Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umwe mu bo muri Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga kuri album y’umuhanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
01/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umwe mu bo muri Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga kuri album y’umuhanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; yatangaje ko yumvise indirimbo zigize album y’umuhanzikazi Ariel Wayz zikamunyura, avuga izo yakunze kurushaho.

Ni nyuma yuko umuhanzikazi Ariel Wayz ashyize hanze Album yise ‘Hear To Stay’, iri gukundwa n’abantu batandukanye, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe wabigaragaje kuri uyu wa 31 Werurwe 2025

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko yumvise indirimbo ku yindi mu zigize iyi album y’umuhanzikazi Ariel Wayz, aboneraho kuvuga ko ashingiye ku bwiza bwayo uyu muhanzikazi iyo aza kuba Umunyamerika atakabaye ava ku rutonde rw’abahanzi 100 baho bakunzwe.

Yagize ati “Maze kumva album yose uko yakabaye, iyo Ariel Wayz aza kuba ari Umunyamerika, ntiyari kuzigera ava ku rutonde rw’abahanzi 100 bagezweho [US Billboard Hot 100], Ni umwe mu bahanga bazi kuririmba (Guhogoza).”

Album ya Ariel Wayz imaze iminsi isaga 20 isohotse, ikaba ari na yo ya mbere nk’uyu uyu muhanzikazi yabitangaje.

Amb. Olivier Nduhungire akunze kugaragaza ko akurikirana imyidagaduro yo mu Rwanda ndetse akanatanga uruhare rwe mu gutera akanyabugabo abayikora.

Mu mpera z’umwaka ushize no mu ngangiro z’uyu, uyu munyapolitiki ukuriye dipolomasi y’u Rwanda, yagaragaje ko ashyigikira abahanzi nyarwanda, aho yitabiriye igitaramo Bruce Melodie yasogongerejemo abantu indirimbo za Album ye, ndetse akanamutera inkunga agura album ye, aho yishyuye Miliyoni 1 Frw.

Muri ibyo bihe kandi, Amb. Olivier Nduhungirehe yanitabiriye ibitaramo byari byateguwe n’abahanzi nyarwanda byo gusoza umwaka no gutangira undi, birimo icya The Ben na we yamurikiyemo album ye, ndetse n’icy’umuhanzi Israel Mbonyi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Nyagasani.

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yashimye indirimbo za Ariel Wayz

Felix NSENGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Bahawe robine babyinira ku rukoma ariko ntibyateye kabiri basubira mu bituma bijujuta

Next Post

Ubwoba ni bwose muri Zimbabwe kubera icyo ubutegetsi buri kwikanga cyaba kiri gutegurwa

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwoba ni bwose muri Zimbabwe kubera icyo ubutegetsi buri kwikanga cyaba kiri gutegurwa

Ubwoba ni bwose muri Zimbabwe kubera icyo ubutegetsi buri kwikanga cyaba kiri gutegurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.