Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, ugamije kurangiza intambara imaze igihe hagati y’impande zombi.

Aba bayobozi ku mpande zombi bageze mu Misiri kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Ukwakira 2025, aho imwe mu ngingo baganiraho, ari amasezerano ashoboka yo kurekura imfungwa ziri muri Gaza, kuko iyi ngingo n’izindi z’ingenzi zigize ayo masezerano zitarumvikanwaho neza.

Abayobozi ba Hamas bageze mu Misiri kuri iki Cyumweru mbere yuko hatangira ibiganiro na Israël na Leta Zunze Ubumwe za America, bigamije kuganira ku mugambi wo guhagarika imirwano muri Gaza, uzarangira imirwano ihagaritswe ndetse n’abafashwe bugwate bagafungurwa, mu gihe ibiganiro byazagenda uko biteganyijwe.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Israël, Benjamin Netanyahu yatangaje ko gukura ingabo zose muri Gaza bitari mu byo bazaganiraho, kuko badashobora kubyemera, ndetse mu ijambo yavuye kuri televiziyo y’Igihugu ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, yavuze ko Hamas igomba gushyira hasi intwaro hifashishijwe umugambi wa Trump cyangwa imbaraga za gisirikare. Yongeyeho ko yizeye kugarura imfungwa za Israel zifungiye muri Gaza mu minsi mike iri imbere.

Ibyo Netanyahu yabivuze nyuma yuko Hamas yari imaze gushyira hanze itangazo ryasohotse ku wa Gatanu, rivuga ko yemeye kurekura imfungwa ifite muri Gaza hakurikijwe umugambi w’amahoro wa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ntiyavuga ku bijyanye no gushyira intwaro hasi, ahubwo isaba ko habaho ibiganiro ku bindi bibazo birebana n’uyu mugambi wa America.

Hamas igishyira hanze iryo tangazo, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, na we yahise atangaza ko atazihanganira gutinda kwa Hamas mu kwemera aya amasezerano.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yagize ati “Hamas igomba kwemera aya masezerano yo kurangiza intambara byihuse, bitabaye ibyo, byose bizahinduka ubusa. Reka tubirangize vuba.”

Iyi gahunda ya America igizwe n’ingingo 20 ziteganya ihagarikwa ry’intambara ako kanya, ndetse n’irekurwa ry’abanya-Israel 20 bakiri bazima bafashwe bugwate na Hamas, kimwe n’imirambo y’abakekwaho kuba barishwe, bagahererekanywa n’Abanya-Gaza amagana bafungiye muri gereza za Israel.

Mu itangazo ryanyuze kuri X, Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zatanze itegeko ryo gutegura ishyirwa mu bikorwa ry’icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Trump ugamije irekura ry’abafashwe bungwate, ndets  zongeyeho ko umutekano w’abasirikare ba Israel ari wo uza ku isonga.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Next Post

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Related Posts

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bigiye gusubukurwa, byitezweho kuganirirwamo ingingo zikomeje kugorana...

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere umwimukira yageze ku Mugabane w’u Burayi akoresheje umutaka ufasha abantu kuguruka mu kirere bunazwi ku basirikare, ibintu byagaragaye...

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
06/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabyutse...

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

by radiotv10
06/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi...

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

by radiotv10
06/10/2025
0

Nyuma y’amasaha macye hatangajwe abagize Guverinoma azayobora, Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa, Sebastien Lecornu wari washyizweho mu kwezi gushize, yeguye...

IZIHERUKA

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa
AMAHANGA

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

06/10/2025
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

06/10/2025
Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.