Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Yaba ikeneye kugarura Adil?-Isesengura rya Kazungu kuri APR yatangiranye umusaruro urura

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Yaba ikeneye kugarura Adil?-Isesengura rya Kazungu kuri APR yatangiranye umusaruro urura
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC yariyubatse igura abakinnyi barindwi (7) bashya b’abanyamahanga, izana abatoza bane bashya, igarura Team Manager, ariko kugeza ubu umusaruro urimo kubura, ahanini kubera Umutoza Mukuru kuko iyo ikipe itabona umusaruro, bibazwa Umutoza Mukuru, kuko aba abafite abakinnyi bose agakinisha abo abona ko bamuha umusaruro ariko iyo awubuze bimuviramo gutandukana n’ikipe.

Nyuma yo kunganya n’ikipe yo muri Somalia, Gaadiidka FC kandi APR FC yabanjwe gutsindwa igitego mu gice cya mbere cy’umukino, ariko ikaza kwishyura mu gice cya kabiri cy’umukino byarangiye ari 1-1 mu mukino ubanza APR FC yari yakiriye.

Mbere yo gukina umukino wo kwishyura, abafana ba APR FC bananiwe kwihangana barasakuza kuri Kigali Pele Stadium, bararirimba bati “umutoza ni umu-Rayon”, nyuma bati “turashaka Adil.”

Ku Isi hose ni ko bigenda iyo abafana bitishimye barabyerekana, urugero i Burayi bazana ibyapa kuri Sitade byanditseho amagambo yo kwirukana umutoza cyangwa yo gukuraho ubuyobozi bw’ikipe runaka.

Ariko ubanza abafana ba APR FC bari bibagiwe ko umutoza Adil nta burambe afite mu gutoza, cyane cyane mu mikino mpuzamahanga kuko ikipe ya APR FC ni yo kipe nkuru ikomeye yatoje bwa mbere mu mateka ye.

Ni yo mpamvu APR FC yananiwe gukuramo ikipe ya Gor Mahia FC yaje mu Rwanda itarakoze imyitozo muri Kenya, kuko abakinnyi bari baranze kuyikora kuko bishyuzaga imishahara yabo!

Gor Mahia yari ikennye cyane ku buryo abakinnyi bakomeye bari baragiye isigaranye abakinnyi bo mu Gihugu n’abanyamahanga babiri na bo basanzwe barimo Jules Ulimwengu wanyuze muri Rayon n’undi wakomokaga muri Sudan y’Epfo.

Umutoza Adil yakuyemo Mogadishu City na yo ya Somalia bigoranye, umukino ubanza wari 0-0 wabereye mu Gihugu cya Djibouti umukino wo kwishyura APR FC yatsinze 2-1, iyo ikipe zinganya 2-2 ikipe ya APR FC yari kuvamo.

Niba ari kugorwa n’ikipe za Somalia byahereye kuri Adil kuko impamvu si uko yakinishaga abakinnyi b’Abanyarwanda gusa kuko umupira w’u Rwanda uri hejuru cyane ugereranyije n’umupira wa Somalia.

Niba abafana ba APR FC bashaka umutoza mushya nibashake umutoza ufite amateka wagejeje ikipe runaka mu matsinda ariko si Adil Mohamed Errad ntacyo APR FC yaba ikoze byaba bimeze nko kuzenguruka ahantu hamwe.

APR y’abanyamahanga

KAZUNGU Claver
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Igipolisi cy’Igihugu cyo muri EAC cyagiye gutanga umusanzu mu cyo ku Mugabane wa America kitwaje ibifaru

Next Post

DRCongo: Habaye isanganya ridasanzwe mu nkambi y’abakuwe mu byabo n’ibiza

Related Posts

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Habaye isanganya ridasanzwe mu nkambi y’abakuwe mu byabo n’ibiza

DRCongo: Habaye isanganya ridasanzwe mu nkambi y’abakuwe mu byabo n’ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.