Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakoze amakosa akomeye yatumye abafana ba Arsenal barara nabi byatangiye kumusibira amayira

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Uwakoze amakosa akomeye yatumye abafana ba Arsenal barara nabi byatangiye kumusibira amayira
Share on FacebookShare on Twitter

Umusifuzi Lee Mason, nyuma y’amakosa yakoze ku mukino Arsenal yanganyijemo na Brentford igitego 1-1, ntazagaragara kuri VAR (Video Assistant Referee) ku mikino y’umunsi wa 24 wa Shampiyona y’u Bwongereza Premier League iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.

Uyu musifuzi, wahoze asifura hagati mu kibuga, akaza gushyirwa kuri VAR, aherutse gukora amakosa akomeye cyane ubwo yemeraga igitego cya Brentford cyatsinzwe na Ivan Toney nyamara hari habayeho kurarira kwa Christian Norgaard wari utanze umupira.

Ikigo cy’abasifuzi cyitwa PGMOL (Professional Game Match Officials Limited), gishinzwe gusifura muri Shampiyona y’u Bwongereza, gihagarariwe n’uwahoze ari umusifuzi ukomeye kabuhariwe Howard Webb, cyatangaje ko uyu musifuzi Lee Mason ngo yibagiwe guca imirongo ndetse ntiyanakurikirana umukino ngo arebe aho igitego cyaturutse, ari byo bise ikosa ry’umuntu ku giti cye (human error).

Ibi byatumye kuri uyu wa Kabiri ubwo hatangazwaga abasifuzi bazasifura imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, Premier League, mu mpera z’iki cyumweru hatagaragaramo uyu Lee Mason mu bazaba bari kuri VAR.

Lee Mason, muri uyu mwaka w’imikino, si ubwa mbere akoze amakosa nk’aya kuko yanze igitego cya Newcastle United mu mukino yakiragamo Crystal Palace ku ya 03 Nzeri 2022.

Ibi kandi bije bikurikira Umusifuzi John Brooks, wambuwe inshingano zo gusifura ku mukino wa Merseyside derby Ikipe ya Liverpool yaraye itsinzemo Everton ibitego 2-0 kuri uyu wa Mbere, ndetse akurwa no ku mukino Arsenal iri bwakiremo Manchester City kuri uyu wa Gatatu cyane ko ari we wari uri kuri VAR ku mukino Crystal Palace yakiragamo Brighton akaza kwanga igitego cy’iyi Brighton cyabonetse mu gice cya mbere gitsinzwe n’Umunya Equateur Pervis Estupinan.

Ibi byatumye Umuyobozi w’Ikigo cy’abasifuzi cya PGMOL, Howard Webb, yihamagarira Arsenal na Brighton asaba imbabazi ku bw’amakosa ya VAR yagaragaye ku mikino y’aya makipe yombi.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimana Gideon says:
    3 years ago

    Collect decision

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + ten =

Previous Post

Ifoto iteye ubwuzu ya Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’abuzukuru

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yaciye impaka bwa mbere yerekana umukobwa yimariyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.