Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon nyuma yo guhagarikwa ashyize ukuri hanze ku byo yavuzweho byose

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Umutoza Robertinho

Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Robertinho usanzwe utoza ikipe ya Rayon Sports yavuze ko nta burwayi afite nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyi kipe butangaje ko bwamuhagaritse ku mpamvu z’uburwayi, anagira icyo avuga ku musaruro mucye avugwaho.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, ni bwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasohoye itangazo rihagarika ku kazi Roberto Gonçalves de Carmo Robertinho, bavuga ko ari ku bw’impamvu z’uburwayi.

Icyakora Umuyobozi wa Rayon Sports, Thadée TWAGIRAYEZU yabwiye RADIOTV10 ko uyu mutoza yahagaritswe kubera umusaruro muke ndetse n’izindi mpamvu, ibi bigasa no kudahuriza ku mpamvu nyakuri y’ihagarikwa ry’uyu mutoza.

Mu kiganiro cyihariye Robertinho yagiranye na RADIOTV10 aho acumbitse i Remera, yayitangarije ko we ari muzima ntakibazo cy’uburwayi afite cyamubuza gukomeza gukora akazi nk’ibisanzwe.

Ati “Ndwaye iki se? naba ndwaye nkabasha gukoresha telefone kandi namwe mwaje kundeba ari yo tuvuganiraho? nta burwayi mfite rwose.”

Bivugwa ko uburwayi ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko Robertinho yaba afite ari ubw’amaso ngo akaba atareba neza, ibyo Umutoza ahakana.

Ati “Njyewe navuganye n’Umuganga wanjye twumvikana ko azanyogereza amaso umwaka w’imikino urangiye, ubu se uyu si umutuku? uyu si umukara (Robertinho yerekana amabara yari ari kuri telefone ye).”

Usibye ubu burwayi ahakana, uyu mutoza yanavuze ko atemera iby’abamushinja umusaruro muke kuko kuba barushwa inota rimwe na APR FC atari ikibazo gikomeye ndetse bakaba bari muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro.

Robertinho kandi yanasabye ubuyobozi bwa Rayon Sports kumwishyura amafaranga y’ibirarane by’amezi 3 bamurimo bityo agasanga umuryango iwabo muri Brazil kuko ntacyo yaba agikora mu Rwanda mu gihe nta kazi ahafite.

Indi mpamvu yashingiweho Umutoza Robertinho ahagarikwa, ni iyo kunanirwa guturisha no kumvisha Abakinnyi ko badakwiye gusiba imyitozo nk’uko Umuyobozi wa Rayon Sports yabitangarije RADIOTV10.

Iyi mpamvu na yo Robertinho yayiteye utwatsi, avuga ko iki kibazo kitamurebaga ko ibyo ari ibibazo birebana n’ubuyobozi n’abakinnyi ubwabo.

Umutoza Robertinho yahagaritswe amezi abiri azarangirana n’amasezerano ye, mu gihe Mazimpaka André (utoza Abanyezamu) bahagarikiwe rimwe we nta gihe kizwi yahagaritswe.

Tariki 22 Nyakanga 2024, ni bwo Robertinho yari yagizwe Umutoza mukuru wa Rayon Sports, dore ko yari ayigarutsemo nyuma y’imyaka itanu, aho mu mwaka w’imimino 2018-2018 yari yayihesheje igikombe cya shampiyona.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Next Post

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.