Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwayoboye America wita uwo bahanganye ‘Umunyabitotsi’ yagaragaye mu rukiko agatotsi kamwibye

radiotv10by radiotv10
16/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Uwayoboye America wita uwo bahanganye ‘Umunyabitotsi’ yagaragaye mu rukiko agatotsi kamwibye
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, akaba anabaye uwa mbere wategetse iki Gihugu uburanishijwe ku kirego nshinjwabyaha, ashinjwamo ibifitanye isano no guha arenga Miliyoni 160 Frw umukinnyi wa Filimi z’urukozasoni ngo azamubikire ibanga, bwa mbere aburana iki kirego, yagaragaye agatotsi kamwibye.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Mbere, mu rukiko rw’i New York, aho Trump aregwamo kutubahiriza amasezerano yabaye mbere y’amatora ya 2016, aho yemereye ibihumbi 130$ (arenga Miliyoni 160 Frw) Stormy Daniels ukina filimi z’urukozasoni.

Trump uvugwaho kwemeza ko uyu mugore yishyurwa ayo mafaranga kugira ngo azamuhishire ibanga kuri gahunda bagiranye, bityo ntibizagire ingaruka ku byavuye mu matora, yahakanye icyaha ndetse avuga ko atagiranye umubano n’uyu Daniels.

Ikinyamakuru The New York Times, cyatangaje ko Trump kuri uyu wa Mbere yamaze amasaha mu rukiko yasinziriye, nyuma aza gukanguka, akaza kugaruka afite imbaduko nyuma yo gufata ifunguro rya ku manywa anaganira n’abanyamategeko be.

Trump w’imyaka 77 y’amavuko akunze guseka cyane Perezida Joe Biden wamusimbuye, akunze kwita ‘Sleepy Joe’ [Umunyabitotsi Joe], nubwo yagaragaye na we agatotsi kamwibye ku munsi wa mbere aburana iki kirego, agomba kujya yitaba Urukiko mu minsi ine.

Nanone kandi uru rubanza biteganyijwe ko rushobora kuzamara ibyumweru bitandatu, runateganyijwemo kuzumvwamo abatangabuhamya bashinja Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − six =

Previous Post

Nyabihu: Uko Polisi yatahuye magendu yafatiwe mu ikamyo nyuma y’uko abari bayirimo birutse

Next Post

Ibikorwa byo gusura Igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda byabaye bihagaritswe

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikorwa byo gusura Igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda byabaye bihagaritswe

Ibikorwa byo gusura Igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda byabaye bihagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.