Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare
Share on FacebookShare on Twitter

Dj Theo uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda byumwihariko muri muzika Nyarwanda, wafashije bamwe mu bahanzi barimo n’abafite amazina akomeye, yitabye Imana azize uburwayi.

Inkuru y’urupfu rwa Dj Theo, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025, ubwo bamwe mu basanzwe baziranye na nyakwigendera banasanzwe bakora umwuga umwe, bagaragazaga agahinda batewe n’uyu mugenzi wabo witabye Imana.

Nyakwigendera Dj Theo, yaguye mu Bitaro bya Masaka nyuma y’amasaha macye abigejemwemo avanywe mu Bitaro byo kwa Kanimba.

Zimwe mu nshuti za Dj Theo, zivuga ko yari yajyanywe muri ibi Bitaro bya Leta, nyuma y’igihe arembye aho yajyanywe muri ibi Bitaro kugira ngo hakomeze kuboneka ubushobozi bwo kumwitaho, kuko Ibitaro byo kwa Kanimba yari amazemo igihe, byasabaga amafaranga menshi, bigatuma hafatwa icyemezo cyo kumujyana mu Bitaro bya Leta.

Izi nshuti ze zivuga kandi ko yajyanywe mu Bitaro bya Masaka, abasha no kuvuga, ariko hashize igihe gito ahageze, yaje kuremba, ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, akaba yaje kwitaba Imana.

Nyakwigendera yari asanzwe akorana na Label y’Umuhanzi Rideman izwi nk’Ibisumizi, akaba yanamufashaga cyane mu bikorwa bye bya muzika, mu bitaramo byinshi yakundaga gukora.

Bamwe mu nshuti ze kandi, bavuga ko nyakwigendera yitabye Imana, hari gukorwa igikorwa cy’abandi ba-Dj bagenzi be cyo gukusanya amafaranga yo kujya kumufasha no kumusura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Next Post

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Related Posts

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Nyuma yuko Itorero ‘Grace Room Minisitries’ riyoborwa n’Umuvugavutumwa Pastor Julienne Kabanda, ryambuwe uburenganzira bwo gukora, umuhanzikazi Aline Gahongayire yagaragaje agahinda...

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.