Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwanditsi w’Umunya-Uganda byari byavuzwe ko yahungiye mu Rwanda aho ari hamenyekanye

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Umwanditsi w’Umunya-Uganda byari byavuzwe ko yahungiye mu Rwanda aho ari hamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Kakwenza Rukirabashaija usanzwe ari umwanditsi w’Umunya-Uganda, wagarutsweho ko yahungiye mu Rwanda, byamenyekanye ko yamaze kugera ku Mugabane w’u Burayi.

Mu minsi yashize, uyu mwanditsi yari yagarutsweho ndetse bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda ndetse n’Umunyamategeko we bavuga ko yahungiye mu Rwanda.

Icyo gihe kandi, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka akaba n’Umuhungu wa Perezida Museveni, yari yagize icyo amuvugaho.

Mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter tariki 09 Gashyantare 2022, Muhoozi yari yatangaje ko yavuganye na Perezida Kagame Paul kuri uyu mwanditsi, akamubwira ko atari mu Rwanda.

Ihuriro ry’abanditsi PEN n’umunyamategeko we batangaje ko uyu mwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yamaze kugera mu Burayi.

Kuri uyu wa Gatatu, umunyamategeko wa Kakwenza Rukirabashaija witwa Eron Kiiza, yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko uyu mwanditsi yamaze kugera mu Budage.

Uyu munyamategeko yavuze ko uyu mukiliya we ubu yashize impumu nyuma yo kugera ku Mugabane w’u Burayi.

Eron Kiiza we yabwiye AFP ko uyu mukiliya we yabanje kunyura mu Rwanda agakomereza mu kindi Gihugu ubundi agafashwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye UNHCR ryamufashije kujya mu Budage.

Ihuriro ry’Abanditsi ishamir ryaryo ryo mu Budage, ryemeje ko ryakiriye uyu mwanditsi.

Ubutumwa iri huriro ryanyujije kuri Twitter, buvuga ko nyuma yo kwakira uyu mwanditsi w’Umunya-Uganda ubu ari kwitabwaho.

Rukirabashaija wahawe igihembo mpuzamahanga cy’umwanditsi mwiza cya kubera igitabo cye yise ‘The Greedy Barbarian;, yashinje Muhoozi kuba inyuma y’iyicarubozo avuga ko yakorewe n’inzego z’umutekano za Uganda, gusa umuhungu wa Museveni yavuze ko atanamuzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eleven =

Previous Post

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Next Post

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.