Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Frank Lampard umwe mu bakinnyi bafite amazina aremereye muri ruhago y’Isi, yamaze kuba umutoza w’igihe gito wa Chelsea FC yanakiniye akaba ari na we wayitsindiye ibitego byinshi kugeza ubu.

Iyi kipe ya Chelsea iri mu bihe bigoye nyuma yo kumara imikino itandukanye itsindwa, iri ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa Shampiyo y’u Bwongereza.

Frank Lampard agiye kugaruka mu mirimo yo gutoza iyi kipe nyuma yuko yari yayitoje mu gihe gito gishize hagati yo Nyakanga 2019 na Mutarama 2021 ubwo yirukanwaga kuri iyo mirimo agasimbuzwa umudage Thomas Tuchel na we utarahatinze.

Frank Lampard uheruka kwirukanwa muri Everton Fc nyuma yuko ikipe yari iri mu bihe bibi byo kurwanira kutamanuka, kuva yasezererwa kuri iyi mirimo ntakandi kazi yari afite kugeza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ubwo ibiganiro hagati ye n’ubuyobozi bushya bwa Chelsea bumvikanaga.

Aje gutoza iyi kipe mu gihe cy’agateganyo cy’amezi 2 arangizanye na yo uyu mwaka w’imikino mbere yuko Chelsea FC izatangaza umutoza w’igihe kirambye aho kugeza ubu hahabwa amahirwe Umunya-Espagne Luis Enrique ndetse n’Umudage Julian Nagelsmann.

Frank Lampard ashobora gutangirira imirimo ye ku mukino wa Shampiyona uzahuza Chelsea FC na Wolves mbere gato yuko binjira mu mikino yo gukuranwamo ya 1/4 cya UEFA Champions League aho Chelsea izisobanura na Real Madrid.

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − nine =

Previous Post

Burundi: Abamaze imyaka 3 bahawe icyizere na Guverinoma ku kibazo cy’imyuzure bari mu marira

Next Post

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Chad: Inyeshyamba zishe Perezida zakorewe ibitarakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.