghana kuba iya 3 muri 2008, aza no kuyifasha kugera ku mukino wa nyuma muri 2010 na 2015.

Abenshi mu bakurikira umupira w’amaguru ntibazibagirwa Asamoah Gyan muri 2010, Ghana yasezererwaga na Uruguay, nyamara Gyan yahushije penaliti yari gutuma Igihugu cye kiba cya mbere cyo ku Mugabane wa Afurika kigeze muri 1/2 cy’igikombe cy’isi.

Asamoah Gyan yakiniye amakipe azwi cyane atandukanye nka Udinese, Rennes, Sunderland na Kayserispor.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Next Post

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

U Rwanda rwavuze birambuye kuri Raporo irwegekaho icya semuhanuka inashimangira ukunywana kwa FARDC&FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.