Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Uzwi nka ‘Mwene Karangwa’ ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] uri mu biyise ‘Social Media Influencers’, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibikangisho.

Ubusanzwe amazina ye ni Ishimwe Claude, akaba ari umwe mu bakoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa X, atanga ibitekerezo, ndeste akaba akunze kugaragara mu bikorwa by’abazwi nka ba ‘Social Media Influencers’, tugenekereje ‘abavuga rikihuta’.

Amakuru dukesha Igihe, avuga ko uyu musore yatawe muri yombi umusibo ejo hashize, tariki 18 Nzeri 2023, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa abantu babiri yasanze mu kabari gaherereye mu Mudugudu w’Amizero mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Claude ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake abo bantu, ndetse n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho.

Amakuru avuga ko ubwo uyu musore yakubitaga abo bantu, yabasanze mu kabari abuka inabi abiyenzaho atangira kubakubita, ndetse ngo yari amaze iminsi abwira umwe muri bo ko azamwica.

Bivugwa kandi ko atari ubwa mbere yari yenderanyije kuri umwe mu bo akekwaho gukubita, kuko hari indi nshuro yigeze kumukubita akanamwangiriza telefone.

Mwene Karangwa uzwi kuri X, akaba ari no mu bazwi nka ba Social media influencers, atawe muri yombi nyuma y’amezi atandatu na Evariste Tuyisenge uzwi nka ‘NTAMA WIMANA 2’ kuri uru rubuga, na we atawe muri yombi, aho we yakekwagaho icyaha cyo gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gusambanya abana.

Uyu ‘NTAMA WIMANA 2’ watabarijwe na bagenzi be bakoresha uru rubuga nkoranyambaga, barimo na Mwene Karangwa, basaba Ubutabera guca inkoni izamba, mu cyemezo cyasomwe tariki 14 Mata 2023, yahamijwe icyaha ariko akatirwa ifungo gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe no gutanga ihazabu ya Miliyoni 1 Frw.

RADIOTV10

Comments 2

  1. BAKUNZI Elie says:
    2 years ago

    Mana yange

    Reply
  2. Eric says:
    2 years ago

    Ibi subwambere kuko yigeze no kwiyenza mukabari gaherereye mu akarere ka nyanza mu majyepfo.kwiyenza no kwiyemera utuntu twe.

    Reply

Leave a Reply to Eric Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seven =

Previous Post

Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024

Next Post

BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

Related Posts

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

BREAKING: Icyemezo cyari gitegerejwe cyo gushyira inzibutso 4 zo mu Rwanda mu murage w’Isi cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.