Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in SIPORO
1
Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live
Share on FacebookShare on Twitter

Biganiro Mucyo Antha usanzwe ari Umunyamakuru wa RADIOTV10, yatunguye mugenzi we wa RBA, amuha umusanzu wo gukomeza gukuza umushinga we yatangiye, amuha umurundo w’inote za 5.000Frw mu kiganiro.

Antha Biganiro asanzwe ari umwe mu banyamakuru bafite izina riremereye muri Siporo mu Rwanda, akorera RADIOTV10, igitangazamakuru gisanzwe kiyoboye ibindi byigenga mu Rwanda, mu biganiro bikoranye ubushishozi n’ubunyamwuga.

Uyu munyamakuru watangiye no kwinjira mu mwuga wo gutoza, aho ikipe yatozaga mu irushanwa Agaciro Tournament, yegukanye igikombe.

Mu kiganiro yagiranye na mugenzi we Rugaju Reagan usanzwe ari Umunyamakuru wa RBA, wanashinze YouTube Channel, Antha yashimiye mugenzi we kuba yaratangiye uyu mushinga, ndetse amugaragariza ko amushyigikiye.

Mu kumushyigikira, Antha yahise akora mu mufuka w’ipantalo akuramo amafaranga ibihumbi 50 Frw abihereza Reagan.

Amushyikiriza aya mafaranga, Antha yagize ati “Ni yo mpamvu rero ngushimira rwose nk’umuvandimwe tuva indi imwe, reka nshyireho itafari kugira ngo wongeremo internet kugira ngo ukomeze udusangize ibyiza.”

Antha yashimiye uyu munyamakuru mugenzi we kuri iki gitekerezo cyizafasha abakunzi ba Siporo kujya bamenya n’andi makuru ya Siporo badategereje kuyumvira kuri Radiyo cyangwa kuyareba kuri Televiziyo.

Ati “Ni ibihumbi mirongo itanu nk’itafari ryanjye ryo kugira ngo ugure internet ndetse urusheho gutera imbere.”

Iyi YouTube Channel y’umunyamakuru Reagan itaramara igihe kinini, imaze kugira abayiyandikishijeho (Subscribers) ibihumbi birenga 47.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ishimwe mugane calliopie says:
    2 years ago

    Antha yagize neza cyane kuko gushyigikirana nibyo byambere

    Reply

Leave a Reply to Ishimwe mugane calliopie Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 4 =

Previous Post

Libya: Hatangajwe ibihano bikarishye ku bakekwagaho icyaha cyamaganwa n’Isi yose

Next Post

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Related Posts

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.