Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Uzwi nka ‘Mwene Karangwa’ ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] uri mu biyise ‘Social Media Influencers’, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibikangisho.

Ubusanzwe amazina ye ni Ishimwe Claude, akaba ari umwe mu bakoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa X, atanga ibitekerezo, ndeste akaba akunze kugaragara mu bikorwa by’abazwi nka ba ‘Social Media Influencers’, tugenekereje ‘abavuga rikihuta’.

Amakuru dukesha Igihe, avuga ko uyu musore yatawe muri yombi umusibo ejo hashize, tariki 18 Nzeri 2023, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa abantu babiri yasanze mu kabari gaherereye mu Mudugudu w’Amizero mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Claude ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake abo bantu, ndetse n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho.

Amakuru avuga ko ubwo uyu musore yakubitaga abo bantu, yabasanze mu kabari abuka inabi abiyenzaho atangira kubakubita, ndetse ngo yari amaze iminsi abwira umwe muri bo ko azamwica.

Bivugwa kandi ko atari ubwa mbere yari yenderanyije kuri umwe mu bo akekwaho gukubita, kuko hari indi nshuro yigeze kumukubita akanamwangiriza telefone.

Mwene Karangwa uzwi kuri X, akaba ari no mu bazwi nka ba Social media influencers, atawe muri yombi nyuma y’amezi atandatu na Evariste Tuyisenge uzwi nka ‘NTAMA WIMANA 2’ kuri uru rubuga, na we atawe muri yombi, aho we yakekwagaho icyaha cyo gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gusambanya abana.

Uyu ‘NTAMA WIMANA 2’ watabarijwe na bagenzi be bakoresha uru rubuga nkoranyambaga, barimo na Mwene Karangwa, basaba Ubutabera guca inkoni izamba, mu cyemezo cyasomwe tariki 14 Mata 2023, yahamijwe icyaha ariko akatirwa ifungo gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe no gutanga ihazabu ya Miliyoni 1 Frw.

RADIOTV10

Comments 2

  1. BAKUNZI Elie says:
    3 years ago

    Mana yange

    Reply
  2. Eric says:
    3 years ago

    Ibi subwambere kuko yigeze no kwiyenza mukabari gaherereye mu akarere ka nyanza mu majyepfo.kwiyenza no kwiyemera utuntu twe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024

Next Post

BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.