Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

radiotv10by radiotv10
03/10/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya ZACU Entertainment ikora ibijyanye na sinema, yinjiye mu mikoranire na Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, izatuma abagenda mu ndege zayo bagenda bareba filimi Nyarwanda, ihita inamurika ku mugaragaro filimi nshya zirimo izizatambuka kuri shene ya ZACU TV umwaka utaha.

Aya masezerano y’ubufatanye y’imyaka itatu hagati ya ZACU Entertainment na RwandAir, yatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nzeri 2025, ategerejweho kuzakomeza kumenyekanisha u Rwanda binyuze muri filimi Nyarwanda zizajya zirebwa n’abakora ingendo n’indege z’iyi Sosiyete.

Nelly Wilson Misago uyobora ZACU Entertainment, avuga kandi ko aya masezerano azagira uruhare mu iterambere rya sinema Nyarwanda, kuko azazamurira ubushobozi abasanzwe bakora filimi.

Avuga ko mu mbogamizi zikomereye abakora filimi mu Rwanda, ari ukubona uburyo buhagije bwo gukwirakwiza ibyo bakora, ariko ko hamwe n’iyi mikoranire na RwandAir, bizatuma benshi bamenya ibihangano byabo.

Yagize ati “Iyo umuntu akoze filimi igahera muri TV, muri Sinema, ikajya mu ndege, ikajya mu mashuri, usibye kuba yamenyekanisha abakinnyi, ariko ni na ho producer ashobora kubona amafaranga. Rero iyo abonye amafaranga atunganya izindi filimi, icyo gihe agaha akazi abakinnyi, cyangwa se akanabongenza.”

Mbabazi Fiona ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri RwandAir, avuga ko aya masezerano azatuma abakinnyi ba filimi Nyarwanda bamenyekana ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Izongera Exposure (kumenyekanisha) kandi abantu bazicara muri RwandAir barebe amahitamo yabo kuri filimi Nyarwanda. Ndakeka ari imikoranire y’ingenzi kuko izamenyekanisha abakinnyi ba filimi bacu, bazamenyekana hanze, bizatangira buhoro, ariko bikure.”

Fiona avuga kandi ko ibi bizanatuma abanyamahanga basura u Rwanda banamenya ibice byiza bashobora gusura, kuko bazaba babibonye muri filimi Nyarwanda.

Fiona Mbabazi yavuze ko bizafasha abakinnyi ba filimi bamenyekana

Sinema Nyarwanda igiye kunguka izindi filimi

ZACU Entertainment kandi yamuritse filimi nshya igiye gushyira hanze mu minsi iri imbere zirimo iz’uruhererekana ndetse n’izirangira zizajya zitambuka kuri ZACU TV ndetse no mu ndege za RwandAir ku bw’aya masezerano.

Muri izi filimi harimo irangira yitwa The Bridge of Christmas izajya hanze mu mpera z’uyu mwaka mu kwezi k’Ukuboza 2025 mu bihe by’iminsi mikuru.

Iyi filimi izagaragaramo abakinnyi basanzwe bafite amazina azwi muri sinema Nyarwanda, nka Irakoze Ariane Vanessa wamamaye muri Filimi nka Hurts Harder na yo igezweho, aho azaba ari umukinnyi w’imena uzataha mu Rwanda amaze guhura n’ibikomere.

Muri iyi Filimi y’urukundo, uyu Vanessa uzakina yitwa Samantha, azagera mu Rwanda afite intego ko Umuryango uzamufasha kwiyomora ibikomere, nyuma aze guhura n’umusore witwa Amani uzamugarurira icyizere, bakanakundana, ubundi bakanifatanya kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka n’itangira umwaka utaha.

Iyi filimi kandi yamaze no gutunganywa, izanagaragaza uburyo Abanyarwanda bizihiza iminsi mikuru ya Noheli, akaba ari na cyo gihe izerekanirwa.

Muri izi filimi kandi, harimo iy’uruhererekane yiswe ‘Karira’ izagararagamo iby’umuco n’amateka, ahabayeho guhuza ibyo mu Rwanda no muri Nigeria nk’Igihugu cyateye imbere muri filimi, ndetse ikazakinwa n’abakinnyi barimo abo muri ibi Bihugu byombi.

Hanatagerejwe filimi yiswe What a Day yakozwe na Niyitegeka benshi bazwi nka Seburikoko

Hakozwe ikiganiro n’abanyamakuru cyamurikiwemo ibi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 1 =

Previous Post

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Next Post

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

Related Posts

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

by radiotv10
03/10/2025
0

Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model, yagaragaje ibyishimo yatewe n’impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover Velar yahawe n’umugabo...

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

by radiotv10
03/10/2025
0

There’s something magical about settling down with a good movie at the end of a long day. Whether you’re the...

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Uwitonze Sonia Rolland wabaye Miss w’u Bufaransa muri 2000, ukomoka mu Rwanda, akaba asanzwe ari n’umukinnyikazi wa Filimi, aherutse gukorana...

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

by radiotv10
02/10/2025
0

Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda banagezweho muri iyi minsi, nka The Ben, Bruce Melodie na Kevin Kade, bahatanye mu bihembo...

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhanzi Christian Ninteretse ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, agira ati “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe...

IZIHERUKA

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye
MU RWANDA

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

03/10/2025
Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

03/10/2025
10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

03/10/2025
Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.