Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo gukurura amacakubiri, yafatiwe icyemezo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko rudafite ububasha bwo kumuburanisha, rwemeza ko urubana rwimurirwa mu rundi Rukiko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangaje iki cyemezo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2022 ubwo uregwa (Karasira Aimable) yongeraga kugezwa imbere y’Urukiko.

Uyu wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, aregwa ibyaha bishingiye ku biganiro yatambutsaga kuri YouTube byumvikanagamo amagambo aremereye.

Muri ibyo biganiro ni byo byavuyemo ibyaha akurikiranyweho birimo gukurura amacakubiri, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, guha ishingiro jenoside.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwavuze ko ibyaha bikekwa kuri Karasira, biri ku rwego rwambukiranya imipaka cyangwa ku rwego mpuzamahanga kuko ibyatangazwaga n’uregwa binashingiyeho ibyo aregwa, byumvwaga n’abari ahantu hatandukanye ku Isi.

Kuri iyi ngingo, Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko bwaregeye uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge bubona ari rwo rwagombaga kuregerwa ariko ko mu gihe rwasanga hari impamvu zatuma urubanza rwimurirwa mu rundi rukiko, rwabisuzuma rukabifataho icyemezo.

Uregwa (Aimable Karasira) we wakunze kuvuga ko atazaburana atabanje kuvuzwa uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe ndetse n’indwara y’igisukari (Diabetes), we noneho yavuze ko yiteguye kuburana, icyakora ko mu gihe Urukiko rwabibona ukundi ari rwo rufite ububasha bwo gufata icyemezo.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwafashe icyemezo cyo kwiyambura ububasha kuri uru rubanza, rutegeka ko rwimurirwa mu Rugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

Aimable Karasira yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi umwaka ushize wa 2021, akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku biganiro yatangaga kuri YouTube.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seventeen =

Previous Post

Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Next Post

Moses wambika abakomeye nyuma y’ifoto yarikoroje yafashe icyemezo kiremereye

Related Posts

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

IZIHERUKA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe
MU RWANDA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Moses wambika abakomeye nyuma y’ifoto yarikoroje yafashe icyemezo kiremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.