Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwanditsi w’Umunya-Uganda byari byavuzwe ko yahungiye mu Rwanda aho ari hamenyekanye

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Umwanditsi w’Umunya-Uganda byari byavuzwe ko yahungiye mu Rwanda aho ari hamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Kakwenza Rukirabashaija usanzwe ari umwanditsi w’Umunya-Uganda, wagarutsweho ko yahungiye mu Rwanda, byamenyekanye ko yamaze kugera ku Mugabane w’u Burayi.

Mu minsi yashize, uyu mwanditsi yari yagarutsweho ndetse bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda ndetse n’Umunyamategeko we bavuga ko yahungiye mu Rwanda.

Icyo gihe kandi, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka akaba n’Umuhungu wa Perezida Museveni, yari yagize icyo amuvugaho.

Mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter tariki 09 Gashyantare 2022, Muhoozi yari yatangaje ko yavuganye na Perezida Kagame Paul kuri uyu mwanditsi, akamubwira ko atari mu Rwanda.

Ihuriro ry’abanditsi PEN n’umunyamategeko we batangaje ko uyu mwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yamaze kugera mu Burayi.

Kuri uyu wa Gatatu, umunyamategeko wa Kakwenza Rukirabashaija witwa Eron Kiiza, yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko uyu mwanditsi yamaze kugera mu Budage.

Uyu munyamategeko yavuze ko uyu mukiliya we ubu yashize impumu nyuma yo kugera ku Mugabane w’u Burayi.

Eron Kiiza we yabwiye AFP ko uyu mukiliya we yabanje kunyura mu Rwanda agakomereza mu kindi Gihugu ubundi agafashwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye UNHCR ryamufashije kujya mu Budage.

Ihuriro ry’Abanditsi ishamir ryaryo ryo mu Budage, ryemeje ko ryakiriye uyu mwanditsi.

Ubutumwa iri huriro ryanyujije kuri Twitter, buvuga ko nyuma yo kwakira uyu mwanditsi w’Umunya-Uganda ubu ari kwitabwaho.

Rukirabashaija wahawe igihembo mpuzamahanga cy’umwanditsi mwiza cya kubera igitabo cye yise ‘The Greedy Barbarian;, yashinje Muhoozi kuba inyuma y’iyicarubozo avuga ko yakorewe n’inzego z’umutekano za Uganda, gusa umuhungu wa Museveni yavuze ko atanamuzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 10 =

Previous Post

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Next Post

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.