• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali iri mu zizwi mu Rwanda yageneye ubutumwa andi makorali

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in IMYIDAGADURO
0
Korali iri mu zizwi mu Rwanda yageneye ubutumwa andi makorali
Share on FacebookShare on Twitter

Agape Choir yo mu Itorero rya ADEPR inafite igitaramo iri gutegura, irasaba nri makorali kuzacyitabira kandi akajya yitabira ibikorwa nk’ibi byateguwe na bagenzi babo kuko hari ibyo aba ashobora kubyigiramo.

Iyi Korali ifite iki gitaramo yatumiyemo ngenzi yayo yitwa Siloam, ni imwe mu makorali akunzwe abarizwa mu Itorero ya ADEPR mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Nyuma y’ibiterane bitandukanye yagiye itegura, kuri iyi nshuro yahishuriye andi makorali icyo bungukira mu kwitabira ibitaramo by’andi makorali.

Sagahutu Jean Baptiste, Umuyobozi w’iyi Korali, avuga ko mu biterane bafite mu mpera z’iki cyumwe, birimo icyo ku wa Gatandatu n’icyo ku Cyumweru, batumiyemo andi makorali kugira ngo aze kubashyigikira.

Ati “Tuzaba turi kumwe n’andi makorali arimo Siloam na Johovajile. Rero turararika amakorali kuko amakorali ni byiza kuza gushyigikira bagenzi babo, kuko dukorera umwami umwe twetse kandi ikindi tugenda tunigiramo byinshi iyo twitabiriye igiterane”

Yakomeje agaragaza ko hari byinshi andi makorali aba ashobora kwigira mu biterane n’ibitaramo by’andi makorali.

Ati “Abo mu yandi makorali iyo baje usanga bavuga bati ‘twabonye sound yari nziza (Ibyuma bisohora amajwi) twabonye imyiteguro yabo yari myiza mu bikoresho ndetse n’imiririmbire’ usibye ko atari n’ibyo gusa kuko ni ugushyigikirana.”

Mu Itorero rya ADEPR-Nyarugenge isanzwe iririmbamo iyi Korali, isanganywe andi makorali yubatse amazina nka Hoziana, Shalom n’izindi zirimo n’iyi Agape, akaba ari na ho hazabera iki giterane cy’iminsi ibiri.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

Uwari Major uzwi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza akurikiranyweho ibyaha

Next Post

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.