Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwanda yakoze ibyashobora bacye mu irushanwa rya Muzika rikomeye muri Afurika

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umunyarwanda yakoze ibyashobora bacye mu irushanwa rya Muzika rikomeye muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu irushanwa rya Muzika rizwi nka ‘The Voice Africa’, umunyarwanda Rwamukwaya Theoneste uzwi nka Blaise, yatambutse mu cyiciro cyisumbuyeho, yinjiyemo agaragaje ubuhanga budasanzwe bwo kuririmba anabyina umunyerezo.

Ni mu irushanwa rimaze iminsi iri guhuza abanyempano muri Muzika bo mu Bihugu binyuranye bo ku Mugabane wa Afurika, aho abakemurampaka bariyoboye, ari abahanzi basanzwe bafite amazina aremereye muri Muzika muri Afurika, nka Awilo Longomba na Yemi Alade.

Kuri iki Cyumweru tariki 25 Kamena 2023, ubwo hahatanaga abo mu itsinda riyobowe n’umukemurampaka Lady Jaydee, Umunyarwanda Rwamukwaya Theoneste uzwi nka Blaise, yahanganye n’Umunya-Nigeria, Lawrence.

Aba basore baririmbye indirimbo ya Justin Timberlake yitwa ‘Mirrors’, bombi bakoze mu muhogo, barahoza, karahava, ariko Umunyarwanda Blaise akanyuzamo akumvikanisha umwihariko.

Blaise yanageze n’aho abyina umunyerezo, bisanzwe bizwi ku bahanzi b’abahanga nka Michael Jackson, binyura benshi bumvikanaga bamuha amashyi.

Ubwo bari bamaze kuririmba, aba MC bari bayoboye iki gikorwa, babajije abagiza akanama nkemurampaka, niba ntawagira icyo avuga ku miririmbire y’aba basore, ubundi Yimi Alade ahita ahaguruka, agira ati “Njye nakunze ukuntu baririmba banagira gutya [yerekana uko Blaise yabyinnye] nabikunze cyane.”

Umukemurampaka Lady Yaydee wagombaga guhitamo umwe muri aba basore, ugomba kuzamuka, yavuze ko bigoye guhitamo umwe kuko bombi baririmbye neza, ariko ko ahisemo Blaise, wahise yinjira mu cyiciro cyisumbuyeho muri iri rushanwa.

Si ubwa mbere Blaise agaragaje ubuhanga muri iri rushanwa, kuko ubwo ryari riri mu ntangiro mu kwezi gushize kwa Gicurasi, yatunguye abakemurampaka, akabaririmbira, ndetse akaza avuga ko yifuza ko bose bamwemera, bagahindukiza intebe, ndetse aza no kubikora, kubera uburyo uyu musore azi guhoza bidasanzwe.

Umunyarwanda Blaise ukomeje kwigaragaza muri The Voice Africa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 10 =

Previous Post

U Rwanda mu myanya ishimishije muri Afurika kuri raporo y’ibipimo byihagazeho mu bukungu

Next Post

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.