Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro
Share on FacebookShare on Twitter

Frank Rukundo wamamaye Frank Joe muri muzika nyarwanda unazwi mu kumurika imideri no muri sinema, yatangaje ko yapfushije umugore we banafitanye umwana.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Byina’, ‘Rosina’, ‘Nyegera’, ‘Igendere Bwiza’ na ‘Kipenda Roho’ yakoranye na Kidumu w’i Burundi, ubu utuye muri Canada, yatangaje iyi nkuru y’akababaro kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Frank Joe yagize ati “Mbabajwe no gutangaza ko umugore wanjye Melanie Gale RUKUNDO, mama w’umuhungu wanjye mwiza, yitabye Imana.”

Frank Joe, muri ubu butumwa bwe akomeza agaruka ku byarangaga umugore we witabye Imana, aho yagize ati “Yari umuntu utangaje, ushishoza muri byose, kandi ufite umutima ukomeye. Azahora azirikanwa.”

Uyu mugabo wamamaye muri muzika nyarwanda mu myaka yatambutse, ubu atuye muri Canada, ari na ho uyu mugore we witabye Imana yabaga.

Frank Rukundo AKA Frank Joe, uretse kuba yaramamaye muri muzika, yanakinnye muri filimi zirimo n’izikomeye, nk’iyitwa ‘Painkiller’ ndetse n’indi y’uruhererekane izwi nka ‘Common’.

Frank Joe yanahagarariye u Rwanda mu irushanwa rizwi nka Big Brother Africa ryo mu mwaka wa 2015 ryaberaga muri Nigeria, ariko nyuma yo gusa nk’aho ahagaritse umuziki, akaba atarakunze kugaragara mu myidagaduro nyarwanda.

Aheruka gukorera igitaramo i Kigali mu Rwanda muri 2017, ubwo yamurikaga album ye ya kabiri yise ‘I like to Love’ mu rugendo rwe rwa muzika.

Frank Joe n’umuhungu we yabyaranye n’umugore we witabye Imana
Frank Joe kandi azwi mu ruganda rwo kumurika imideri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

Next Post

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.