Friday, April 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in SIPORO
1
Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live
Share on FacebookShare on Twitter

Biganiro Mucyo Antha usanzwe ari Umunyamakuru wa RADIOTV10, yatunguye mugenzi we wa RBA, amuha umusanzu wo gukomeza gukuza umushinga we yatangiye, amuha umurundo w’inote za 5.000Frw mu kiganiro.

Antha Biganiro asanzwe ari umwe mu banyamakuru bafite izina riremereye muri Siporo mu Rwanda, akorera RADIOTV10, igitangazamakuru gisanzwe kiyoboye ibindi byigenga mu Rwanda, mu biganiro bikoranye ubushishozi n’ubunyamwuga.

Uyu munyamakuru watangiye no kwinjira mu mwuga wo gutoza, aho ikipe yatozaga mu irushanwa Agaciro Tournament, yegukanye igikombe.

Mu kiganiro yagiranye na mugenzi we Rugaju Reagan usanzwe ari Umunyamakuru wa RBA, wanashinze YouTube Channel, Antha yashimiye mugenzi we kuba yaratangiye uyu mushinga, ndetse amugaragariza ko amushyigikiye.

Mu kumushyigikira, Antha yahise akora mu mufuka w’ipantalo akuramo amafaranga ibihumbi 50 Frw abihereza Reagan.

Amushyikiriza aya mafaranga, Antha yagize ati “Ni yo mpamvu rero ngushimira rwose nk’umuvandimwe tuva indi imwe, reka nshyireho itafari kugira ngo wongeremo internet kugira ngo ukomeze udusangize ibyiza.”

Antha yashimiye uyu munyamakuru mugenzi we kuri iki gitekerezo cyizafasha abakunzi ba Siporo kujya bamenya n’andi makuru ya Siporo badategereje kuyumvira kuri Radiyo cyangwa kuyareba kuri Televiziyo.

Ati “Ni ibihumbi mirongo itanu nk’itafari ryanjye ryo kugira ngo ugure internet ndetse urusheho gutera imbere.”

Iyi YouTube Channel y’umunyamakuru Reagan itaramara igihe kinini, imaze kugira abayiyandikishijeho (Subscribers) ibihumbi birenga 47.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ishimwe mugane calliopie says:
    3 years ago

    Antha yagize neza cyane kuko gushyigikirana nibyo byambere

    Reply

Leave a Reply to Ishimwe mugane calliopie Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Libya: Hatangajwe ibihano bikarishye ku bakekwagaho icyaha cyamaganwa n’Isi yose

Next Post

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Related Posts

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul...

IZIHERUKA

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro
MU RWANDA

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

by radiotv10
03/04/2026
0

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

03/04/2026
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

03/04/2026
Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

03/04/2026
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

03/04/2026
Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

02/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.