Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire gukoreshwamo ikoranabuhanga rya VAR ryitezweho kurandura ibibazo by’imisifurire bimaze igihe byijujutirwa.

Byatangajwe na Visi Perezida akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Mugisha Richard, wanaboneyeho kwihanangiriza abasifuzi bakora amakosa nkana, anizeza Abanyarwanda ko hashyizweho ingamba nshya zigamije gutuma imisifurire igenda neza kurushaho.

Mugisha yavuze ko kimwe mu bibazo bikigaragara mu basifuzi, ari icy’imyitozo ngororamubiri, aho benshi batsindwa n’ibizamini bya “test physique” bitewe n’imyitwarire yabo idahwitse.

Yagize ati “Dufite ikibazo ko mu bibazo byose tugira by’abasifuzi, aho batsindwa igeragezwa abenshi ikibatsinda ni ubushobozi bw’umubiri. Kandi kuyitsinda bisaba ikinyabupfura, kuko hari abahora batsindwa. Ikibazo gikomeye ni uko uwatsinzwe uyu munsi ejo tukamwohereza muri Kenya agatsinda, ariko iyo mitekerereze n’iyo migirire yawe ejo iraguhinduka ikibazo mu mikino ya shampiyona aho abakinnyi bagendera ku muvuduko uri hejuru.”

Mu rwego rwo gukemura ibibazo by’imisifurire, Mugisha yatangaje ko FERWAFA iri mu biganiro bigeze kure na FIFA kugira ngo mu Rwanda hazanwe ikoranabuhanga rya VAR (Video Assistant Referee) binyuze muri gahunda ya FIFA Forward.

Ati “Turimo kuganira na FIFA muri gahunda ya FIFA Forward. Amavugurura ari kugenda neza, kandi turifuza ko twahabwa ikoranabuhanga rya VAR ryavumbuwe vuba. Nibiba byemejwe ndetse ubushobozi bukaboneka, ni ikintu twifuza ko cyaza vuba cyane, kuko turebye imikino yacu iva ku wa Gatanu kugeza ku Cyumweru, VAR enye zadufasha kandi bishoboka ko twabitangira umwaka utaha.”

Yanagarutse ku kibazo cya ruswa mu misifurire, avuga ko FERWAFA iri hafi kugirana amasezerano n’inzego zishinzwe iperereza, harimo RIB, mu rwego rwo kurwanya ibikorwa bibi byose bijyanye n’umupira w’amaguru.

Ati “Hari amasezerano tumaze gukora, ayo Perezida azayasinyana na RIB. Ndabivuga si imisifurire gusa, ndavuga ibyaha byose bikorwa n’abakinnyi cyangwa abandi bari mu mupira. Hari ibiboneka bigoranye, keretse inzego zibifitiye ubushobozi zigufashije.”

Mugisha Richard avuga ko amategeko agenga imisifurire azavugururwa bitarenze uyu mwaka, kugira ngo akazi k’abasifuzi karusheho gukorwa neza no mu mucyo.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Next Post

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.