Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Uzwi nka ‘Mwene Karangwa’ ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] uri mu biyise ‘Social Media Influencers’, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibikangisho.

Ubusanzwe amazina ye ni Ishimwe Claude, akaba ari umwe mu bakoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa X, atanga ibitekerezo, ndeste akaba akunze kugaragara mu bikorwa by’abazwi nka ba ‘Social Media Influencers’, tugenekereje ‘abavuga rikihuta’.

Amakuru dukesha Igihe, avuga ko uyu musore yatawe muri yombi umusibo ejo hashize, tariki 18 Nzeri 2023, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa abantu babiri yasanze mu kabari gaherereye mu Mudugudu w’Amizero mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Claude ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake abo bantu, ndetse n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho.

Amakuru avuga ko ubwo uyu musore yakubitaga abo bantu, yabasanze mu kabari abuka inabi abiyenzaho atangira kubakubita, ndetse ngo yari amaze iminsi abwira umwe muri bo ko azamwica.

Bivugwa kandi ko atari ubwa mbere yari yenderanyije kuri umwe mu bo akekwaho gukubita, kuko hari indi nshuro yigeze kumukubita akanamwangiriza telefone.

Mwene Karangwa uzwi kuri X, akaba ari no mu bazwi nka ba Social media influencers, atawe muri yombi nyuma y’amezi atandatu na Evariste Tuyisenge uzwi nka ‘NTAMA WIMANA 2’ kuri uru rubuga, na we atawe muri yombi, aho we yakekwagaho icyaha cyo gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gusambanya abana.

Uyu ‘NTAMA WIMANA 2’ watabarijwe na bagenzi be bakoresha uru rubuga nkoranyambaga, barimo na Mwene Karangwa, basaba Ubutabera guca inkoni izamba, mu cyemezo cyasomwe tariki 14 Mata 2023, yahamijwe icyaha ariko akatirwa ifungo gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe no gutanga ihazabu ya Miliyoni 1 Frw.

RADIOTV10

Comments 2

  1. BAKUNZI Elie says:
    2 years ago

    Mana yange

    Reply
  2. Eric says:
    2 years ago

    Ibi subwambere kuko yigeze no kwiyenza mukabari gaherereye mu akarere ka nyanza mu majyepfo.kwiyenza no kwiyemera utuntu twe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − one =

Previous Post

Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024

Next Post

BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.