Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in AMAHANGA
2
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yavuze ko “kuba umutinganyi si icyaha (mu rwego rw’amategeko)” kuko ababukora na bo Imana ibakunda nkuko isanzwe itarobanura ku butoni.

Papa Francis yabivuze mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press ku wa Kabiri w’iki cyumweru.

Uyu mushumba mukuru wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yabivuze ubwo yagarukaga ku itegeko rihana ubutinganyi riri mu mategeko ya bimwe mu Bihugu.

Mu magambo ye, Papa Francis yagize ati “Kuba umutinganyi [uryamana n’wo bahuje igitsina] si icyaha (crime) [mu rwego rw’amategeko].”

Muri iki kiganiro, umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yagaye Ibihugu bihana abakundana n’abo bahuje ibitsina cyangwa bibabangamira.

Gusa kuri we avuga ko ubutinganyi ari icyaha (sin) imbere y’imana ariko ko bushobora guterwa n’amateka y’umuntu yanyuzemo bityo ko Abasenyeri bakwiye kugira uburyo bumvamo iyi ngingo.

Yagize ati “Aba basenyeri bakwiye gutangira urugendo rwo guhindura imyumvire, bakabitaho, bakabanezeza nkuko imana ibikorera buri wese muri twe.”

Ibi bitekerezo bya Papa bigamije kuvuganira uburenganzira bw’abatinganyi ni ubwa mbere yari avuze kuri aya mategeko.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi yavuze ko Kiliziya Gatulika itazigeza ikorera ivanvura abatinganyi kuko isanzwe yakira kimwe abantu bose.

Yagize ati “Twese tiri abana b’Imana, kandi Imana idukundira uko turi yaba imbaraga nyinshi cyangwa nke zacu.”

Ibihugu 67 byamaze gushyira mu mategeko yabyo ubutinganyi nk’icyaha gihanwa n’amategeko, birimo 11 bigitangaho igihano cy’urupfu.

RADIOTV10

Comments 2

  1. mukiza says:
    3 years ago

    Genesis 19:1-9
    Now the two angels came to Sodom in the evening as Lot was sitting in the gate of Sodom. When Lot saw them, he rose to meet them and bowed down with his face to the ground. And he said, “Now behold, my lords, please turn aside into your servant’s house, and spend the night, and wash your feet; then you may rise early and go on your way.” They said however, “No, but we shall spend the night in the square.” Yet he urged them strongly, so they turned aside to him and entered his house; and he prepared a feast for them, and baked unleavened bread, and they ate.read more.
    Before they lay down, the men of the city, the men of Sodom, surrounded the house, both young and old, all the people from every quarter; and they called to Lot and said to him, “Where are the men who came to you tonight? Bring them out to us that we may have relations with them.” But Lot went out to them at the doorway, and shut the door behind him, and said, “Please, my brothers, do not act wickedly. Now behold, I have two daughters who have not had relations with man; please let me bring them out to you, and do to them whatever you like; only do nothing to these men, inasmuch as they have come under the shelter of my roof.” But they said, “Stand aside.” Furthermore, they said, “This one came in as an alien, and already he is acting like a judge; now we will treat you worse than them.” So they pressed hard against Lot and came near to break the door.

    Reply
    • Jolinjoli says:
      3 years ago

      Hehehehe, ibi ninyandiko zabo, bazazihinduranya uko bashatse

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − three =

Previous Post

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Next Post

Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.