Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, SIPORO, UDUSHYA
0
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransakazi Alice Finot usanzwe ari umukinnyi mu mukino wo gusiganwa ku maguru, uri mu mikino ya Olympic, ubu ni we uri kugarukwaho muri iyi mikino nyuma yo gutungura umukunzi we mu ruhame, agapfukama akamusaba ko bazashyingiranwa.

Alice Finot wasiganwaga mu cyiciro cya metero 3 000 mu masiganwa yabaye ku wa Kabiri, yanaciye agahiro ku Mugabane w’u Burayo kuko ari we wakoresheje ibihe bito mu mateka y’Abanyaburayi aho yakoresheje 8:58.67.

Mu cyiciro yasiganwagamo, umudali wa Zahabu wegukanye na Winfred Yavi wo mu kirwa cya Bahrain, mu gihe imidali ya Silver na Bronce yegukanywe n’Umunya-Kenya ndetse n’Umunya-Uganda.

he gold medal was won by Winfred Yavi of Bahrain, with silver and bronze

Nubwo ategukanye umudari kuko yaje ku mwanya wa kane, ariko ni we wabaye inkuru y’umunsi, ndetse akomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu Mufaransakazi Alice Finot asoje iri rushanwa, ubundi akajya guhobera umukunzi we wari mu kivunge cy’abantu benshi, ubundi agahita apfukama akamusaba ko bazashyingiranwa.

Uwo yasabye ko bazashyingiranwa, ni Umunya-Espagne Martínez Bargiela, na we wagaragaje ibyishimo byinshi ubwo umukunzi we yamugezagaho ubu busabe, ubundi bahita basomana umunwa ku wundi.

Si bo ba mbere basabanye kuzashyingiranwa muri iyi mikino iri kubera mu Bufaransa, dore ko babaye aba karindwi, ariko uburyo bo babikoze, bikaba byihariye, ari na yo mpamvu bikomeje kugaruwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Tariki 25 Nyakanga 2024, ubwo haburaga amasaha macye ngo iyi mikino itangire, umukinnyi wa Handball Pablo Simonet na we yasabye umukunzi we Maria Campoy ko bazashyingiranwa ubwo hariho hafatwa ifoto y’urwibutso.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, kandi Umufaransa Sarah Steyaert n’umukunzi we Charline Picon na bo babigenje uko nyuma y’uko bari bamaze kwegukana imidari ya Bronze.

Nyuma y’umunsi umwe, umukinnyi w’Umushinwa w’umukino wa Badminton, Liu Yu Chen na we yambitse impeta umukunzi we Huang Ya Qiong nyuma y’iminota micye yegukanye umudari wa Zahabu.

Yapfukamye amusaba kuzamubera umugabo
Byari ibyishimo bikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Next Post

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya ‘Rayon Day’ indi kipe yo mu Rwanda igiye gukora umunsi w’ibirori byayo

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.