Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Sinema Nyarwanda yungutse filimi nshya y’uruhererekane yiswe ‘The Dream’ igaragaramo ibyamamare bisanzwe bizwi muri sinema nyarwanda, aho iyi filimi igamije gucyebura iby’urukundo rw’ubu rwajemo ibibazo.

Iyi filime y’uruhererekane yiganjemo inkuru z’urukundo rwinshi, izagaragaramo umukobwa uba akunda umusore cyane ariko we bitamurimo kugeza ubwo amusimbuje undi akajya no kubana na we ariko ntibimuce intege agakomeza kwiruka ku musore yakunze ubuzima bwe bwose.

Muri iyi nkuru, uyu mukobwa uba warihebeye umusore, akorerwa ibikorwa bibi byinshi akababazwa n’uwo musore kugira ngo amuveho ariko na we akamubera ibamba.

Mugwaneza Abdul ushinzwe kumenyekanisha iyi filime, avuga ko inkuru yayo igamije kwigisha Abanyarwanda gusobanukirwa n’urukundo nyakuri kuko usanga abantu benshi birengagiza ababakunda bakiruka inyuma y’abatabashaka.

Ati “Uyu munsi ntabwo abantu bakizerera mu rukundo, usigaye usanga bamwe bakunda kubera amafaranga abandi bakabijyamo ku zindi mpamvu z’ubuzima. Aha rero twagirango dutange ubutumwa bwerekana ko urukundo hari abarufite kandi banarwizereramo nta z’indi nyungu bakurikiye.”

Iyi filime igaragaramo amasura amaze kumenyerwa muri Sinema Nyarwanda harimo nka Rukundo Shaffy uri no mu bagize uruhare runini mu gushora imari kugira ngo ibashe kujya hanze.

Yanditswe kandi n’uwitwa Anonymous na we wayoboye filime zagiye zikundwa cyane harimo nk’iyitwa ‘Umwanzuro’ yatambukaga kuri Televiziyo Rwanda.

Iyi filime izajya itambuka inyuze ku muyoboro wa Youtube witwa ‘Kigali Drama’ bazajya basohora agace buri cyumweru ku munsi wo ku wa Gatatu.

Shaffy ni umwe mu bagaragara muri iyi filime
Abdul avuga ko iyi filime yiganjemo amasomo menshi yo mu rukundo
Sharon ni umwe mu bakinnyi b’imena muri iyi filime
Mushambokazi uzwi nka Sabine agaragara muri iyi filime

Danny nawe ni umukinnyi ugaragara muri iyi filime

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 6 =

Previous Post

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Next Post

Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Related Posts

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Umunyamakuru Nepo Dushime bita ‘Mubicu’ uzwi mu biganiro bya siporo no kogeza imipira, yerecyeje ku kindi gitangazamakuru nyuma yo gutandukana...

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

by radiotv10
12/08/2025
0

Over the years, Rwanda’s dance culture has gone through an exciting transformation. What once started as traditional moves like Amaraba,...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
11/08/2025
0

Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa byo gususurutsa abantu, biravugwa ko yatawe muri yombi akekwaho gutwara ikinyabiziga...

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Diamond Platnumz yavuze ko hari abana ashobora kuba arera kandi atari abe, ariko ko we atabyitayeho,...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.