Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
2
Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wa FARDC wagaragaye yafashwe mu mashati n’abaturage bamutuka ngo ni Umunyarwanda, hagaragaye andi mashusho bamaze kumukubita bamukomerekeje ari kuva amaraso mu kanwa no mu mazuru.

Aya mashusho yashyizwe kuri Twitter na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa yamagana akarengane kari gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, yagaragazaga uyu musirikare wa FARDC, yafashwe n’abaturage bo muri Congo bafatanyije n’undi musirikare mugenzi w’uyu wahohoterwaga.

Mu nkuru twari twanditse mbere nka RADIOTV10, harimo ubutumwa bwari buherekeje aya mashusho agaragaza uyu musirikare yafashwe mu mashati, aho Betrand Bisimwa yari yagize ati “Ibikorwa nk’ibi by’ihohotera, by’ urwango n’ivangura bigomba gushyirwaho akadomo.”

Ni amashusho yanamaganiwe kure na bamwe mu baturage bo mu karere barimo n’abo mu Rwanda, nk’uwitwa Adele Kibasumba wari wagaragaje ko bibabaje kubona umusirikare nk’uyu utewe ishema no gukorera Igihugu cye, ariko abaturage bakabirengaho bakamuhohotera kariya kageni kubera uko yaremwe.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yongeye kugaragaza andi mashusho agaragaza uyu musirikare yamaze gukubitwa nyuma yuko agaragaye yafashwe mu mashatsi.

pic.twitter.com/4Xs7lgTGAg

— Bertrand Bisimwa (@bbisimwa) December 21, 2022

Muri aya mashusho yasohotse nyuma, agaragaza uyu musirikare yegamye ku modoka ari kuva amaraso mu mazuru no mu kanwa, bigaragara ko abamukubise bamunegekaje kuko ataba afite intege, mu gihe we agaragara nk’uwababariye abamukubise ababaza ati “ariko ubundi umutekano urihe koko?”

Agera aho agahaguruka ariko nta rutege, agasa nk’utambuka yikanda mu nda bigaragara ko ari kuribwa kubera gukubitwa.

Ibikorwa byo guhotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bimaze iminsi bigaragara, ariko umutwe wa M23 wavutse ugamije guhangana na byo ukaba ukomeje kubyamagana kuko biri gukorwa amahanga arebera.

Impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda zirimo n’izimaze imyaka igera muri 25, muri iki cyumweru zakoze imyigaragambyo yo kwamagana ibikorwa nk’ibi biri gukorerwa bene wabo, basaba ko amahanga adakwiye gukomeza kurebera.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Joseph says:
    3 years ago

    Ndibazaniba umukuruwigihugu kiseked areba ibirikubera mugihugucye akarya akaryama agasinzira igihugu yakigize nkaho yakiguze ngwajye agikoresha ukoyiboneye ndiwe nahagarikibirikuba ntawe njyishijinama kuko ibibazo ntawundi bireba si un si Eac surwanda nutabikora imana yaguhaye izoshingano izazikwambura hariho nibihano bikakaye nkwifurije gutekerezaneza icyazanira igihugucyawe amahoro niterambere

    Reply
  2. Janvier HARAHAGAZWE says:
    3 years ago

    Dieu pardonne toujours , les hommes quelques fois , La Nature Jamais!! Abo banye Congo bâriko Boca rubozo benewabo babahor’ubwoko kandi ariko Imana yabaremye ntibibaze ngo : Bizijyana !!!! N’abagize Génocide aha mubiyaga bigari bapfuye biruka!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

Next Post

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Abanyamakuru ba Siporo kuri RADIO10 bongeye guca impaka noneho bakorera ikiganiro muri Hoteli (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.