Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Zambia: Rurageretse hagati y’uwahoze ari Perezida n’uwamusimbuye

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Zambia: Rurageretse hagati y’uwahoze ari Perezida n’uwamusimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Edgar Lungu wahoze ari Perezida wa Zambia, yatangiye gusaba abaturage kwigomeka bagasaba ko habaho amatora y’Umukuru w’Igihugu byihuse mu gihe uwamusimbuye atarasoza manda ye, akamushinja kuba adashoboye.

Lungu wabaye Perezida wa Zambia kuva muri 2015 kugeza 2021, avuga ko Perezida Hakainde Hichilema wamusimbuye muri 2021 uri ku butegetsi ubu, yananiwe guhangana n’ibibazo.

Muri bibazo avuga ko byananiye Hakainde Hichilema, harimo icyorezo cya Cholera kugeza ubu kimaze guhitana abarenga 600 ndetse n’ababarirwa mu bihumbi bacyanduye, ndetse hakaba n’ikibazo cy’ubukungu butifashe neza.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Zambia ateganyijwe mu mwaka wa 2026, mu gihe Edgar Lungu avuga ko cyera agereranyije n’ibibazo biri mu Gihugu cyabo kandi ko bishingiye ku bushobozi bucye bwa Perezida uriho.

Yongeyeho ko iki Gihugu cya Zambia gikeneye umuntu ubasha ku murongo kandi ngo abona Hakainde Hichilema atabishoboye ngo ahubwo ari gutuma ibintu birushaho kuzamba.

Edgar Lungu yatangaje abitangaje nyuma yo kuvuga ko yongeye kugaruka muri politike bya nyabyo dore ko nyuma y’aho muri 2021 atsinzwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu yari yahise akuramo ake karenge muri politike.

Icyo gihe ntiyumvaga neza uburyo atsinzwe na Hakainde Hichilema wafatwaga nk’utavugarumwe n’ubutegetsi bwa Zambia yarangiza akamurusha amanota arenga 20%.

Aba bagabo bombi bakunze guhangana cyane muri politike. Muri 2015 ubwo Edgar Lungu yatsindiraga kuyobora iki Gihugu, nabwo Hakainde Hichilema yari yiyamamarije kuba Umukuru w’Igihugu ariko aratsindwa.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Next Post

Imyigaragambyo idasanzwe yadutse i Burayi yakajije umurindi mu isura itari yitezwe

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo idasanzwe yadutse i Burayi yakajije umurindi mu isura itari yitezwe

Imyigaragambyo idasanzwe yadutse i Burayi yakajije umurindi mu isura itari yitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.