Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

radiotv10by radiotv10
03/10/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya ZACU Entertainment ikora ibijyanye na sinema, yinjiye mu mikoranire na Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, izatuma abagenda mu ndege zayo bagenda bareba filimi Nyarwanda, ihita inamurika ku mugaragaro filimi nshya zirimo izizatambuka kuri shene ya ZACU TV umwaka utaha.

Aya masezerano y’ubufatanye y’imyaka itatu hagati ya ZACU Entertainment na RwandAir, yatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nzeri 2025, ategerejweho kuzakomeza kumenyekanisha u Rwanda binyuze muri filimi Nyarwanda zizajya zirebwa n’abakora ingendo n’indege z’iyi Sosiyete.

Nelly Wilson Misago uyobora ZACU Entertainment, avuga kandi ko aya masezerano azagira uruhare mu iterambere rya sinema Nyarwanda, kuko azazamurira ubushobozi abasanzwe bakora filimi.

Avuga ko mu mbogamizi zikomereye abakora filimi mu Rwanda, ari ukubona uburyo buhagije bwo gukwirakwiza ibyo bakora, ariko ko hamwe n’iyi mikoranire na RwandAir, bizatuma benshi bamenya ibihangano byabo.

Yagize ati “Iyo umuntu akoze filimi igahera muri TV, muri Sinema, ikajya mu ndege, ikajya mu mashuri, usibye kuba yamenyekanisha abakinnyi, ariko ni na ho producer ashobora kubona amafaranga. Rero iyo abonye amafaranga atunganya izindi filimi, icyo gihe agaha akazi abakinnyi, cyangwa se akanabongenza.”

Mbabazi Fiona ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri RwandAir, avuga ko aya masezerano azatuma abakinnyi ba filimi Nyarwanda bamenyekana ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Izongera Exposure (kumenyekanisha) kandi abantu bazicara muri RwandAir barebe amahitamo yabo kuri filimi Nyarwanda. Ndakeka ari imikoranire y’ingenzi kuko izamenyekanisha abakinnyi ba filimi bacu, bazamenyekana hanze, bizatangira buhoro, ariko bikure.”

Fiona avuga kandi ko ibi bizanatuma abanyamahanga basura u Rwanda banamenya ibice byiza bashobora gusura, kuko bazaba babibonye muri filimi Nyarwanda.

Fiona Mbabazi yavuze ko bizafasha abakinnyi ba filimi bamenyekana

Sinema Nyarwanda igiye kunguka izindi filimi

ZACU Entertainment kandi yamuritse filimi nshya igiye gushyira hanze mu minsi iri imbere zirimo iz’uruhererekana ndetse n’izirangira zizajya zitambuka kuri ZACU TV ndetse no mu ndege za RwandAir ku bw’aya masezerano.

Muri izi filimi harimo irangira yitwa The Bridge of Christmas izajya hanze mu mpera z’uyu mwaka mu kwezi k’Ukuboza 2025 mu bihe by’iminsi mikuru.

Iyi filimi izagaragaramo abakinnyi basanzwe bafite amazina azwi muri sinema Nyarwanda, nka Irakoze Ariane Vanessa wamamaye muri Filimi nka Hurts Harder na yo igezweho, aho azaba ari umukinnyi w’imena uzataha mu Rwanda amaze guhura n’ibikomere.

Muri iyi Filimi y’urukundo, uyu Vanessa uzakina yitwa Samantha, azagera mu Rwanda afite intego ko Umuryango uzamufasha kwiyomora ibikomere, nyuma aze guhura n’umusore witwa Amani uzamugarurira icyizere, bakanakundana, ubundi bakanifatanya kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka n’itangira umwaka utaha.

Iyi filimi kandi yamaze no gutunganywa, izanagaragaza uburyo Abanyarwanda bizihiza iminsi mikuru ya Noheli, akaba ari na cyo gihe izerekanirwa.

Muri izi filimi kandi, harimo iy’uruhererekane yiswe ‘Karira’ izagararagamo iby’umuco n’amateka, ahabayeho guhuza ibyo mu Rwanda no muri Nigeria nk’Igihugu cyateye imbere muri filimi, ndetse ikazakinwa n’abakinnyi barimo abo muri ibi Bihugu byombi.

Hanatagerejwe filimi yiswe What a Day yakozwe na Niyitegeka benshi bazwi nka Seburikoko

Hakozwe ikiganiro n’abanyamakuru cyamurikiwemo ibi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 13 =

Previous Post

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Next Post

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.