Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon nyuma yo guhagarikwa ashyize ukuri hanze ku byo yavuzweho byose

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Umutoza Robertinho

Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Robertinho usanzwe utoza ikipe ya Rayon Sports yavuze ko nta burwayi afite nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyi kipe butangaje ko bwamuhagaritse ku mpamvu z’uburwayi, anagira icyo avuga ku musaruro mucye avugwaho.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, ni bwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasohoye itangazo rihagarika ku kazi Roberto Gonçalves de Carmo Robertinho, bavuga ko ari ku bw’impamvu z’uburwayi.

Icyakora Umuyobozi wa Rayon Sports, Thadée TWAGIRAYEZU yabwiye RADIOTV10 ko uyu mutoza yahagaritswe kubera umusaruro muke ndetse n’izindi mpamvu, ibi bigasa no kudahuriza ku mpamvu nyakuri y’ihagarikwa ry’uyu mutoza.

Mu kiganiro cyihariye Robertinho yagiranye na RADIOTV10 aho acumbitse i Remera, yayitangarije ko we ari muzima ntakibazo cy’uburwayi afite cyamubuza gukomeza gukora akazi nk’ibisanzwe.

Ati “Ndwaye iki se? naba ndwaye nkabasha gukoresha telefone kandi namwe mwaje kundeba ari yo tuvuganiraho? nta burwayi mfite rwose.”

Bivugwa ko uburwayi ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko Robertinho yaba afite ari ubw’amaso ngo akaba atareba neza, ibyo Umutoza ahakana.

Ati “Njyewe navuganye n’Umuganga wanjye twumvikana ko azanyogereza amaso umwaka w’imikino urangiye, ubu se uyu si umutuku? uyu si umukara (Robertinho yerekana amabara yari ari kuri telefone ye).”

Usibye ubu burwayi ahakana, uyu mutoza yanavuze ko atemera iby’abamushinja umusaruro muke kuko kuba barushwa inota rimwe na APR FC atari ikibazo gikomeye ndetse bakaba bari muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro.

Robertinho kandi yanasabye ubuyobozi bwa Rayon Sports kumwishyura amafaranga y’ibirarane by’amezi 3 bamurimo bityo agasanga umuryango iwabo muri Brazil kuko ntacyo yaba agikora mu Rwanda mu gihe nta kazi ahafite.

Indi mpamvu yashingiweho Umutoza Robertinho ahagarikwa, ni iyo kunanirwa guturisha no kumvisha Abakinnyi ko badakwiye gusiba imyitozo nk’uko Umuyobozi wa Rayon Sports yabitangarije RADIOTV10.

Iyi mpamvu na yo Robertinho yayiteye utwatsi, avuga ko iki kibazo kitamurebaga ko ibyo ari ibibazo birebana n’ubuyobozi n’abakinnyi ubwabo.

Umutoza Robertinho yahagaritswe amezi abiri azarangirana n’amasezerano ye, mu gihe Mazimpaka André (utoza Abanyezamu) bahagarikiwe rimwe we nta gihe kizwi yahagaritswe.

Tariki 22 Nyakanga 2024, ni bwo Robertinho yari yagizwe Umutoza mukuru wa Rayon Sports, dore ko yari ayigarutsemo nyuma y’imyaka itanu, aho mu mwaka w’imimino 2018-2018 yari yayihesheje igikombe cya shampiyona.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Next Post

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.