Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwanda yakoze ibyashobora bacye mu irushanwa rya Muzika rikomeye muri Afurika

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umunyarwanda yakoze ibyashobora bacye mu irushanwa rya Muzika rikomeye muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu irushanwa rya Muzika rizwi nka ‘The Voice Africa’, umunyarwanda Rwamukwaya Theoneste uzwi nka Blaise, yatambutse mu cyiciro cyisumbuyeho, yinjiyemo agaragaje ubuhanga budasanzwe bwo kuririmba anabyina umunyerezo.

Ni mu irushanwa rimaze iminsi iri guhuza abanyempano muri Muzika bo mu Bihugu binyuranye bo ku Mugabane wa Afurika, aho abakemurampaka bariyoboye, ari abahanzi basanzwe bafite amazina aremereye muri Muzika muri Afurika, nka Awilo Longomba na Yemi Alade.

Kuri iki Cyumweru tariki 25 Kamena 2023, ubwo hahatanaga abo mu itsinda riyobowe n’umukemurampaka Lady Jaydee, Umunyarwanda Rwamukwaya Theoneste uzwi nka Blaise, yahanganye n’Umunya-Nigeria, Lawrence.

Aba basore baririmbye indirimbo ya Justin Timberlake yitwa ‘Mirrors’, bombi bakoze mu muhogo, barahoza, karahava, ariko Umunyarwanda Blaise akanyuzamo akumvikanisha umwihariko.

Blaise yanageze n’aho abyina umunyerezo, bisanzwe bizwi ku bahanzi b’abahanga nka Michael Jackson, binyura benshi bumvikanaga bamuha amashyi.

Ubwo bari bamaze kuririmba, aba MC bari bayoboye iki gikorwa, babajije abagiza akanama nkemurampaka, niba ntawagira icyo avuga ku miririmbire y’aba basore, ubundi Yimi Alade ahita ahaguruka, agira ati “Njye nakunze ukuntu baririmba banagira gutya [yerekana uko Blaise yabyinnye] nabikunze cyane.”

Umukemurampaka Lady Yaydee wagombaga guhitamo umwe muri aba basore, ugomba kuzamuka, yavuze ko bigoye guhitamo umwe kuko bombi baririmbye neza, ariko ko ahisemo Blaise, wahise yinjira mu cyiciro cyisumbuyeho muri iri rushanwa.

Si ubwa mbere Blaise agaragaje ubuhanga muri iri rushanwa, kuko ubwo ryari riri mu ntangiro mu kwezi gushize kwa Gicurasi, yatunguye abakemurampaka, akabaririmbira, ndetse akaza avuga ko yifuza ko bose bamwemera, bagahindukiza intebe, ndetse aza no kubikora, kubera uburyo uyu musore azi guhoza bidasanzwe.

Umunyarwanda Blaise ukomeje kwigaragaza muri The Voice Africa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

U Rwanda mu myanya ishimishije muri Afurika kuri raporo y’ibipimo byihagazeho mu bukungu

Next Post

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.