Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu hazakomeza Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rigeze ku munsi wa wari wa gatandatu mu minsi 10 rigomba kumara, aho ribera kuri Gisozi Memorial Center, riyobowe na Hope Azeda akaba ari nawe wagitangije.

Kuri uyu munsi haraza kuba ikiswe Literature Day (umunsi w’ubuvanganzo), muri iri serukiramuco “Ubumuntu arts festival” rimaze imyaka 10 ritangijwe, rikaba ari ngaruka mwaka, aho uyu mwaka ryatangiye tariki ya 24 Nyakanga 2024.

Ku munsi waryo wa Gatandatu, ku buvanganzo bw’imivugo buribuze kuba buyobowe n’umuhanzi ukunzwe muri iyi minsi n’urubyiruko King Kivumbi ndetse na Delah Dube wo mu gihugu cya Botswana.

Ijoro ry’uyumunsi ryiswe “Silent Poetry Night” ubwo hibandwa ku mivugo  (poetry) mu gihe indi minsi ishize habaga hibanzwe ku ikinamico (theatre).

Abanyarwanda bahanzwe amaso cyane kuko u Rwanda rumaze kwamamara kukuba ari urwa mbere mukugira ikinamico (Theatre) zinogeye amatwi n’amaso kurenza abandi banyamahanga baba bitabiriye iri serukiramuco.

Hope Azeda watangije Ubumuntu Arts Festival akomeje  gushimira abantu bose bitabiriye iri serukiramuco aho yagie ati “Nishimiye kubona uko iminsi igenda ishira ariko abantu bitabira kurushaho iki gitaramo kigamije kwereka isi ko yihuje igasenyera umugozi umwe ntakandamizwa cyangwa ivangura ribayeho, isi yose yabaho mu mudendezo udasanzwe bityo rero tugomba kubiharanira.”

Kuva muri 2014 mu Rwanda nibwo hatangijwe iserukiramuco rya ‘Ubumuntu Arts Festival’ ndetse ryazamukiyemo abahanzi benshi mu ngeri zitandukanye, ubu bari ku gasongero mu Rwanda.

Ni iserukiramuco ryatangijwe na Mashirika Performing Arts and Media. Iri serukiramuco ryazamukiyemo abantu batandukanye bamenyekanye mu Rwanda nka Nkusi Arthur, Umuhire Eliane, Andy Bumuntu, Anita Pendo, Malaika Uwamahoro n’abandi batandukanye.

Noella ISIMBI AKIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku ruganda rwa mbere rw’Amata y’Ifu rwafunguwe mu Rwanda

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

Related Posts

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

by radiotv10
13/04/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

IZIHERUKA

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe
AMAHANGA

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

by radiotv10
13/04/2026
0

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.