Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa Rayon Sports, uherutse kugaragara ashyamirana n’umwe mu bakinnyi be bagiye gusakirana ngo barwane, ubu noneho aravugwaho gutukana, akoresheje ururimi rw’iwabo, ariko umwe mu batoza barwumva, akaba yabihishuye.

Uyu mutoza Yamen Zelfani, usanzwe akomoka muri Tunisia, aravugwaho iyi myitwarire mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, wahuje Rayon Sports na Gorilla FC, warangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Ni umukino wa kabiri wa Rayon, waje ukurikira uwo yatsinzemo Gasogi United wanafunguye shampiyona ya 2023-2024, wasojwe n’imvururu hagati y’abakinnyi ba Rayon, zanagaragayemo uyu mutoza Yamen Zelfani wagaragaye ashwana n’umunyezamu Hategekimana Adolphe, bari bagiye gufatana mu mashati, ariko abakinnyi bakababuza.

Kuri iki Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, uyu mutoza wa Rayon Sports yongeye kuvugwaho imyitwarire itanejeje, aho umutoza wa Gorilla FC, Gatera Moussa yavuze ko atukana.

Gatera yavuze ko uyu mutoza w’Umunya-Tunisia, yamwiyumviye avuga amagambo yo mu Cyarabu, yuzuyemo ibitutsi.

Gatera yagize ati “Iyo agiye kugutuka, agutuka mu Cyarabu, kandi nabyumvise, narakize ndakizi.”

Uyu mutoza wa Gorilla wakunze kugaragara ajya kwiyambaza umusifuzi wa kane muri uriya mukino, yavuze ko yabaga agiye kumubwira iby’iyi mico mibi y’umutoza mugenzi we.

Ati “We iyo ashatse kukubwira ikintu cyangwa ashaka kukubwira nabi akubwira mu Cyarabu kandi iriya Mico ntabwo ari myiza.”

Gatera yakomeje agira ati “nabwiye n’umwungiriza we mu gifaransa ko ari gutukana mu Cyarabu, kandi ntabwo ari byiza, ni cyo kintu cyambabaje ntakindi.”

Ni mu gihe uyu mutoza wa Rayon Sports, Yamen Zelfani na we yavuze ko uyu mutoza wa Gorilla, yamubwiye amagambo amurakaza.

Umutoza wa Rayon Sports yongeye gutukana – Umuseke
Yamen Zelfani aravugwaho gutukana mu Cyarabu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.