Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in IMYIDAGADURO
0
Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane
Share on FacebookShare on Twitter

Akayezu Odette uherutse kuvugwa mu makuru yagarutsweho cyane mu Rwanda kubera umugabo basezeranye [mu idini] wamusanganye n’undi mugabo, yavuze ko uyu mugabo basezeranye yamubeshye ibintu byinshi ku buryo yaje kumenya ko afite abagore bane ndetse ngo afite n’abuzukuru.

Mu nkuru yatambutse kuri BTN TV ikagarukwaho cyane, igarukamo umugabo witwa Michel Muhima [bakunda kwita Mike] wavugaga ko yari yaragiye mu kazi aho agarukiye agasanga iwe hari undi mugabo ndetse aryamanye n’umugore baherutse gukora ubukwe.

Muri iyi nkuru, umugore wa Michel witwa Akayezu Odette agera aho avuga ko ubukwe bwabo abufata nk’ibirori by’isabukuru kuko umugabo we yari yarabiteguye ashaka kumutekaho imitwe.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Isimbi, Akayezu Odette avuga ko yamenyanye na Michel muri Mata uyu mwaka ubwo bahuriraga ku mudozi w’imyenda akamutuma kuri uwo mudozi ko yamukunze kandi yifuza ko bakundana.

Uyu Akayezu Odette avuga ko urukundo rwabo rwaje gukomera uyu Michel akamwemerera ko yatandukanye n’umugore yari yashatse bwa mbere ariko aza kumenya amakuru ko afite abandi bagore babyaranye.

Ati “Abo bandi babiri naje kubamenya nyuma twarabanye. Mike afite abagore batatu n’abana batanu [abo yemera]”

Akayezu Odette avuga ko amakuru y’abagore bandi ba Mike yayamenye baramaze gusezerana, akabimubazaho undi akamubwira ko hari undi mugore umwe babanye ariko akaza kumwiba.

Akayezu Odette ubara inkuru ye akanyuzamo akarira amarira agashoka, avuga ko uyu Mike yamubeshye ibintu byinshi akaza kubitahura nyuma, avuga ko amafaranga yose yari afite kuri konti yagiye akayabikuza kugira ngo bategure ubukwe ndetse banatunganye mu rugo kugira ngo bahakorere ubukwe hasa neza.

Ngo bamaze gusezerana mu idini, Mike yakoemeje kotsa igitutu umugore amusaba kugurisha aho batuye ubundi bakajya kugura ahandi ariko undi amubera ibamba.

Ngo ibi byazamuye umwuka mubi barabipfa ari na byo byabaye itangiriro yo kujya avugana n’umugabo yabasanganye baryamanye.

 

Ibyo kuryamana ntabyabaye

Ngo mu minsi ishize Mike yongeye gusaba Odette ngo batange ingwate y’iriya nzu ngo ubundi bafate inguzanyo muri Banki.

Uyu mugore avuga ko Mike yahise amwihenuraho akamubwira ko yigiriye muri Congo, ati “Nkavuga nti ‘ese Mana aya mafaranga se nge kuyasinyira?’ umutima ukandya rimwe na rimwe nkabimwemerera ubundi nkumva ubwoba buranyishe.”

Muri icyo gihe ni bwo Mike yafashe umwanzuro wo kuva mu rugo ariko aza kumuhamagara amubwira ko agiye kugaruka i Kigali aho aziye yongera kumubwira ko agomba kumuha imitungo akaba ari we uyicunga nanone bongera kutabihurizaho.

Akayezu avuga ko Mike yakomeje kumucyurira, bituma umujinya umuzamukana “mpita mubwira nti ‘umaze iminsi uncyurira inzu noneho nanjye ngiye kukwereka ko ari iwanjye, n’ubundi umaze iminsi umbwira ko ngomba kubaho ubuzima bwanjye nawe ukabaho ubwawe…’mfata telephone mpamagara…[izina ry’umugabo wagaragaye ko baryamanye] ndamutekerereje stress mazemo iminsi.”

Avuga ko muri iryo joro nka saa cyenda n’igice ari bwo yasabye uwo mugabo ko yaza bakaganira kubera agahinda yari afite, yangiriye impuhwe angeraho nka saa kumi n’igice.

Ngo bucyeye ni bwo Mike yaje agasanga uwo mugabo agihari “ndamubwira nti ‘urapfuye, iruka jya muri kiriya cyumba ufunge atakwica’ ubwo yahise ahaguruka ajya mu cyumba arafunga.”

Akayezu avuga ko atigeze aryamana n’umugabo byagaragaye mu nkuru ko bari baryamanye.

Akayezu Odette avuga ko umugabo wagaragaye mu mashusho asohoka mu cyumba cy’uburiri, yari asanzwe amugira inama kubera ibyo bibazo byose yari arimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Next Post

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.