Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwegukanye umwanya wa gatanu mu Irushanwa ry’amarerero ya Bayern Munich FC, ryahuje Ibihugu umunani bisanzwe bifite amarerero y’iyi kipe yo mu Budage.

Muri aya marushanwa, u Rwanda rwari mu itsinda rya kabiri ruri kumwe na Nigeria, Afurika y’epfo, na Leta Zunze Ubumwe za America.

Imikino yo mu itsinda u Rwanda rwari rurimo rwarangije ruri ku mwanya wa Gatatu n’amanota ane (4) kuko rwatsinze umukino umwe, runganya umwe rutsindwa umwe.

Nyuma yo kurangiza ku mwanya wa gatatu mu itsinda rya kabiri, u Rwanda rwahuye n’u Budage nabwo bwari bwabaye ubwa gatatu mu itsinda rya mbere. Aho bagombaga guhatanira umwanya wa gatanu.

Mu guhatanira umwanya wa gatanu, nyuma y’uko umukino urangiye amakipe yombi anganya 0-0, hahise hiyambazwa Penaliti, u Rwanda rutsinda 3-1 ruhita rwegukana umwanya wa gatanu.

Iri rushanwa ritegurwa na FC Bayern Munich yo mu Budage, ryitabirwa n’Ibihugu umunani aho buri kipe iba igizwe n’abakinnyi 10.

U Rwanda rwitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere nyuma y’uko rusinyanye amasezerano na Bayern Munich mu bukangurambaga bwa Visit Rwanda.

Andi makipe yo ku Mugabane wa Afurika yari muri iri rushanwa, ni Afurika y’Epfo na yo yitabiriye bwa mbere na Nigeria ibitse igikombe giheruka ndetse ikaba ari na yo yatwaye igikombe cy’uyu mwaka.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe aturutse mu Bihugu umunani
U Rwanda rwegukanye umwanya wa gatanu
Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage yasuye aba bana

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 1

  1. NIYONKURU David says:
    2 years ago

    Nibakomerezaho cyane rwose turabashyigikiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nineteen =

Previous Post

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

Next Post

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.