Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo gukurura amacakubiri, yafatiwe icyemezo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko rudafite ububasha bwo kumuburanisha, rwemeza ko urubana rwimurirwa mu rundi Rukiko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangaje iki cyemezo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2022 ubwo uregwa (Karasira Aimable) yongeraga kugezwa imbere y’Urukiko.

Uyu wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, aregwa ibyaha bishingiye ku biganiro yatambutsaga kuri YouTube byumvikanagamo amagambo aremereye.

Muri ibyo biganiro ni byo byavuyemo ibyaha akurikiranyweho birimo gukurura amacakubiri, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, guha ishingiro jenoside.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwavuze ko ibyaha bikekwa kuri Karasira, biri ku rwego rwambukiranya imipaka cyangwa ku rwego mpuzamahanga kuko ibyatangazwaga n’uregwa binashingiyeho ibyo aregwa, byumvwaga n’abari ahantu hatandukanye ku Isi.

Kuri iyi ngingo, Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko bwaregeye uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge bubona ari rwo rwagombaga kuregerwa ariko ko mu gihe rwasanga hari impamvu zatuma urubanza rwimurirwa mu rundi rukiko, rwabisuzuma rukabifataho icyemezo.

Uregwa (Aimable Karasira) we wakunze kuvuga ko atazaburana atabanje kuvuzwa uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe ndetse n’indwara y’igisukari (Diabetes), we noneho yavuze ko yiteguye kuburana, icyakora ko mu gihe Urukiko rwabibona ukundi ari rwo rufite ububasha bwo gufata icyemezo.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwafashe icyemezo cyo kwiyambura ububasha kuri uru rubanza, rutegeka ko rwimurirwa mu Rugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

Aimable Karasira yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi umwaka ushize wa 2021, akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku biganiro yatangaga kuri YouTube.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Next Post

Moses wambika abakomeye nyuma y’ifoto yarikoroje yafashe icyemezo kiremereye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

Moses wambika abakomeye nyuma y’ifoto yarikoroje yafashe icyemezo kiremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.