Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kayigi Andy uzwi nka Andy Bumuntu waninjiye mu mwuga w’itangazamakuru akaba aherutse gusezera Radio yakoreraga, yasinyanye amasezerano n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), agamije gukora ubuvugizi abakiri bato bafite ibibazo byo mu mutwe.

Aya masezerano Andy Bumuntu yasinyanye n’Ishami rya UNICEF mu Rwanda, agamije gukomeza guhangana n’ibibazo byo mu mutwe mu bakiri bato nk’abana.

Ubwo aya masezerano yari amaze gushyirwaho umukono kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, Umuhanzi Andy Bumuntu, yavuze ko uruhare rwe muri iyi mikoranire, ari ugukorera ubuvugizi abakiri bato bafite ibibazo byo mu mutwe.

Andy Bumuntu avuga ko abana bafite ibibazo byo mu mutwe ari nk’abandi, ariko ko hakiri ababyeyi batarabyumva, bagakomeza kubaheeza ku burenganzira bwabo.

Avuga ko muri aya masezerano, we icyo azajya akora ari uvugizi kuri aba bana, abinyujije mu nzira zinyuranye zirimo n’imbuga nkoranyambaga.

Ati “Icya mbere ni ubuvugizi kuko akenshi umuntu aho ari usanga rimwe na rimwe cya kibazo afite, icya mbere akeneye ni ubuvugizi kuko ubufasha dushobora kuba twese twabushaka umunsi ku munsi.”

Andy Bumuntu avuga kandi ko n’abafite ibibazo byo mu mutwe, na bo badakwiye kwiheeza kuko bafite uburenganzira bwo kwisanga mu muryango mugari nk’abandi.

Ati “Kuko kugira ikibazo cyo mu mutwe, ntabwo wagakwiye kumva usebye, ntabwo wagakwiye kumva ari ipfunwe, ntabwo bagakwiriye kukwita umusazi, ntabwo bagakwiriye kugupfukirana iwanyu.”

Andy Bumuntu avuga kandi ko ubuvugizi bwe butazagarukira kuri bwo gusa, ahubwo ko buzajya bunagera no kubahuza n’abashobora kubafasha mu kubavura.

Umuyobozi wa UNICEF mu Rwanda, Julianna Lindsey, avuga ko hakiri imbogamizi mu gushakira umuti ibibazo byo mu mutwe mu bakiri bato.

Ati “Nk’urubyiruko rwakoresheje ibiyobyabwenge, hari byinshi urubyiruko ruhura nabyo nko guhohoterwa, ariko ababyeyi ntibabyiteho.”

Julianna Lindsey avuga ko mu guhangana n’ibi bibazo, UNICEF yiyemeje gukorana n’ingeri zose, ari na yo mpamvu binjiye mu mikoranire n’uyu muhanzi mu bikorwa by’ubuvugizi no kugira ngo abafite ibi bibazo babashe kubishyira hanze bibonerwe umuti.

Ubwo hasinywaga aya masezerano
Any Bumuntu yiyemeje gukorera ubuvugizi abana bafite ibibazo byo mu mutwe

Andy Bumuntu aherutse gusezera Radio yakoreraga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + five =

Previous Post

Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose

Next Post

Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.