Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo

radiotv10by radiotv10
15/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Phiona Nyamutoro, umwe mu bagize Guverinoma ya Uganda, akaba n’umukunzi wa Eddy Kenzo, yahishuye uko we n’uyu muhanzi bisanze mu rukundo, n’amayeri yakoresheje, akabanza kumusaba kubonana kugira ngo amugaragarize umushinga afite, agahita amusaba ko bazabana.

Phiona Nyamutoro asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Uganda ushinzwe Ingufu n’iterambere ry’Ubucukuzi bw’amabuye y’Agaciro, inshingano yahawe muri Werurwe umwaka ushize wa 2024.

Mbere yaho, Phiona Nyamutoro yari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, aho yari Umudepite uhagarariye Urubyiruko.

Ubwo yajyaga kurahirira inshingano zo kwinjira muri Guverinoma ya Uganda, Phiona Nyamutoro yaherekejwe na Eddy Kenzo, ibintu byashimangiye amakuru yari amaze igihe avugwa ko bari mu rukundo, ndetse nyuma buri umwe yaje kwerekana undi mu muryango we, banakora imihango gakondo, ndetse ubu bakaba babana.

Mu kiganiro Phiona Nyamutoro yagiranye na Radio yo muri Uganda yitwa Next Radio, yavuze ko iby’urukundo rwe na Eddy byihuse. Ati “Ntabwo nzi ukuntu yamenye, n’uburyo yabigenje.”

Yavuze ko Eddy Kenzo ari we wamusabye ko bahura, ubwo yamubwira ko ashaka ko baganira ku mishinga ibyara inyungu. Ati “Yavugaga ko afite umushinga. Niyumvishaga ko ari umushinga ubyara inyungu.”

Uyu munyapolitiki icyo gihe wari ukiri Umudepite, avuga ko yumvaga ari umushinga azageza kuri bagenzi be mu Nteko Ishinga Amategeko, agatangira na we gukora ubushakashatsi ngo amenye uwo mushinga n’ibiwerecyeyeho kugira ngo ajye guhura na Eddy Kenzo afite ibyo azi ku buhanzi.

Avuga ko icyo gihe aho bahuriye, Eddy Kenzo yahise amubwira ko umushinga afite ari uwo abona ko wamuhesha umugisha. Ati “Yaravuze ati ‘ndashaka kugerageza amahirwe kuko hari icyo nshaka kuvuga’ ndangije ndamubwira nti ‘ngaho kivuge nyine, ufite ikihe gitekerezo?’, ahita ambwira ngo ‘ndashaka ko dushyingiranwa’.”

Uyu munyapolitiki avuga ko na we yatunguwe, ariko ko nyuma bakomeje kujya baganira bakisanga binjiye mu rugendo rw’urukundo.

Phiona na Eddy Kenzo bamaze kwerekanwa mu miryango ya bombi

Eddy Kenzo yari yaherekeje Minisitiri mushya mu irahira rye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Next Post

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.