Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Yves Mutabazi wigeze kuburira i Dubai yemeje ko afite ibibazo byo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in SIPORO
0
Yves Mutabazi wigeze kuburira i Dubai yemeje ko afite ibibazo byo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umunyarwanda wa Volleyball, Yves Mutabazi wigeze kuburirwa irengero i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yemeje ko yari afite ibibazo byo mu mutwe ndetse ko n’ubu akibifite ariko ko hari abari kumwitaho.

Mu mpera za Mutarama 2022, havuzwe inkuru y’ibura rya Yves Mutabazi usanzwe akinira umukino wa Volleyball i Dubai, byanatumye inzego zo muri iki Gihugu zifatanyije na Ambasade y’u Rwanda gushakisha uyu musore.

Tariki 24 Mutarama 2022, Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yatangaje ko Yves Mutabazi yabonetse.

Yves Mutabazi usanzwe ari n’umwe mu bakinnyi bakomeye mu ikipe y’Igihugu ya Volleyball, yanditse ubutumwa burebure kuri Instagram ye agaruka ku bibazo bye.

Yavuze ko yumvise ko abantu bavuze ko arwaye kandi ko ari byo ko arwaye ndetse ko n’ubu akirwaye aho afite ibibazo byo mu mutwe (PTSD/ Post-Traumatic Stress Disorder).

Ati “Yego ni byo nari ndwaye kandi nabonye umuganga mwiza wabigize umwuga unyitaho kugira ngo ngaruke mu buzima busanzwe.

Akomeza avuga ko ahora yifuza kuzafasha ikipe y’Igihugu kujya mu gikombe cy’Isi ndetse akaba anifuza kubera urugero umuryango we.

  • Inzego zahagurukiye gushakisha Yves Mutabazi waburiwe irengero muri Leta z’Abarabu
  • Yves Mutabazi wari waburiwe irengero yabonetse

Yves Mutabazi ugaruka ku bo mu muryango we yitaho mu buzima bwa buri munsi, yavuze ko mu buzima bwe bwa buri munsi yakunze guhura n’ibisitaza ariko ko yanze guheranwa na byo.

Akomeza avuga ko atazi aho ikibazo kiri ariko ko yizeye ko igihe kimwe azagera aho na we yishimira amabyiruka ye, ati “Kandi ndabona ibimenyetso n’icyizere.”

Agakomeza agira ati “Ubu ntibimeze neza ariko siko bizahora ni rimwe mu masomo y’ubuzima bwanjye ariko si ryo herezo.”

Yasoje ubutumwa asaba imbabazi ndetse anashimira buri wese wamufashije muri biriya bibazo by’umwihariko Amasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + ten =

Previous Post

Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Next Post

Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano

Related Posts

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano

Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.