Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamategeko azanye ingingo nshya ku mukozi wa Leta ukekwaho ibiterasoni byo gusambanira mu kabari

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umunyamategeko azanye ingingo nshya ku mukozi wa Leta ukekwaho ibiterasoni byo gusambanira mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukozi w’urwego rwa Leta atawe muri yombi akekwaho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame gishingiye ku mashusho y’uwo bivugwa ko yagaragaye asambanira mu kabari, Umunyamategeko avuga ko yagombye kuba ari gukurikiranwa hamwe n’uwo basambanaga, ndetse ko Ubushinjacyaha bugomba kuzagaragaza ibimenyetso simusiga ko uriya mugabo koko yari ari gusambana.

Imwe mu nkuru ziri kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni ishingiye ku mashusho yagaragayemo umugabo wicaye ku ntebe akikiye umukobwa basa nk’abari gutera akabariro mu kabari.

Ni amashusho bivugwa yafatiwe mu kabari gaherereye mu Kagari ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Ugaragara muri ayo mashusho, bivugwa ko asanzwe ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, akaba yaramaze gutabwa muri yombi tariki 06 Mata 2023, aho acumbikiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Muhima.

Umunyamategeko usanzwe akora akazi ko kunganira abandi mu nkiko, Me Jephte Uwayo, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko niba niba koko uriya mugabo yari ari gusambana, yaba yarakoze icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame.

Yagize ati “Kiriya ni kimwe mu bigize icyaha cyo gukorera ibiteye isoni mu ruhame, ariko birasaba ko Ubushinjacyaha buzagaragza ibimenyetso bigaragaza niba koko yarakoraga icyo cyaha, aho yagikoreye niba ari mu ruhame n’ibindi.”

Ku kijyanye n’itabwa muri yombi ry’abakekwaho icyaha, Me Uwayo avuga ko ubundi abagaragara bakorana icyaha bakabaye batawe muri yombi bose kuko icyaha akekwaho bagifatanyije nubwo RIB itigeze itangaza niba yabafashe bombi cyangwa ari uriya mukozi w’Akarere ka Nyamagabe gusa yafashe.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri ariya mashusho, bavuze ko usibye no kuba ari mukozi w’urwego rwa Leta, n’undi muntu wese bidakwiye ko akorera ibintu nka biriya ku karubanda.

Hari n’abavuga ko nta kidasanzwe kirimo, cyane ko mu mashusho bitagaragara neza niba koko aba bombi barakoraga imibonano mpuzabitsina nkuko bivugwa, ariko kandi bakanavuga ko kubihanirwa batabyumva neza kuko hari n’abajya bagaragara bari gukora imibonanno mu buryo bweruye bakanabyiyemerera ariko ntihagire ubibahanira.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. NDIKUBWIMANA SERVELIEN says:
    3 years ago

    Kiriya cyaha yakoze ni urukozasoni, n’ubwo ntakigaragara ko yabikoze ariko babikoreye mu myenda, nabwo ni ubusambanyi, umuco nyarwanda barawusebeje kandi basebeje Imana, Imana irabyanga, ubwo rero ingaruka zose zizamubaho ni igihano agomba kubyakira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Next Post

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n'inzara birabarembeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.