Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Frank Alain James Leboeuf wabaye myugariro ukomeye mu ikipe ya Chelsea FC, ikomeje gutsindwa umusubirizo, yasabye Frank Lampard uri kuyitoza by’agateganyo, gufata umwanzuro, agasezera.

Frank Alain James Leboeuf wakiniye Chelsea kuva mu 1996 kugeza muri 2001, yasabye Frank Lampard, gufata iki cyemezo, nyuma yuko iyi kipe yongeye gutsindwa na Brentford FC ibitego 2-0 byatumye Frank Lampard yuzuza imikino 5 atsindwa kuva yagaruka mu kazi ko gutoza iyi kipe y’i Londres.

Si ugutsindwa gusa imikino itandukanye, ahubwo iyi Chelsea FC muri iyo mikino, imaze gutsinda igitego 1 gusa, babonye ubwo bakinaga na Brighton & Hove Albion ubwo yabatsindaga ibitego 2-1 nabwo kuri iyo sitade yabo.

Frank Leboeuf yatangaje ko afite impungenge zikomeye ko iyi kipe yahoze akinira ishobora gusoza uyu mwaka w’imikino ntawundi mukino itsinze.

Ibi bishobora kuba byayitera ibibazo bikomeye kuko ubu Chelsea FC yicaye ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 39 ikaba irusha amanota 10 gusa ikipe ya 18 aho ariyo iba ibanziriza izimanuka mu kiciro cya 2.

Frank Lampard yagarutse muri Chelsea FC yari yaramwirukanye ikamusimbuza Thomas Tuchel nyuma y’uko yirukanye Graham Potter wayitozaga, mu gihe Chelsea ikiri mu biganiro bya nyuma n’umutoza Mauricio Pochettino ushobora gutangazwa nk’umutoza mushya w’iyi kipe mu cyumweru gitaha ariko akazatangira akazi mu mwaka utaha w’imikino.

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe

Next Post

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.