Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

radiotv10by radiotv10
03/08/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Niyonkuru wakoreye ibitangazamakuru binyuranye mu Rwanda, ubu akaba ari umusifuzi ku Mugabane w’u Burayi, yashyize hanze Indirimbo ‘Atatenda’ imwinjije mu muziki byeruye.

Indirimbo ‘Atatenda’ yakoranye na Eric Reagan, ni iyo mu zaririmbiwe Imana, aho igamije kurema ibyiringiro mu mitima y’abababajwe n’ibihe bigoye barimo.

Eric Niyonkuru avuga abantu bakeneye amagambo y’ihumure kubera ibibazo biri mu Isi nk’ubushomeri, guhemukirwa, n’ibibazo by’imiryango byiyongera umunsi ku wundi.

Ati “Indirimbo Atatenda isobanuye ko Imana izakora, rero ni indirimbo irema icyizere, irema ibyiringiro ku bantu bari guca mu bibazo, abantu bakeneye ijambo ribahumuriza.”

Avuga ko iyi ndirimbo Atatenda ari indirimbo imwinjije mu muziki byeruye, kuko afite indirimbo nyinshi ateganya guha abakunzi ba muzika.

Ati “Iyi ndirimbo inyinjije mu muziki byeruye, kuko mfite agaseke kuzuye, nzakomeza nkore muzika mu minsi iri imbere.”

Uyu wahoze ari umunyamakuru, akaza no kwinjira mu gusifura, si mushya mu muziku, kuko yakuriye mu itorero aririmbana mu ishuri ryo ku Cyumweru. Muri 2010 kandi Eric yatangije itsinda ry’umuziki, aho yigaga mu mashuri yisumbuye.

Uretse kuba yinjiye muri muzika, Eric ari no gukurikirana amasomo y’ubudoromo muri Finland, anabifatanya n’umwuga wo gusifura, aho asifura mu makipe y’abatarengeje imyaka 20.

Abajijwe uburyo afatanya ibi byose, Eric yagize ati “Kubifatanya ntabwo biba byoroshye, ariko Imana iramfasha dore ko utera intambwe imwe igatera 99 igufasha, ikituvuna abahanzi bari i Burayi ni ugusakaza ibihangano byacu.”

Eric Niyonkuru yahoze ari n’umunyamakuru mu Rwanda, aho yakoreye ibitangazamakuru binyuranye mu Rwanda birimo iyahoze ari Royal TV, n’ibinyamakuru byandika kuri murandasi nka Inyarwanda, na Igihe.

Eric Niyonkuru ubu asigaye aba ku Mugabane w’u Burayi

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 2 =

Previous Post

Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

Next Post

Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Related Posts

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Ibidasanzwe muri Congo: Uko byagenze ngo abarimo Abasirikare bakuru bajye gutura mu irimbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.