• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwayoboye America wita uwo bahanganye ‘Umunyabitotsi’ yagaragaye mu rukiko agatotsi kamwibye

radiotv10by radiotv10
16/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Uwayoboye America wita uwo bahanganye ‘Umunyabitotsi’ yagaragaye mu rukiko agatotsi kamwibye
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, akaba anabaye uwa mbere wategetse iki Gihugu uburanishijwe ku kirego nshinjwabyaha, ashinjwamo ibifitanye isano no guha arenga Miliyoni 160 Frw umukinnyi wa Filimi z’urukozasoni ngo azamubikire ibanga, bwa mbere aburana iki kirego, yagaragaye agatotsi kamwibye.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Mbere, mu rukiko rw’i New York, aho Trump aregwamo kutubahiriza amasezerano yabaye mbere y’amatora ya 2016, aho yemereye ibihumbi 130$ (arenga Miliyoni 160 Frw) Stormy Daniels ukina filimi z’urukozasoni.

Trump uvugwaho kwemeza ko uyu mugore yishyurwa ayo mafaranga kugira ngo azamuhishire ibanga kuri gahunda bagiranye, bityo ntibizagire ingaruka ku byavuye mu matora, yahakanye icyaha ndetse avuga ko atagiranye umubano n’uyu Daniels.

Ikinyamakuru The New York Times, cyatangaje ko Trump kuri uyu wa Mbere yamaze amasaha mu rukiko yasinziriye, nyuma aza gukanguka, akaza kugaruka afite imbaduko nyuma yo gufata ifunguro rya ku manywa anaganira n’abanyamategeko be.

Trump w’imyaka 77 y’amavuko akunze guseka cyane Perezida Joe Biden wamusimbuye, akunze kwita ‘Sleepy Joe’ [Umunyabitotsi Joe], nubwo yagaragaye na we agatotsi kamwibye ku munsi wa mbere aburana iki kirego, agomba kujya yitaba Urukiko mu minsi ine.

Nanone kandi uru rubanza biteganyijwe ko rushobora kuzamara ibyumweru bitandatu, runateganyijwemo kuzumvwamo abatangabuhamya bashinja Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Nyabihu: Uko Polisi yatahuye magendu yafatiwe mu ikamyo nyuma y’uko abari bayirimo birutse

Next Post

Ibikorwa byo gusura Igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda byabaye bihagaritswe

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Ibikorwa byo gusura Igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda byabaye bihagaritswe

Ibikorwa byo gusura Igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda byabaye bihagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.