Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo

radiotv10by radiotv10
15/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Phiona Nyamutoro, umwe mu bagize Guverinoma ya Uganda, akaba n’umukunzi wa Eddy Kenzo, yahishuye uko we n’uyu muhanzi bisanze mu rukundo, n’amayeri yakoresheje, akabanza kumusaba kubonana kugira ngo amugaragarize umushinga afite, agahita amusaba ko bazabana.

Phiona Nyamutoro asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Uganda ushinzwe Ingufu n’iterambere ry’Ubucukuzi bw’amabuye y’Agaciro, inshingano yahawe muri Werurwe umwaka ushize wa 2024.

Mbere yaho, Phiona Nyamutoro yari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, aho yari Umudepite uhagarariye Urubyiruko.

Ubwo yajyaga kurahirira inshingano zo kwinjira muri Guverinoma ya Uganda, Phiona Nyamutoro yaherekejwe na Eddy Kenzo, ibintu byashimangiye amakuru yari amaze igihe avugwa ko bari mu rukundo, ndetse nyuma buri umwe yaje kwerekana undi mu muryango we, banakora imihango gakondo, ndetse ubu bakaba babana.

Mu kiganiro Phiona Nyamutoro yagiranye na Radio yo muri Uganda yitwa Next Radio, yavuze ko iby’urukundo rwe na Eddy byihuse. Ati “Ntabwo nzi ukuntu yamenye, n’uburyo yabigenje.”

Yavuze ko Eddy Kenzo ari we wamusabye ko bahura, ubwo yamubwira ko ashaka ko baganira ku mishinga ibyara inyungu. Ati “Yavugaga ko afite umushinga. Niyumvishaga ko ari umushinga ubyara inyungu.”

Uyu munyapolitiki icyo gihe wari ukiri Umudepite, avuga ko yumvaga ari umushinga azageza kuri bagenzi be mu Nteko Ishinga Amategeko, agatangira na we gukora ubushakashatsi ngo amenye uwo mushinga n’ibiwerecyeyeho kugira ngo ajye guhura na Eddy Kenzo afite ibyo azi ku buhanzi.

Avuga ko icyo gihe aho bahuriye, Eddy Kenzo yahise amubwira ko umushinga afite ari uwo abona ko wamuhesha umugisha. Ati “Yaravuze ati ‘ndashaka kugerageza amahirwe kuko hari icyo nshaka kuvuga’ ndangije ndamubwira nti ‘ngaho kivuge nyine, ufite ikihe gitekerezo?’, ahita ambwira ngo ‘ndashaka ko dushyingiranwa’.”

Uyu munyapolitiki avuga ko na we yatunguwe, ariko ko nyuma bakomeje kujya baganira bakisanga binjiye mu rugendo rw’urukundo.

Phiona na Eddy Kenzo bamaze kwerekanwa mu miryango ya bombi

Eddy Kenzo yari yaherekeje Minisitiri mushya mu irahira rye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Next Post

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Related Posts

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

IZIHERUKA

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho
AMAHANGA

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.