Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Kazungu Claver ukorera RADIOTV10, uri mu baza ku isonga bakunzwe by’umwihariko mu biganiro bya Siporo, yavuze ko atarakira agakiza yasohoye indirimbo yari ifite ubutumwa bwari buhabanye n’imyemerere ye y’ubu.

Kazungu Claver, ni umwe mu banyamakuru barambye mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, by’umwihariko uzwi mu biganiro bya Siporo.

Asanzwe akorera RADIOTV10 mu kiganiro cyitwa ‘Ten Sports’ cyamamaye nk’Urukiko rw’Imikino gitambuka kuri Radio 10, akaba ari no mu ba mbere bakunzwe mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare 2024, ubwo yari mu kiganiro na bagenzi be basanzwe bakorana, yabameneye ibanga ry’uko na we yigeze kujya muri studio zitunganya umuziki, agakora indirimbo ye.

Kazungu usanzwe ari umwizeramana mu buryo bwihariye, dore ko aho ari bigoye kumubona adafite Bibiliya, yavuze ko mu myaka ya 2005 atarakizwa ubwo yakoraga ku Radio yamenyekanye nka Contact FM, ari bwo indirimbo ye yamenyekanye.

Yavuze ko ari indirimbo yo kurwanya virusi itera SIDA, yari ifite umurego muri iyo myaka, akiyemeza gutanga umusanzu we mu gutanga ubutumwa bwo kuyirwanya.

Ati “Nakoze indirimbo yo kurwanya SIDA, yakozwe na Gatsinda Jean Paul, muri za 2002 na za 2003.”

Kazungu avuga ko gukora iyi ndirimbo atigeze abisabwa n’Umuryango PSI warwanyaga SIDA muri icyo gihe, ahubwo ko ari we wabyibwirije kuko yabonaga bikenewe.

Avuga kuri bumwe mu butumwa bwari bukubiye muri iyo ndirimbo ye, Kazungu Claver yagize ati “Yavugaga ko SIDA yica, ari indwara iteye ubwoba. Yari ifite ibitero bibiri by’Igiswahili, bigasubirwamo n’Ikinyarwanda.”

Avuga ko mu mwaka wa 2005 ari bwo iyo ndirimbo ye yamenyekanye ariko ko yari yarayikoze mbere, ariko muri uyu mwaka “ni bwo byoroshye kuyikina kuko nakoraga kuri CFM.”

Kazungu avuga ko iyi ndirimbo yayisohoye atarakizwa, ku buryo atanibuka amagambo ayigize, ariko ko hari aho yasabaga abantu gukoresha agakingirizo, ariko nyuma yo gukizwa atabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Bavuze umugenzo wo hambere waturishaga Inkuba yakubita ntigire uwo yica

Next Post

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.