Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Frank Alain James Leboeuf wabaye myugariro ukomeye mu ikipe ya Chelsea FC, ikomeje gutsindwa umusubirizo, yasabye Frank Lampard uri kuyitoza by’agateganyo, gufata umwanzuro, agasezera.

Frank Alain James Leboeuf wakiniye Chelsea kuva mu 1996 kugeza muri 2001, yasabye Frank Lampard, gufata iki cyemezo, nyuma yuko iyi kipe yongeye gutsindwa na Brentford FC ibitego 2-0 byatumye Frank Lampard yuzuza imikino 5 atsindwa kuva yagaruka mu kazi ko gutoza iyi kipe y’i Londres.

Si ugutsindwa gusa imikino itandukanye, ahubwo iyi Chelsea FC muri iyo mikino, imaze gutsinda igitego 1 gusa, babonye ubwo bakinaga na Brighton & Hove Albion ubwo yabatsindaga ibitego 2-1 nabwo kuri iyo sitade yabo.

Frank Leboeuf yatangaje ko afite impungenge zikomeye ko iyi kipe yahoze akinira ishobora gusoza uyu mwaka w’imikino ntawundi mukino itsinze.

Ibi bishobora kuba byayitera ibibazo bikomeye kuko ubu Chelsea FC yicaye ku mwanya wa 11 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 39 ikaba irusha amanota 10 gusa ikipe ya 18 aho ariyo iba ibanziriza izimanuka mu kiciro cya 2.

Frank Lampard yagarutse muri Chelsea FC yari yaramwirukanye ikamusimbuza Thomas Tuchel nyuma y’uko yirukanye Graham Potter wayitozaga, mu gihe Chelsea ikiri mu biganiro bya nyuma n’umutoza Mauricio Pochettino ushobora gutangazwa nk’umutoza mushya w’iyi kipe mu cyumweru gitaha ariko akazatangira akazi mu mwaka utaha w’imikino.

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − one =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Uganda mu nama idasanzwe

Next Post

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.