• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home UDUSHYA

Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in UDUSHYA
0
Umwana w’imyaka 2 yishe se amurashishije masotera hakurikiranwa nyina
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za America, umwana w’igitambambuga w’imyaka ibiri yishe se amurashishije imbunda ya masotera, bituma nyina akurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

WashingtonPost dukesha aya makuru, ivuga ko uyu mwana yarashe ku bw’impanuka se witwa Reggie Mabry w’imyaka 26.

Uyu mwana yarashe se mu gihe yariho akina imikino yo muri televiziyo, iki gitambambuga kikegura imbunda kikamurasa ku bw’impanuka.

Iyi mpanuka yabaye mu gihe nyina w’uyu mwana Marie Ayala n’abandi bana babo batatu bari bavuye mu rugendo ahirwa Orlando.

Umuyobozi wa Polisi muri Orange County, John Mina yavuze ko iyi mbunda yifashishijwe n’uyu mwana mu kurasa se atabigambiriye, itari yabitswe neza.

Yagize ati “Mu by’ukuri yari yoroshye kuyigeraho yewe n’umwana w’umwana w’imyaka ibiri kandi icyavuyemo kirigaragaza ko giteye ubwoba, nta muntu numwe ushobora kubyiyumvisha.”

Uyu mugore Marie Ayala akurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi butagambiriwe bushingiye ku burangare.

Uyu Ayala wafatiwe icyemezo cyo gukomeza gufungwa kuri uyu wa Mbere, yavuze ko umwana w’umuhungu w’imyaka 5 ari we wamubwiye ko umwana wabo w’imyaka ibiri ari we warashe ariko ko uwo mwana atabashije gusobanura uburyo murumuna we yageze kuri iyi mbunda nto ya masotera.

Uyu muyobozi wa Polisi muri kariya gace, yavuze ko ubu burangare bw’uyu mubyeyi bwatumye abana babo batagira amahirwe yo kubana n’ababyeyi babo bombi kuko nyuma yuko Se apfuye, ubu na nyina afunze.

Ati “Aka kanya aba bana bakiri bato babuze ababyeyi babo kandi uyu mwana azakurana igikomere cyo kuba yararashe Se.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + six =

Previous Post

Abakinnyi ni 11 kuri 11 ntabwo ari Sadio Mané ukina n’u Rwanda- Umutoza w’Amavubi

Next Post

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Related Posts

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

by radiotv10
25/02/2026
0

Muri Ghana hakomeje kuvugwa inkuru yateje impaka, y’urusengero rwagagayemo abakristu b’abagore bambaye utwenda tw'imbere tuzwi nka Bikini twambarwa n'abatembereye ku...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

by radiotv10
29/09/2025
0

Icyumweru cy’ibyishimo i Kigali mu Rwanda, ahari hamaze iminsi habera Shampiyona y’Isi y’Amagare yanyuze mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru...

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Next Post
Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.