Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Ikipe ya Polisi y’u Rwanda nyuma gutera mpaga y’Abajepe muri Congo yanyagiye indi

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in SIPORO
0
Volleyball: Ikipe ya Polisi y’u Rwanda nyuma gutera mpaga y’Abajepe muri Congo yanyagiye indi
Share on FacebookShare on Twitter

Police VC iri mu makipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika rya ‘African volleyball Clubs Championship’, yanyagiye amaseti 3-0 ikipe ya UZ Wolves VC yo muri Zimbabwe, biyihesha instinzi ya kabiri nyuma yo gutera mpaga Volleyball Club Garde Republicaine yo muri DRC.

Ikipe ya Police VC, muri iri rushanwa rya’African volleyball Clubs Championship’, ku wa Mbere yagombaga guhura na Volleyball Club Garde Republicaine isanzwe ari iy’umutwe w’Igisirikare urinda abayobozi bakuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ntiyitabira uyu mukino.

Nyuma y’uko iyi kipe ihagarariye u Rwanda, ibonye intsinzi iteye mpaga iyi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wagombaga kuba ku wa Mbere tariki 15 Mata 2024, kuri uyu wa Kabiri yatsinze amaseti 3-0 ikipe ya Wolves VC ya Kaminuza ya Zimbabwe.

Ikipe ya Police VC yinjiye neza mu mukino nubwo iseti ya mbere yabashije kuyitsinda bigoranye kuko yarangiye ku manota 26 kuri 24 ya UZ Wolves VC.

Amaseti abiri yakurikiyeho Police VC yagaragaje ko irusha ikipe bahanganye kuko iseti ya kabiri yarangiye itsinze UZ Wolves VC ku manota 25-22, iza kwegukana n’iya gatatu ku manota 25-14, bituma yegukana intsinzi ku maseti 3-0.

Umutoza w’ikipe ya Police VC, Musoni Fred, yavuze ko icyamufashije kwegukana intsinzi ku mukino w’uyu munsi, ari uko yagerageje gukora impinduka mu bakinnyi yari yakinishije mu mukino wa mbere batsinzwemo na Kenya Ports Authority.

Yagize ati “Uyu mukino ntiwari woroshye nubwo tubashije kwegukana intsinzi. Twagerageje gukoresha amayeri yose kugira ngo dutsinde umukino arimo kongera imbaraga mu ikipe no gukosora amakosa yatumye dutsindwa umukino wa mbere kandi hari icyizere cy’uko tuzakomeza kwitwara neza no mu mikino yose isigaye.”

Muri iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 45, rihuza amakipe yitwaye neza mu Bihugu bya Afurika, ryitabiriwe n’agera kuri 21 agabanyije mu matsinda 7, u Rwanda rukaba ruhagarariwe n’amakipe abiri ari yo; Police VC na Gisagara VC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Ubu mba mfunze- King James bwa mbere asobanuye iby’ubuhemu ashinjwa n’icyamufashije ubwo yitabaga RIB

Next Post

Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.