Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in AMAHANGA
2
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yavuze ko “kuba umutinganyi si icyaha (mu rwego rw’amategeko)” kuko ababukora na bo Imana ibakunda nkuko isanzwe itarobanura ku butoni.

Papa Francis yabivuze mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press ku wa Kabiri w’iki cyumweru.

Uyu mushumba mukuru wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yabivuze ubwo yagarukaga ku itegeko rihana ubutinganyi riri mu mategeko ya bimwe mu Bihugu.

Mu magambo ye, Papa Francis yagize ati “Kuba umutinganyi [uryamana n’wo bahuje igitsina] si icyaha (crime) [mu rwego rw’amategeko].”

Muri iki kiganiro, umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yagaye Ibihugu bihana abakundana n’abo bahuje ibitsina cyangwa bibabangamira.

Gusa kuri we avuga ko ubutinganyi ari icyaha (sin) imbere y’imana ariko ko bushobora guterwa n’amateka y’umuntu yanyuzemo bityo ko Abasenyeri bakwiye kugira uburyo bumvamo iyi ngingo.

Yagize ati “Aba basenyeri bakwiye gutangira urugendo rwo guhindura imyumvire, bakabitaho, bakabanezeza nkuko imana ibikorera buri wese muri twe.”

Ibi bitekerezo bya Papa bigamije kuvuganira uburenganzira bw’abatinganyi ni ubwa mbere yari avuze kuri aya mategeko.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi yavuze ko Kiliziya Gatulika itazigeza ikorera ivanvura abatinganyi kuko isanzwe yakira kimwe abantu bose.

Yagize ati “Twese tiri abana b’Imana, kandi Imana idukundira uko turi yaba imbaraga nyinshi cyangwa nke zacu.”

Ibihugu 67 byamaze gushyira mu mategeko yabyo ubutinganyi nk’icyaha gihanwa n’amategeko, birimo 11 bigitangaho igihano cy’urupfu.

RADIOTV10

Comments 2

  1. mukiza says:
    3 years ago

    Genesis 19:1-9
    Now the two angels came to Sodom in the evening as Lot was sitting in the gate of Sodom. When Lot saw them, he rose to meet them and bowed down with his face to the ground. And he said, “Now behold, my lords, please turn aside into your servant’s house, and spend the night, and wash your feet; then you may rise early and go on your way.” They said however, “No, but we shall spend the night in the square.” Yet he urged them strongly, so they turned aside to him and entered his house; and he prepared a feast for them, and baked unleavened bread, and they ate.read more.
    Before they lay down, the men of the city, the men of Sodom, surrounded the house, both young and old, all the people from every quarter; and they called to Lot and said to him, “Where are the men who came to you tonight? Bring them out to us that we may have relations with them.” But Lot went out to them at the doorway, and shut the door behind him, and said, “Please, my brothers, do not act wickedly. Now behold, I have two daughters who have not had relations with man; please let me bring them out to you, and do to them whatever you like; only do nothing to these men, inasmuch as they have come under the shelter of my roof.” But they said, “Stand aside.” Furthermore, they said, “This one came in as an alien, and already he is acting like a judge; now we will treat you worse than them.” So they pressed hard against Lot and came near to break the door.

    Reply
    • Jolinjoli says:
      3 years ago

      Hehehehe, ibi ninyandiko zabo, bazazihinduranya uko bashatse

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nine =

Previous Post

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Next Post

Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

Related Posts

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

Burya ni umunyabigango: Harmonize yatunguye benshi kubera ibizigira bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.