Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakoze amakosa akomeye yatumye abafana ba Arsenal barara nabi byatangiye kumusibira amayira

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Uwakoze amakosa akomeye yatumye abafana ba Arsenal barara nabi byatangiye kumusibira amayira
Share on FacebookShare on Twitter

Umusifuzi Lee Mason, nyuma y’amakosa yakoze ku mukino Arsenal yanganyijemo na Brentford igitego 1-1, ntazagaragara kuri VAR (Video Assistant Referee) ku mikino y’umunsi wa 24 wa Shampiyona y’u Bwongereza Premier League iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.

Uyu musifuzi, wahoze asifura hagati mu kibuga, akaza gushyirwa kuri VAR, aherutse gukora amakosa akomeye cyane ubwo yemeraga igitego cya Brentford cyatsinzwe na Ivan Toney nyamara hari habayeho kurarira kwa Christian Norgaard wari utanze umupira.

Ikigo cy’abasifuzi cyitwa PGMOL (Professional Game Match Officials Limited), gishinzwe gusifura muri Shampiyona y’u Bwongereza, gihagarariwe n’uwahoze ari umusifuzi ukomeye kabuhariwe Howard Webb, cyatangaje ko uyu musifuzi Lee Mason ngo yibagiwe guca imirongo ndetse ntiyanakurikirana umukino ngo arebe aho igitego cyaturutse, ari byo bise ikosa ry’umuntu ku giti cye (human error).

Ibi byatumye kuri uyu wa Kabiri ubwo hatangazwaga abasifuzi bazasifura imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, Premier League, mu mpera z’iki cyumweru hatagaragaramo uyu Lee Mason mu bazaba bari kuri VAR.

Lee Mason, muri uyu mwaka w’imikino, si ubwa mbere akoze amakosa nk’aya kuko yanze igitego cya Newcastle United mu mukino yakiragamo Crystal Palace ku ya 03 Nzeri 2022.

Ibi kandi bije bikurikira Umusifuzi John Brooks, wambuwe inshingano zo gusifura ku mukino wa Merseyside derby Ikipe ya Liverpool yaraye itsinzemo Everton ibitego 2-0 kuri uyu wa Mbere, ndetse akurwa no ku mukino Arsenal iri bwakiremo Manchester City kuri uyu wa Gatatu cyane ko ari we wari uri kuri VAR ku mukino Crystal Palace yakiragamo Brighton akaza kwanga igitego cy’iyi Brighton cyabonetse mu gice cya mbere gitsinzwe n’Umunya Equateur Pervis Estupinan.

Ibi byatumye Umuyobozi w’Ikigo cy’abasifuzi cya PGMOL, Howard Webb, yihamagarira Arsenal na Brighton asaba imbabazi ku bw’amakosa ya VAR yagaragaye ku mikino y’aya makipe yombi.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimana Gideon says:
    3 years ago

    Collect decision

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Ifoto iteye ubwuzu ya Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’abuzukuru

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.