Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
2
Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wa FARDC wagaragaye yafashwe mu mashati n’abaturage bamutuka ngo ni Umunyarwanda, hagaragaye andi mashusho bamaze kumukubita bamukomerekeje ari kuva amaraso mu kanwa no mu mazuru.

Aya mashusho yashyizwe kuri Twitter na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa yamagana akarengane kari gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, yagaragazaga uyu musirikare wa FARDC, yafashwe n’abaturage bo muri Congo bafatanyije n’undi musirikare mugenzi w’uyu wahohoterwaga.

Mu nkuru twari twanditse mbere nka RADIOTV10, harimo ubutumwa bwari buherekeje aya mashusho agaragaza uyu musirikare yafashwe mu mashati, aho Betrand Bisimwa yari yagize ati “Ibikorwa nk’ibi by’ihohotera, by’ urwango n’ivangura bigomba gushyirwaho akadomo.”

Ni amashusho yanamaganiwe kure na bamwe mu baturage bo mu karere barimo n’abo mu Rwanda, nk’uwitwa Adele Kibasumba wari wagaragaje ko bibabaje kubona umusirikare nk’uyu utewe ishema no gukorera Igihugu cye, ariko abaturage bakabirengaho bakamuhohotera kariya kageni kubera uko yaremwe.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yongeye kugaragaza andi mashusho agaragaza uyu musirikare yamaze gukubitwa nyuma yuko agaragaye yafashwe mu mashatsi.

pic.twitter.com/4Xs7lgTGAg

— Bertrand Bisimwa (@bbisimwa) December 21, 2022

Muri aya mashusho yasohotse nyuma, agaragaza uyu musirikare yegamye ku modoka ari kuva amaraso mu mazuru no mu kanwa, bigaragara ko abamukubise bamunegekaje kuko ataba afite intege, mu gihe we agaragara nk’uwababariye abamukubise ababaza ati “ariko ubundi umutekano urihe koko?”

Agera aho agahaguruka ariko nta rutege, agasa nk’utambuka yikanda mu nda bigaragara ko ari kuribwa kubera gukubitwa.

Ibikorwa byo guhotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bimaze iminsi bigaragara, ariko umutwe wa M23 wavutse ugamije guhangana na byo ukaba ukomeje kubyamagana kuko biri gukorwa amahanga arebera.

Impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda zirimo n’izimaze imyaka igera muri 25, muri iki cyumweru zakoze imyigaragambyo yo kwamagana ibikorwa nk’ibi biri gukorerwa bene wabo, basaba ko amahanga adakwiye gukomeza kurebera.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Joseph says:
    3 years ago

    Ndibazaniba umukuruwigihugu kiseked areba ibirikubera mugihugucye akarya akaryama agasinzira igihugu yakigize nkaho yakiguze ngwajye agikoresha ukoyiboneye ndiwe nahagarikibirikuba ntawe njyishijinama kuko ibibazo ntawundi bireba si un si Eac surwanda nutabikora imana yaguhaye izoshingano izazikwambura hariho nibihano bikakaye nkwifurije gutekerezaneza icyazanira igihugucyawe amahoro niterambere

    Reply
  2. Janvier HARAHAGAZWE says:
    3 years ago

    Dieu pardonne toujours , les hommes quelques fois , La Nature Jamais!! Abo banye Congo bâriko Boca rubozo benewabo babahor’ubwoko kandi ariko Imana yabaremye ntibibaze ngo : Bizijyana !!!! N’abagize Génocide aha mubiyaga bigari bapfuye biruka!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 13 =

Previous Post

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

Next Post

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.