Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Yaba ikeneye kugarura Adil?-Isesengura rya Kazungu kuri APR yatangiranye umusaruro urura

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Yaba ikeneye kugarura Adil?-Isesengura rya Kazungu kuri APR yatangiranye umusaruro urura
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC yariyubatse igura abakinnyi barindwi (7) bashya b’abanyamahanga, izana abatoza bane bashya, igarura Team Manager, ariko kugeza ubu umusaruro urimo kubura, ahanini kubera Umutoza Mukuru kuko iyo ikipe itabona umusaruro, bibazwa Umutoza Mukuru, kuko aba abafite abakinnyi bose agakinisha abo abona ko bamuha umusaruro ariko iyo awubuze bimuviramo gutandukana n’ikipe.

Nyuma yo kunganya n’ikipe yo muri Somalia, Gaadiidka FC kandi APR FC yabanjwe gutsindwa igitego mu gice cya mbere cy’umukino, ariko ikaza kwishyura mu gice cya kabiri cy’umukino byarangiye ari 1-1 mu mukino ubanza APR FC yari yakiriye.

Mbere yo gukina umukino wo kwishyura, abafana ba APR FC bananiwe kwihangana barasakuza kuri Kigali Pele Stadium, bararirimba bati “umutoza ni umu-Rayon”, nyuma bati “turashaka Adil.”

Ku Isi hose ni ko bigenda iyo abafana bitishimye barabyerekana, urugero i Burayi bazana ibyapa kuri Sitade byanditseho amagambo yo kwirukana umutoza cyangwa yo gukuraho ubuyobozi bw’ikipe runaka.

Ariko ubanza abafana ba APR FC bari bibagiwe ko umutoza Adil nta burambe afite mu gutoza, cyane cyane mu mikino mpuzamahanga kuko ikipe ya APR FC ni yo kipe nkuru ikomeye yatoje bwa mbere mu mateka ye.

Ni yo mpamvu APR FC yananiwe gukuramo ikipe ya Gor Mahia FC yaje mu Rwanda itarakoze imyitozo muri Kenya, kuko abakinnyi bari baranze kuyikora kuko bishyuzaga imishahara yabo!

Gor Mahia yari ikennye cyane ku buryo abakinnyi bakomeye bari baragiye isigaranye abakinnyi bo mu Gihugu n’abanyamahanga babiri na bo basanzwe barimo Jules Ulimwengu wanyuze muri Rayon n’undi wakomokaga muri Sudan y’Epfo.

Umutoza Adil yakuyemo Mogadishu City na yo ya Somalia bigoranye, umukino ubanza wari 0-0 wabereye mu Gihugu cya Djibouti umukino wo kwishyura APR FC yatsinze 2-1, iyo ikipe zinganya 2-2 ikipe ya APR FC yari kuvamo.

Niba ari kugorwa n’ikipe za Somalia byahereye kuri Adil kuko impamvu si uko yakinishaga abakinnyi b’Abanyarwanda gusa kuko umupira w’u Rwanda uri hejuru cyane ugereranyije n’umupira wa Somalia.

Niba abafana ba APR FC bashaka umutoza mushya nibashake umutoza ufite amateka wagejeje ikipe runaka mu matsinda ariko si Adil Mohamed Errad ntacyo APR FC yaba ikoze byaba bimeze nko kuzenguruka ahantu hamwe.

APR y’abanyamahanga

KAZUNGU Claver
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 6 =

Previous Post

Igipolisi cy’Igihugu cyo muri EAC cyagiye gutanga umusanzu mu cyo ku Mugabane wa America kitwaje ibifaru

Next Post

DRCongo: Habaye isanganya ridasanzwe mu nkambi y’abakuwe mu byabo n’ibiza

Related Posts

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Habaye isanganya ridasanzwe mu nkambi y’abakuwe mu byabo n’ibiza

DRCongo: Habaye isanganya ridasanzwe mu nkambi y’abakuwe mu byabo n’ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.