Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Kazungu Claver ukorera RADIOTV10, uri mu baza ku isonga bakunzwe by’umwihariko mu biganiro bya Siporo, yavuze ko atarakira agakiza yasohoye indirimbo yari ifite ubutumwa bwari buhabanye n’imyemerere ye y’ubu.

Kazungu Claver, ni umwe mu banyamakuru barambye mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, by’umwihariko uzwi mu biganiro bya Siporo.

Asanzwe akorera RADIOTV10 mu kiganiro cyitwa ‘Ten Sports’ cyamamaye nk’Urukiko rw’Imikino gitambuka kuri Radio 10, akaba ari no mu ba mbere bakunzwe mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare 2024, ubwo yari mu kiganiro na bagenzi be basanzwe bakorana, yabameneye ibanga ry’uko na we yigeze kujya muri studio zitunganya umuziki, agakora indirimbo ye.

Kazungu usanzwe ari umwizeramana mu buryo bwihariye, dore ko aho ari bigoye kumubona adafite Bibiliya, yavuze ko mu myaka ya 2005 atarakizwa ubwo yakoraga ku Radio yamenyekanye nka Contact FM, ari bwo indirimbo ye yamenyekanye.

Yavuze ko ari indirimbo yo kurwanya virusi itera SIDA, yari ifite umurego muri iyo myaka, akiyemeza gutanga umusanzu we mu gutanga ubutumwa bwo kuyirwanya.

Ati “Nakoze indirimbo yo kurwanya SIDA, yakozwe na Gatsinda Jean Paul, muri za 2002 na za 2003.”

Kazungu avuga ko gukora iyi ndirimbo atigeze abisabwa n’Umuryango PSI warwanyaga SIDA muri icyo gihe, ahubwo ko ari we wabyibwirije kuko yabonaga bikenewe.

Avuga kuri bumwe mu butumwa bwari bukubiye muri iyo ndirimbo ye, Kazungu Claver yagize ati “Yavugaga ko SIDA yica, ari indwara iteye ubwoba. Yari ifite ibitero bibiri by’Igiswahili, bigasubirwamo n’Ikinyarwanda.”

Avuga ko mu mwaka wa 2005 ari bwo iyo ndirimbo ye yamenyekanye ariko ko yari yarayikoze mbere, ariko muri uyu mwaka “ni bwo byoroshye kuyikina kuko nakoraga kuri CFM.”

Kazungu avuga ko iyi ndirimbo yayisohoye atarakizwa, ku buryo atanibuka amagambo ayigize, ariko ko hari aho yasabaga abantu gukoresha agakingirizo, ariko nyuma yo gukizwa atabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 1 =

Previous Post

Bavuze umugenzo wo hambere waturishaga Inkuba yakubita ntigire uwo yica

Next Post

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Icyatangajwe n’ikipe y’umukinnyi w’Umunyekongo wakoreye ku butaka bw’u Rwanda ibyamaganywe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.