Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in IMYIDAGADURO
0
Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu, yavuze ubuzima bugoye yanyuzemo burimo kuba umwe mu babyeyi be yarabihakanye, ku buryo yakuze yumva nta muntu wamugaragariza urukundo, none akaba ashimishwa no kubona ahagarara imbere y’imbaga igaseka kubera we, ikanamwereka ko imwishimiye.

Kadudu ni umwe mu bakobwa bacye bamenyekaniye muri Gen Z Comedy nk’igitaramo cy’urwenya kimaze kwigarurira imitima ya benshi.

Uyu munyarwenya avuga ko kubera ubuzima yakuriyemo atizeraga ko hari uwamukunda kuko yakuranye agahinda katewe n’ibibazo yanyuzemo byaturutse kuri se.

Ati “Papa yaratubyaye aratwihakana avuga ko tutari abe, dukura turerwa no kwa sogokuru badafite ubushobozi. Ku ishuri rero kuri ibyo bikoresho byatangwaga na Jeanette nasabaga ababihawe bakampaho kugera ku twenda tw’imbere.”

Uyu munyarwenya avuga kandi ko hari amagambo yakuze abwirwa n’abaturanyi, yamucaga intege, agatuma arushaho kwiheba.

Ati “Njyewe na barumuna banjye hari umuntu wigeze kutubwira ngo ‘ubundi abana banzwe na se ni inde wabakunda?’ Yatumye niheba numva ko nta muntu ushobora kunkunda.”

Gusa ngo aho aziye muri ibi bitaramo byo gusetsa abantu, ndetse yagera imbere y’ababyitabiriye, agatera urwenya akabona abantu baraseka, byatumye yiyakira, kuko yabonaga ko afite abantu benshi bamukunze.

Uyu munyarwenya ashimira Madamu Jeannette Kagame, ndetse ko yumva anyotewe no kuzamubona yitabiriye ibi bitaramo, kuko asanzwe amufatiraho urugero.

Ati “Mba numva nakwicara ahantu First Lady ari kuganira, mba mbona agira umutima mwiza kuba ashyigikira abakobwa mu mashuri akanabaha ibikoresho mba numva namusaba kubikomeza cyane cyane mu byaro.”

Anamushimira ko ibikoresho yageneraga abanyeshuri, na we byamufashije kwiga, kuko ababaga babibonye bamuhagaho, na we akabasha gukomeza amasomo.

Ubu ni umwe mu banyarwenya bakunzwe mu Rwanda

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Next Post

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.