Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakoze amakosa akomeye yatumye abafana ba Arsenal barara nabi byatangiye kumusibira amayira

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Uwakoze amakosa akomeye yatumye abafana ba Arsenal barara nabi byatangiye kumusibira amayira
Share on FacebookShare on Twitter

Umusifuzi Lee Mason, nyuma y’amakosa yakoze ku mukino Arsenal yanganyijemo na Brentford igitego 1-1, ntazagaragara kuri VAR (Video Assistant Referee) ku mikino y’umunsi wa 24 wa Shampiyona y’u Bwongereza Premier League iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.

Uyu musifuzi, wahoze asifura hagati mu kibuga, akaza gushyirwa kuri VAR, aherutse gukora amakosa akomeye cyane ubwo yemeraga igitego cya Brentford cyatsinzwe na Ivan Toney nyamara hari habayeho kurarira kwa Christian Norgaard wari utanze umupira.

Ikigo cy’abasifuzi cyitwa PGMOL (Professional Game Match Officials Limited), gishinzwe gusifura muri Shampiyona y’u Bwongereza, gihagarariwe n’uwahoze ari umusifuzi ukomeye kabuhariwe Howard Webb, cyatangaje ko uyu musifuzi Lee Mason ngo yibagiwe guca imirongo ndetse ntiyanakurikirana umukino ngo arebe aho igitego cyaturutse, ari byo bise ikosa ry’umuntu ku giti cye (human error).

Ibi byatumye kuri uyu wa Kabiri ubwo hatangazwaga abasifuzi bazasifura imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, Premier League, mu mpera z’iki cyumweru hatagaragaramo uyu Lee Mason mu bazaba bari kuri VAR.

Lee Mason, muri uyu mwaka w’imikino, si ubwa mbere akoze amakosa nk’aya kuko yanze igitego cya Newcastle United mu mukino yakiragamo Crystal Palace ku ya 03 Nzeri 2022.

Ibi kandi bije bikurikira Umusifuzi John Brooks, wambuwe inshingano zo gusifura ku mukino wa Merseyside derby Ikipe ya Liverpool yaraye itsinzemo Everton ibitego 2-0 kuri uyu wa Mbere, ndetse akurwa no ku mukino Arsenal iri bwakiremo Manchester City kuri uyu wa Gatatu cyane ko ari we wari uri kuri VAR ku mukino Crystal Palace yakiragamo Brighton akaza kwanga igitego cy’iyi Brighton cyabonetse mu gice cya mbere gitsinzwe n’Umunya Equateur Pervis Estupinan.

Ibi byatumye Umuyobozi w’Ikigo cy’abasifuzi cya PGMOL, Howard Webb, yihamagarira Arsenal na Brighton asaba imbabazi ku bw’amakosa ya VAR yagaragaye ku mikino y’aya makipe yombi.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimana Gideon says:
    3 years ago

    Collect decision

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Ifoto iteye ubwuzu ya Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’abuzukuru

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100
MU RWANDA

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.