• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Cassie Ventura wahoze ari umukunzi wa Sean “Diddy” Combs [P.Diddy], yatanze ubuhamya mu Rukiko rw’i New York, mu rubanza aregwamo ibyaha birimo icuruzwa ry’abantu n’iterabwoba, agaragaza byinshi yakorewe n’ibyakorwaga n’uyu muhanzi.

Mu buhamya bwe, Cassie yavuze ko yamaze imyaka irenga 10 ahohoterwa na Diddy, birimo gukubitwa, gutotezwa mu mitekerereze, no guhatirwa gukora imibonano mpuzabitsina atabishaka.

Yatangaje ko yahatirwaga kwitabira ibirori by’imibonano mpuzabitsina (yise “freak offs”) birimo ibiyobyabwenge, byategurwaga na Diddy ubwe kandi akabifata amashusho. Ibi yabikorerwaga buri cyumweru mu gihe cy’imyaka hafi icumi, kandi ngo Diddy yakoresheje ayo mashusho kugira ngo amuhatire gukomeza kumwumvira.

Yagaragaje kandi ishusho yo mu mashusho ya camera ya hotel yo muri 2016 aho Diddy yamukubise bikomeye. Diddy yaje gusaba imbabazi ku mugaragaro.

Cassie kandi yavuze ko Diddy yamwigaruriraga mu buzima bwe bwose, akamutegeka uko yambara, icyo akora mu muziki, n’abo agomba guhura na bo. Yavuze ko igihe cyose atamwitabaga vuba kuri telefoni, yoherezaga abaza kumureba bakamugirira cyangwa abashinzwe umutekano kumushaka.

Abandi batangabuhamya barimo umugabo wahoze ari umukozi wa Diddy, bemeye ko yishyurwaga kugira ngo aryamane na Cassie mu gihe Diddy areba akanabifata amashusho.

Umucungamutekano wa hotel na we yavuze ko Diddy yigeze kumushaka ngo amugure nyuma y’iyo nkubiri yo muri 2016.

Diddy yahakanye ibi byaha byose, birimo icuruzwa ry’abantu, iterabwoba n’ubushukanyi mu ngendo zigamije uburaya. Naramuka ahamijwe ibyaha, ashobora gukatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka 15 n’ubuzima bwe bwose.

Muri uru banza rwatangiye ku ya 12 Gicurasi 2025, ubuhamya bwa Cassie wahoze ari umukunzi w’uyu muhanzi, bufatwa nk’inkingi ikomeye ku kirego no kugena ahazaza hacyo.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Next Post

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Next Post
AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.