Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

radiotv10by radiotv10
03/10/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya ZACU Entertainment ikora ibijyanye na sinema, yinjiye mu mikoranire na Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, izatuma abagenda mu ndege zayo bagenda bareba filimi Nyarwanda, ihita inamurika ku mugaragaro filimi nshya zirimo izizatambuka kuri shene ya ZACU TV umwaka utaha.

Aya masezerano y’ubufatanye y’imyaka itatu hagati ya ZACU Entertainment na RwandAir, yatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nzeri 2025, ategerejweho kuzakomeza kumenyekanisha u Rwanda binyuze muri filimi Nyarwanda zizajya zirebwa n’abakora ingendo n’indege z’iyi Sosiyete.

Nelly Wilson Misago uyobora ZACU Entertainment, avuga kandi ko aya masezerano azagira uruhare mu iterambere rya sinema Nyarwanda, kuko azazamurira ubushobozi abasanzwe bakora filimi.

Avuga ko mu mbogamizi zikomereye abakora filimi mu Rwanda, ari ukubona uburyo buhagije bwo gukwirakwiza ibyo bakora, ariko ko hamwe n’iyi mikoranire na RwandAir, bizatuma benshi bamenya ibihangano byabo.

Yagize ati “Iyo umuntu akoze filimi igahera muri TV, muri Sinema, ikajya mu ndege, ikajya mu mashuri, usibye kuba yamenyekanisha abakinnyi, ariko ni na ho producer ashobora kubona amafaranga. Rero iyo abonye amafaranga atunganya izindi filimi, icyo gihe agaha akazi abakinnyi, cyangwa se akanabongenza.”

Mbabazi Fiona ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri RwandAir, avuga ko aya masezerano azatuma abakinnyi ba filimi Nyarwanda bamenyekana ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Izongera Exposure (kumenyekanisha) kandi abantu bazicara muri RwandAir barebe amahitamo yabo kuri filimi Nyarwanda. Ndakeka ari imikoranire y’ingenzi kuko izamenyekanisha abakinnyi ba filimi bacu, bazamenyekana hanze, bizatangira buhoro, ariko bikure.”

Fiona avuga kandi ko ibi bizanatuma abanyamahanga basura u Rwanda banamenya ibice byiza bashobora gusura, kuko bazaba babibonye muri filimi Nyarwanda.

Fiona Mbabazi yavuze ko bizafasha abakinnyi ba filimi bamenyekana

Sinema Nyarwanda igiye kunguka izindi filimi

ZACU Entertainment kandi yamuritse filimi nshya igiye gushyira hanze mu minsi iri imbere zirimo iz’uruhererekana ndetse n’izirangira zizajya zitambuka kuri ZACU TV ndetse no mu ndege za RwandAir ku bw’aya masezerano.

Muri izi filimi harimo irangira yitwa The Bridge of Christmas izajya hanze mu mpera z’uyu mwaka mu kwezi k’Ukuboza 2025 mu bihe by’iminsi mikuru.

Iyi filimi izagaragaramo abakinnyi basanzwe bafite amazina azwi muri sinema Nyarwanda, nka Irakoze Ariane Vanessa wamamaye muri Filimi nka Hurts Harder na yo igezweho, aho azaba ari umukinnyi w’imena uzataha mu Rwanda amaze guhura n’ibikomere.

Muri iyi Filimi y’urukundo, uyu Vanessa uzakina yitwa Samantha, azagera mu Rwanda afite intego ko Umuryango uzamufasha kwiyomora ibikomere, nyuma aze guhura n’umusore witwa Amani uzamugarurira icyizere, bakanakundana, ubundi bakanifatanya kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka n’itangira umwaka utaha.

Iyi filimi kandi yamaze no gutunganywa, izanagaragaza uburyo Abanyarwanda bizihiza iminsi mikuru ya Noheli, akaba ari na cyo gihe izerekanirwa.

Muri izi filimi kandi, harimo iy’uruhererekane yiswe ‘Karira’ izagararagamo iby’umuco n’amateka, ahabayeho guhuza ibyo mu Rwanda no muri Nigeria nk’Igihugu cyateye imbere muri filimi, ndetse ikazakinwa n’abakinnyi barimo abo muri ibi Bihugu byombi.

Hanatagerejwe filimi yiswe What a Day yakozwe na Niyitegeka benshi bazwi nka Seburikoko

Hakozwe ikiganiro n’abanyamakuru cyamurikiwemo ibi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 11 =

Previous Post

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Next Post

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.