Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Kazungu Claver ukorera RADIOTV10, uri mu baza ku isonga bakunzwe by’umwihariko mu biganiro bya Siporo, yavuze ko atarakira agakiza yasohoye indirimbo yari ifite ubutumwa bwari buhabanye n’imyemerere ye y’ubu.

Kazungu Claver, ni umwe mu banyamakuru barambye mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, by’umwihariko uzwi mu biganiro bya Siporo.

Asanzwe akorera RADIOTV10 mu kiganiro cyitwa ‘Ten Sports’ cyamamaye nk’Urukiko rw’Imikino gitambuka kuri Radio 10, akaba ari no mu ba mbere bakunzwe mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare 2024, ubwo yari mu kiganiro na bagenzi be basanzwe bakorana, yabameneye ibanga ry’uko na we yigeze kujya muri studio zitunganya umuziki, agakora indirimbo ye.

Kazungu usanzwe ari umwizeramana mu buryo bwihariye, dore ko aho ari bigoye kumubona adafite Bibiliya, yavuze ko mu myaka ya 2005 atarakizwa ubwo yakoraga ku Radio yamenyekanye nka Contact FM, ari bwo indirimbo ye yamenyekanye.

Yavuze ko ari indirimbo yo kurwanya virusi itera SIDA, yari ifite umurego muri iyo myaka, akiyemeza gutanga umusanzu we mu gutanga ubutumwa bwo kuyirwanya.

Ati “Nakoze indirimbo yo kurwanya SIDA, yakozwe na Gatsinda Jean Paul, muri za 2002 na za 2003.”

Kazungu avuga ko gukora iyi ndirimbo atigeze abisabwa n’Umuryango PSI warwanyaga SIDA muri icyo gihe, ahubwo ko ari we wabyibwirije kuko yabonaga bikenewe.

Avuga kuri bumwe mu butumwa bwari bukubiye muri iyo ndirimbo ye, Kazungu Claver yagize ati “Yavugaga ko SIDA yica, ari indwara iteye ubwoba. Yari ifite ibitero bibiri by’Igiswahili, bigasubirwamo n’Ikinyarwanda.”

Avuga ko mu mwaka wa 2005 ari bwo iyo ndirimbo ye yamenyekanye ariko ko yari yarayikoze mbere, ariko muri uyu mwaka “ni bwo byoroshye kuyikina kuko nakoraga kuri CFM.”

Kazungu avuga ko iyi ndirimbo yayisohoye atarakizwa, ku buryo atanibuka amagambo ayigize, ariko ko hari aho yasabaga abantu gukoresha agakingirizo, ariko nyuma yo gukizwa atabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + eighteen =

Previous Post

Bavuze umugenzo wo hambere waturishaga Inkuba yakubita ntigire uwo yica

Next Post

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.