Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Frank Lampard umwe mu bakinnyi bafite amazina aremereye muri ruhago y’Isi, yamaze kuba umutoza w’igihe gito wa Chelsea FC yanakiniye akaba ari na we wayitsindiye ibitego byinshi kugeza ubu.

Iyi kipe ya Chelsea iri mu bihe bigoye nyuma yo kumara imikino itandukanye itsindwa, iri ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa Shampiyo y’u Bwongereza.

Frank Lampard agiye kugaruka mu mirimo yo gutoza iyi kipe nyuma yuko yari yayitoje mu gihe gito gishize hagati yo Nyakanga 2019 na Mutarama 2021 ubwo yirukanwaga kuri iyo mirimo agasimbuzwa umudage Thomas Tuchel na we utarahatinze.

Frank Lampard uheruka kwirukanwa muri Everton Fc nyuma yuko ikipe yari iri mu bihe bibi byo kurwanira kutamanuka, kuva yasezererwa kuri iyi mirimo ntakandi kazi yari afite kugeza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ubwo ibiganiro hagati ye n’ubuyobozi bushya bwa Chelsea bumvikanaga.

Aje gutoza iyi kipe mu gihe cy’agateganyo cy’amezi 2 arangizanye na yo uyu mwaka w’imikino mbere yuko Chelsea FC izatangaza umutoza w’igihe kirambye aho kugeza ubu hahabwa amahirwe Umunya-Espagne Luis Enrique ndetse n’Umudage Julian Nagelsmann.

Frank Lampard ashobora gutangirira imirimo ye ku mukino wa Shampiyona uzahuza Chelsea FC na Wolves mbere gato yuko binjira mu mikino yo gukuranwamo ya 1/4 cya UEFA Champions League aho Chelsea izisobanura na Real Madrid.

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 11 =

Previous Post

Burundi: Abamaze imyaka 3 bahawe icyizere na Guverinoma ku kibazo cy’imyuzure bari mu marira

Next Post

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.