Niyonizera Judithe wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba bakaza gutandukana, yagaragaje ko yishimiye kuba yakoze ubukwe n’umukunzi we mushya baherutse no kubyarana, agira ati “Iyo igutindije iragutegera.”
Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Judithe Niyonizera yagaragaje ko yakoze ubukwe n’umukunzi we King Dust baherutse no kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Mu butumwa buherekeje ifoto igaragaza Judithe Niyonizera na King Dust bakoze ubukwe, uyu wahoze ari umugore wa Safi Madiba, yagize ati “Iyo igutindije iragutegera.”
Amakuru avuga ko Niyonizera Judithe n’umukunzi we King Dust bakoze ubukwe mu ntangiro z’uku kwezi kwa Gicurasi 2025, aho babukoreye muri Canada basanzwe banatuye.
King Dust wakoranye ubukwe na Judithe Niyonizera, bari banazanye mu Rwanda muri Mata 2023 ubwo yari aje kumwereka umuryango we, ari na bwo Urukiko rwemezaga gatanya y’uyu mugore na Safi Madiba bari barasezeranye muri 2017.
Muri Nzeri uwo mwaka wa 2023, byameneykanye ko Niyonizera Judithe n’umukunzi we mushya, King Dust bibarutse imfura yabo y’umwana w’umukobwa.
Niyonizera Judithe uri mu byishimo byo kuba yarakoze ubukwe n’umukunzi we, yari yarasezeranye na Safi Madiba muri 2017, mu buryo butunguranye, ndetse icyo gihe hanabaye imihango ya Kinyarwanda yo gusaba no gukwa.
Safi Madiba wari warasezeranye na Niyonizera, banajyanye muri Canada muri Gashyantare 2020, ariko nyuma biza kuvugwa ko umubano wabo wajemo kidobya, ndetse nyuma baza kwisunga Inkiko kugira ngo zibahe gatanya mu buryo bwemewe n’amategeko.


RADIOTV10