Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’ibigango Izere Laurien uzwi nka The Trainer wabanje kumenyekana mu gufasha abantu kubaka umubiri no kuringaniza ibilo by’umubiri, akanavugwa mu rukundo n’umunyamideri Keza Trisky, yagaragaje ko afite indi mpano idasanzwe mu guteka.

Uyu The Trainer, umaze iminsi agaragara mu byo kwambika abagabo, amasuti agezweho aho afite inzu idoda imyenda y’abagabo, yavuzwe cyane ubwo yari mu rukundo n’umunyamideri Keza Trisky yigeze no kwambika impeta amusaba kumubera umugore, ariko bakaza gutandukana.

Itandukana ryabo, ryanagarutsweho cyane, dore ko byavuzwe ko batandukanye umukobwa atwite inda y’uyu musore, ndetse ubu bakaba baramaze kwibaruka.

The Trainer amaze iminsi agaragaza ku mbuga nkoranyambaga, ubuzima abayemo mu nzu y’akataraboneka, irimo ibikoresho bigezweho, by’umwihariko aho aba agaragaza uburyo yiyitaho n’uburyo ategura amafunguro.

YouTube Channel yitwa Isimbi TV yasuye uyu musore aho atuye, mu nzu igeretse, aho yagaragaje uburyo ateguramo amafunguro, yambaye imyambaro myiza nk’ugiye ahantu hiyubashye ndetse yanigirije na Cravate.

Avuga ko kugaragaza atetse yambaye neza gutya, aba ashaka kwereka abagabo uko bagomba kugaragara mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Muri iki kiganiro yagiranye na Isimbi TV, yagikoze atetse indyo izwi nka Chicken Wrap, aho aba aganiriza umunyamakuru mu magomba yuzuye urwenya, avuga ko iyi nzu abamo ari White House, akagenda avuga ko muri iyi nzu adashobora kugira ubushyuhe cyangwa ubukonje kuko afite ibyuma yifashisha mu guhindura ubushyuhe cyangwa ubukonje.

Anyuzamo akanatanga inama ku rubyiruko, avuga ko ibyo bifuza bashobora kubigeraho mu gihe bakoresheje imbaraga zabo zose.

Avuga ko ikibazo cy’urubyiruko muri iki gihe ari ukuba ubwarwo rwica intege, ati “Kuko muri wowe niwishyiramo ko ikintu kidashoboka, nta n’ubwo kizigera gishoboka.”

The Trainer avuga ko urubyiruko rw’iki gihe rwifuza guhora ruri mu birori mu tubari no mu tubyiniro, ariko rutifuza gukora, mu gihe we bitandukanye, kuko igihe kinini akimara ashaka amafaranga, ubundi akajya kuruhuka ari uko yabonye umusaruro.

Ati “Njye niba nakoze aka deal [gahunda yinjiza amafaranga] kanjye nkikubitira nk’utumiliyoni twanjye dutanu, nkakenera kurya ibihumbi maganatanu, nkabaza itsinda ry’abakobwa n’abasore bifuza kwishima, tugasohoka, niyo nakwishyura mba nzi ko ndi kwishimira aka deal njye naturikije.”

Inzu The Trainer abamo
Mu kiganiro yatetse live

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga

Next Post

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.