Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza w’ibigwi i Burayi yirukanywe bitunguranye n’ikipe aherutse guhesha igikombe gikomeye

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza w’ibigwi i Burayi yirukanywe bitunguranye n’ikipe aherutse guhesha igikombe gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Jose Mourinho, watwaranye na AS Roma igikombe cya UEFA Conference League muri 2022, yamaze kwirukanwa n’iyi kipe y’i Roma, batazira ‘Giallorossi’.

Nk’uko AS Roma yabitangaje, Jose Mourinho n’ikipe yamufashaga mu bikorwa byo gutoza (Coaching staff) bamaze gutandukana n’iyi kipe.

Jose Mourinho yageze muri AS Roma muri Gicurasi 2021, aho yari abaye umutoza wa 60 mu mateka y’iyi kipe yo mu murwa mukuru w’ u Butaliyani.

Nyuma y’umwaka umwe, ku ya 25 Gicurasi 2022, i Tirana muri Albania, Jose Mourinho yafashije iyi AS Roma kuhatwarira igikombe cya UEFA Conference League, nyuma y’imyaka 61 iyi kipe idatwara igikombe cyo mu marushanwa mpuzamahanga.

Jose Mourinho kandi yanagejeje iyi AS Roma ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League wabereye i Budapest muri Romania muri 2022-2023, aho batsinzwe na FC Seville.

Gusa ariko muri uyu mwaka w’imikino, AS Roma ikaba itari yorohewe muri Shampiyona Serie A, dore ko ubu ayisize ku mwanya wa 9 n’amanota 29, aho batsinze imikino 8, bakanganya 5, bagatsindwa 7.

Ikindi ni uko iyi kipe ya AS Roma, mu mikino 6 iheruka, yatsinzemo umwe gusa, cyane ko yari iherutse gutsindwa na AC Milan ibitego 3-1.

Ingingo nyamukuru ishobora kuba itumye iyi kipe na Jose Mourinho batandukana, ni ikibazo cy’imyitwarire (disciplinary problems) cyane ko muri iyi 2023-2024 yari amaze guhabwa amakarita 5 y’umutuku, yiyongera ku yandi 3 yari yabonye muri 2022-2023. Jose Mourinho, w’imyaka 60, avuye muri AS Roma atsinze imikino 68 mu mikino 138.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 17 =

Previous Post

BREAKING: Abasirikare batatu ba FADRC binjiye mu Rwanda mu gicuku bitwaje intwaro

Next Post

Nigeria yatangije uruganda ruzaniye Afurika ibisubizo by’ikibazo cyayiberaga ingutu

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria yatangije uruganda ruzaniye Afurika ibisubizo by’ikibazo cyayiberaga ingutu

Nigeria yatangije uruganda ruzaniye Afurika ibisubizo by’ikibazo cyayiberaga ingutu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.