Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa Rayon Sports, uherutse kugaragara ashyamirana n’umwe mu bakinnyi be bagiye gusakirana ngo barwane, ubu noneho aravugwaho gutukana, akoresheje ururimi rw’iwabo, ariko umwe mu batoza barwumva, akaba yabihishuye.

Uyu mutoza Yamen Zelfani, usanzwe akomoka muri Tunisia, aravugwaho iyi myitwarire mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, wahuje Rayon Sports na Gorilla FC, warangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Ni umukino wa kabiri wa Rayon, waje ukurikira uwo yatsinzemo Gasogi United wanafunguye shampiyona ya 2023-2024, wasojwe n’imvururu hagati y’abakinnyi ba Rayon, zanagaragayemo uyu mutoza Yamen Zelfani wagaragaye ashwana n’umunyezamu Hategekimana Adolphe, bari bagiye gufatana mu mashati, ariko abakinnyi bakababuza.

Kuri iki Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, uyu mutoza wa Rayon Sports yongeye kuvugwaho imyitwarire itanejeje, aho umutoza wa Gorilla FC, Gatera Moussa yavuze ko atukana.

Gatera yavuze ko uyu mutoza w’Umunya-Tunisia, yamwiyumviye avuga amagambo yo mu Cyarabu, yuzuyemo ibitutsi.

Gatera yagize ati “Iyo agiye kugutuka, agutuka mu Cyarabu, kandi nabyumvise, narakize ndakizi.”

Uyu mutoza wa Gorilla wakunze kugaragara ajya kwiyambaza umusifuzi wa kane muri uriya mukino, yavuze ko yabaga agiye kumubwira iby’iyi mico mibi y’umutoza mugenzi we.

Ati “We iyo ashatse kukubwira ikintu cyangwa ashaka kukubwira nabi akubwira mu Cyarabu kandi iriya Mico ntabwo ari myiza.”

Gatera yakomeje agira ati “nabwiye n’umwungiriza we mu gifaransa ko ari gutukana mu Cyarabu, kandi ntabwo ari byiza, ni cyo kintu cyambabaje ntakindi.”

Ni mu gihe uyu mutoza wa Rayon Sports, Yamen Zelfani na we yavuze ko uyu mutoza wa Gorilla, yamubwiye amagambo amurakaza.

Umutoza wa Rayon Sports yongeye gutukana – Umuseke
Yamen Zelfani aravugwaho gutukana mu Cyarabu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + nine =

Previous Post

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo ibilo 279 by’inyama zitazwi inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.