Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo

radiotv10by radiotv10
15/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Phiona Nyamutoro, umwe mu bagize Guverinoma ya Uganda, akaba n’umukunzi wa Eddy Kenzo, yahishuye uko we n’uyu muhanzi bisanze mu rukundo, n’amayeri yakoresheje, akabanza kumusaba kubonana kugira ngo amugaragarize umushinga afite, agahita amusaba ko bazabana.

Phiona Nyamutoro asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Uganda ushinzwe Ingufu n’iterambere ry’Ubucukuzi bw’amabuye y’Agaciro, inshingano yahawe muri Werurwe umwaka ushize wa 2024.

Mbere yaho, Phiona Nyamutoro yari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, aho yari Umudepite uhagarariye Urubyiruko.

Ubwo yajyaga kurahirira inshingano zo kwinjira muri Guverinoma ya Uganda, Phiona Nyamutoro yaherekejwe na Eddy Kenzo, ibintu byashimangiye amakuru yari amaze igihe avugwa ko bari mu rukundo, ndetse nyuma buri umwe yaje kwerekana undi mu muryango we, banakora imihango gakondo, ndetse ubu bakaba babana.

Mu kiganiro Phiona Nyamutoro yagiranye na Radio yo muri Uganda yitwa Next Radio, yavuze ko iby’urukundo rwe na Eddy byihuse. Ati “Ntabwo nzi ukuntu yamenye, n’uburyo yabigenje.”

Yavuze ko Eddy Kenzo ari we wamusabye ko bahura, ubwo yamubwira ko ashaka ko baganira ku mishinga ibyara inyungu. Ati “Yavugaga ko afite umushinga. Niyumvishaga ko ari umushinga ubyara inyungu.”

Uyu munyapolitiki icyo gihe wari ukiri Umudepite, avuga ko yumvaga ari umushinga azageza kuri bagenzi be mu Nteko Ishinga Amategeko, agatangira na we gukora ubushakashatsi ngo amenye uwo mushinga n’ibiwerecyeyeho kugira ngo ajye guhura na Eddy Kenzo afite ibyo azi ku buhanzi.

Avuga ko icyo gihe aho bahuriye, Eddy Kenzo yahise amubwira ko umushinga afite ari uwo abona ko wamuhesha umugisha. Ati “Yaravuze ati ‘ndashaka kugerageza amahirwe kuko hari icyo nshaka kuvuga’ ndangije ndamubwira nti ‘ngaho kivuge nyine, ufite ikihe gitekerezo?’, ahita ambwira ngo ‘ndashaka ko dushyingiranwa’.”

Uyu munyapolitiki avuga ko na we yatunguwe, ariko ko nyuma bakomeje kujya baganira bakisanga binjiye mu rugendo rw’urukundo.

Phiona na Eddy Kenzo bamaze kwerekanwa mu miryango ya bombi

Eddy Kenzo yari yaherekeje Minisitiri mushya mu irahira rye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fifteen =

Previous Post

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Next Post

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.