• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwanditsi w’Umunya-Uganda byari byavuzwe ko yahungiye mu Rwanda aho ari hamenyekanye

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Umwanditsi w’Umunya-Uganda byari byavuzwe ko yahungiye mu Rwanda aho ari hamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Kakwenza Rukirabashaija usanzwe ari umwanditsi w’Umunya-Uganda, wagarutsweho ko yahungiye mu Rwanda, byamenyekanye ko yamaze kugera ku Mugabane w’u Burayi.

Mu minsi yashize, uyu mwanditsi yari yagarutsweho ndetse bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda ndetse n’Umunyamategeko we bavuga ko yahungiye mu Rwanda.

Icyo gihe kandi, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka akaba n’Umuhungu wa Perezida Museveni, yari yagize icyo amuvugaho.

Mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter tariki 09 Gashyantare 2022, Muhoozi yari yatangaje ko yavuganye na Perezida Kagame Paul kuri uyu mwanditsi, akamubwira ko atari mu Rwanda.

Ihuriro ry’abanditsi PEN n’umunyamategeko we batangaje ko uyu mwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yamaze kugera mu Burayi.

Kuri uyu wa Gatatu, umunyamategeko wa Kakwenza Rukirabashaija witwa Eron Kiiza, yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko uyu mwanditsi yamaze kugera mu Budage.

Uyu munyamategeko yavuze ko uyu mukiliya we ubu yashize impumu nyuma yo kugera ku Mugabane w’u Burayi.

Eron Kiiza we yabwiye AFP ko uyu mukiliya we yabanje kunyura mu Rwanda agakomereza mu kindi Gihugu ubundi agafashwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye UNHCR ryamufashije kujya mu Budage.

Ihuriro ry’Abanditsi ishamir ryaryo ryo mu Budage, ryemeje ko ryakiriye uyu mwanditsi.

Ubutumwa iri huriro ryanyujije kuri Twitter, buvuga ko nyuma yo kwakira uyu mwanditsi w’Umunya-Uganda ubu ari kwitabwaho.

Rukirabashaija wahawe igihembo mpuzamahanga cy’umwanditsi mwiza cya kubera igitabo cye yise ‘The Greedy Barbarian;, yashinje Muhoozi kuba inyuma y’iyicarubozo avuga ko yakorewe n’inzego z’umutekano za Uganda, gusa umuhungu wa Museveni yavuze ko atanamuzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 3 =

Previous Post

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Next Post

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.