Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza w’ibigwi i Burayi yirukanywe bitunguranye n’ikipe aherutse guhesha igikombe gikomeye

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza w’ibigwi i Burayi yirukanywe bitunguranye n’ikipe aherutse guhesha igikombe gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Jose Mourinho, watwaranye na AS Roma igikombe cya UEFA Conference League muri 2022, yamaze kwirukanwa n’iyi kipe y’i Roma, batazira ‘Giallorossi’.

Nk’uko AS Roma yabitangaje, Jose Mourinho n’ikipe yamufashaga mu bikorwa byo gutoza (Coaching staff) bamaze gutandukana n’iyi kipe.

Jose Mourinho yageze muri AS Roma muri Gicurasi 2021, aho yari abaye umutoza wa 60 mu mateka y’iyi kipe yo mu murwa mukuru w’ u Butaliyani.

Nyuma y’umwaka umwe, ku ya 25 Gicurasi 2022, i Tirana muri Albania, Jose Mourinho yafashije iyi AS Roma kuhatwarira igikombe cya UEFA Conference League, nyuma y’imyaka 61 iyi kipe idatwara igikombe cyo mu marushanwa mpuzamahanga.

Jose Mourinho kandi yanagejeje iyi AS Roma ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League wabereye i Budapest muri Romania muri 2022-2023, aho batsinzwe na FC Seville.

Gusa ariko muri uyu mwaka w’imikino, AS Roma ikaba itari yorohewe muri Shampiyona Serie A, dore ko ubu ayisize ku mwanya wa 9 n’amanota 29, aho batsinze imikino 8, bakanganya 5, bagatsindwa 7.

Ikindi ni uko iyi kipe ya AS Roma, mu mikino 6 iheruka, yatsinzemo umwe gusa, cyane ko yari iherutse gutsindwa na AC Milan ibitego 3-1.

Ingingo nyamukuru ishobora kuba itumye iyi kipe na Jose Mourinho batandukana, ni ikibazo cy’imyitwarire (disciplinary problems) cyane ko muri iyi 2023-2024 yari amaze guhabwa amakarita 5 y’umutuku, yiyongera ku yandi 3 yari yabonye muri 2022-2023. Jose Mourinho, w’imyaka 60, avuye muri AS Roma atsinze imikino 68 mu mikino 138.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 12 =

Previous Post

BREAKING: Abasirikare batatu ba FADRC binjiye mu Rwanda mu gicuku bitwaje intwaro

Next Post

Nigeria yatangije uruganda ruzaniye Afurika ibisubizo by’ikibazo cyayiberaga ingutu

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria yatangije uruganda ruzaniye Afurika ibisubizo by’ikibazo cyayiberaga ingutu

Nigeria yatangije uruganda ruzaniye Afurika ibisubizo by’ikibazo cyayiberaga ingutu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.